Mu gihe hasanzwe hamenyerewe uburyo butandukanye bwifashishwa mu gutakaza ibiro cyangwa se kunanuka nk’uko benshi bakunze kubyita, ubu noneho havumbuwe amadarubindi (lunettes/glasses) yafasha umuntu muri icyo gikorwa.
Aya madarubindi yashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi bo muri kaminuza y’i Tokyo mu gihugu cy’u Buyapani, ngo uburyo akoramo burasobanutse kuko ngo nta kindi gitangaza akora usibye kuyobya ubwonko bwa nyir’ukuyambara, aho abona amafunguro make ku isahani ariko we akayabona atubutse.
Urubuga rwa 7sur7 dukesha iyi nkuru, ruvuga ko aya madarubindi atubura ibyo kurya ku kigereranyo cya 50%, bityo ngo uyakoresheje arya bike ariko ntabimenye.
Mu isuzuma ryakozwe n’aba bashakashatsi, basanze umuntu ukoresha uburyo bw’amadarubindi, afata amafunguro make ku kinyuranyo cy’10%, ugereranyije n’umuntu urya mu buryo busanzwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ifunguro ry’ibihumyo ririmo ibirungo, rifasha umubiri kugubwa neza
6.01.2013 |
|
Facebook iranyomoza amakuru y’uko imena amabanga y’abarukoresha
25.09.2012 |
|
Imanza hagati ya Apple na Samsung zirashaka kuzanamo na Google
1er.09.2012 |
|
Guverinoma y’Amerika irakora ubushakashatsi kuri robo imeze nk’umubu
17.08.2012 |
|
Harakorwa ubushakashatsi kuri serivisi z’itumanaho mu Rwanda
1er.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |