Ikipe ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame CUP 2012, APR FC yatsinzwe umukino wa nyuma w’amatsinda na Yanga Africa ibitego 2 ku busa bivugwa ko APR yerekanye umukino uteri usamaje. Aya makipe yombi akaba yaramaze kubona itike yo gukomeza muri 1/4.
Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abafana ba Yanga Africa ikinira imbere y’abafana bayo aho ishaka kubagarurira ikizere nyuma yo gutsindwa umukino ubanza na Atletico y’i Burundi ibitego 2 ku busa.
Ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo ibone umwanya wa mbere muri iri tsinda, bityo izakine n’ikipe idakomeye muri 1/4.
Kugeza ubu Atletico niyo ya mbere n’amanota 7 mu itsinda rya gatatu nyuma yo gutsinda Wau Salaam ibitego 5-0 ku munsi w’ejo.
Undi mukino utegerejwe uyu munsi urahuza URA y’I Bugande na Ports yo muri Djibouti mu itsinda rya mbere.
Tubibutse ko mu itsinda rya mbere n’irya gatatu hazakomeza amakipe atatu. Mu itsinda APR FC iherereyemo Wau Salaam niyo yasezerewe hakomeza APR FC, Atletico na Yanga Africa n’ubwo imikino itararangira.
Abafana ba Simba batutse ikipe ya APR bavuga ko ntacyo bibamariye ndetse bakavuga ko imikino ya CECAFA idakwiye kongera gukinirwa muri Tanzania.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Chelsea ishobora kurekura Miliyoni 100 z’amapawundi ku bakinnyi
18.05.2013 |
|
Amakipe 64 y’abana agiye guhatanira kuzahagararira u Rwanda muri Africa
18.05.2013 |
|
FERWAFA irishimira umusaruro w’amashuri yigisha abana umupira w’amaguru
18.05.2013 |
|
David Beckham yasezeye mu mupira w’amaguru
17.05.2013 |
|
Rayon Sports igiye gufashwa n’ikipe yo mu Budage
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |