Ku munsi wa gatatu w’imikino yo guhatanira igikombe cy’uburayi (Euro), Abadage batahanye amanota 9 nyuma yo gutsinda Danemark ibitego 2 kuri 1, naho Portugal nayo itsinda Abaholandi ibitego 2 kuri 1, mu mikino yabaye kuri iki Cyumeru tariki 17 Kanama.
Christiano Ronaldo wa Portugal yari yarabuze icyo avuga mu mikino ibiri yabanje ariko ubu abashije kugeza ikipe ye muri ¼ cy’irangiza nyuma yo gutsinda Abaholandi naho Abadage bakaba bayoboye iri tsinda nyuma yo gutsinda Danemark.
Ku munsi wa nyuma w’imikino mu itsinda B nibwo umukinnyi Christiano yigaragaje nyuma y’aho abantu batari bake bamuvugagaho byinshi bibaza uburyo abakinnyi bakomeye bigarara ko batagitanga umusaruro mu makipe y’ibihugu byabo, Christiano akaba arimo gushakisha uko yahindura ayo mateka ndetse anerekana ko ashaka Ballon d’or y’uyu mwaka.
U Buholandi bwasezerewe butarenze amajonjora nyamara ahubwo abenshi baratekerezaga ko bushobora no kwegukana iki gikombe
Tubibutse ko uyu munsi tariki ya 18 Kanama, ikipe ya Croatia irakina na Espagne naho u Butaliyani bukine na Repubulika ya Irlande saa mbiri na 45 z’ijoro.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Chelsea ishobora kurekura Miliyoni 100 z’amapawundi ku bakinnyi
18.05.2013 |
|
Amakipe 64 y’abana agiye guhatanira kuzahagararira u Rwanda muri Africa
18.05.2013 |
|
FERWAFA irishimira umusaruro w’amashuri yigisha abana umupira w’amaguru
18.05.2013 |
|
David Beckham yasezeye mu mupira w’amaguru
17.05.2013 |
|
Rayon Sports igiye gufashwa n’ikipe yo mu Budage
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |