Ikipe ya Isonga FC igizwe ahanini n’abakinnyi b’Abanyarwanda bakinnye mu gikombe cy’Isi muri Mexico yatewe mpaga ku mukino yari yatsinze AS Kigali izira gukinisha umukinnyi w’indi kipe.
Amakuru ducyesha urubuga rwa internet rwa FERWAFA avuga ko ikipe ya Isonga FC yatewe mpaga nyuma yo gukinisha umukinnyi Salomon Nirisarike ku mukino wa shampiyona bakinnye na AS Kigali tariki ya 15 Gashyantare 2012.
Mu ibaruwa ifunguye FERWAFA yandikiye ubuyobozi bwa AS Kigali yabatangarije ko nyuma yo gusuzuma ikirego cyatazwe na AS Kigali tariki ya 16 Gashyantare 2012 kubera umukinnyi Salomon Nirisarike wagaragaye mu bakinnyi bakiniye Isonga FC kandi yaramaze gusinya amasezerano mu ikipe ya Antwerpen yo mu Bubirigi ; byatumye AS Kigali ihabwa amanota 3 n’ibitego 3 mu gihe ikipe ya Isonga Fc yatewe mpaga y’ibitego 3 ku busa yakwa amanota atatu yari yatsinze.
Ibi byatumye iva ku mwanya wa 8 isubira ku mwanya wa 10 n’amanota 10 n’umwenda w’ibitego 5.
Abenshi mu bakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Rwanda bishimiye icyi cyemezo cyane bavuga ko bizatuma abayobozi ba Isonga FC ndetse n’abandi bose bagomba kumenya ko Isonga Fc ari nk’andi makipe yose.
Ikipe ya AS Kigali ikimara gutanga ikirego abenshi batangiye kwemeza ko ari kimwe mu bizamini FERWAFA igiye guhura nacyo cyane ko abenshi bavugaga ko Isonga FC ishobora kutazafatwa nk’andi makipe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Imikino ya ¼ muri Copa Coca-Cola yimuriwe ku cyumweru yose
17.05.2012 |
|
Umukinnyi Patrick Mafisango yitabye Imana
17.05.2012 |
|
Uko imikino ya Copa Coca-Cola yagenze muri 1/8
16.05.2012 |
|
APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona cya 13
16.05.2012 |
|
Rwamagana na Nyarugenge zakomeje mu marushanwa ya Copa Coca-Cola
14.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |