Mu mukino wa mbere w’irushanwa ry’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’u Burayi, Mancherster City yatangiye itsindwa na Read Madrid3-2 kuwa kabiri ku itariki ya 18 Nzeri 2012 muri Esipanye.
Igitego cya mbere cya Real Madrid cyatsinzwe na Marcelo ku munota wa 75, icya kabiri gitsindwa na Karim Benzema ku munota wa 87, icyanyuma anaricyo cyabahesheje insinzi cyatsinzwe na Christiano Ronaldo ku munota wa 90.
Igitego cya mbere cya Man City cyatsinzwe n’umunyaseribiya Dzeko ku munota wa 68 ku mupira yari ahawe na Yaya Toure, igitego cya kabiri gitsindwa na Kolarov kuri Coup franc.
Ikipe ya Manchester City ya Roberto Mancini niyo yari yabanje gutsinda, inagaragaza ko ifite bamyugariro bakomeye nyuma yo kugora inshuro nyinshi ba rutahizamu ba Real Madrid.
Umuzamu Joe Hart wa Man City yigaragaje cyane muri uyu mukino ubwo yakuragamo amashotiya Ronaldo na Higuain.
Uyu mukino wo mu itsinda D wagaruriye isura nziza abafana ba Real nyuma y’igihe imaze ihagaze nabi muri shampiyona ya Esipanye.
Nk’uko tubikesha ikinyamakru 7sur7.be, iyi nsinzi yagaruye umurava n’umwuka mwiza mu bayobozi no mu bakinnyi ba Real Madrid . Nyuma yo gutsindwa na FC Seville 1-0, umutoza Mourinho yirinze kugira byishi yongera gutangaza.
Uyu mukino wa mbere wari wakiriwe na Real Madrid kukibuga cyayo i Santiago Bernabeu muri Esipanye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Chelsea ishobora kurekura Miliyoni 100 z’amapawundi ku bakinnyi
18.05.2013 |
|
Amakipe 64 y’abana agiye guhatanira kuzahagararira u Rwanda muri Africa
18.05.2013 |
|
FERWAFA irishimira umusaruro w’amashuri yigisha abana umupira w’amaguru
18.05.2013 |
|
David Beckham yasezeye mu mupira w’amaguru
17.05.2013 |
|
Rayon Sports igiye gufashwa n’ikipe yo mu Budage
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |