IGIHE.com > Imikino > Football

Richard Tardy yagizwe ushinzwe ibya tekinike muri FERWAFA


Yanditswe kuya 6-07-2012 - Saa 09:44' na Turikumwe Noël

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri nk’umutoza w’Amavubi y’abatarengeje imyaka 17, ndetse n’uw’abatarengeje 20, Umufaransa Richard Tardy FERWAFA yamugize ushinzwe tekinike (Directeur technique) mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Nk’uko tubikesha Rwanda Newa Agency, uyu murimo azawufatanya no gukomeza gutoza amavubi y’abatarengeje imyaka 17 na 20.

Uyu mugabo w’Umufaransa yatangiye kuba umutoza mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2010. Kontaro ye yambere yayirangizanyije insinzi zigera kuri 2.

Muri zo harimo kwegukana umwanya wa kabiri mu gikombe cya Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17, ndetse ndetse no kugeza iyi kipe mu gikombe cy’Isi.

Ibi bikaba ari bimwe mu byatumye FERWAFA ihitamo kumusinyisha indi kontaro y’imyaka ibiri kuko mbere ye u Rwanda ntirwari ruzwi mu marushanwa y’igikombe cy’Isi mu mupira w’amaguru.

Richard Tardy mbere y’uko aba umukozi mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yanyuze mu Ishyirahamwe ry’ Umupira w’Amaguru mu Bufaransa ndetse no muri Maroc.

Kugeza mu mwaka 2014 azakora nk’ushinzwe tekinike mu bakinnyi b’Abanyarwanda, ndetse nk’umutoza mu makipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 na 20.

IBITEKEREZO
Uwuhe munyarwanda ? ese twagiye twemera ko dushobora no kurushwa ubushobozi ? Muravuga se mubatoza bahe ubwo abo tuzi hano ? nureke twemereko umupira wabanyarwanda, imitoreze yacu ndetse nimikinire bikiri iyoooooooooooooo !!!!!! ubundi twemere turebe niba uyumufransa wenda haricyo yazatugezaho..iyo niymyumvire yanjye !!
Musubize25.07.2012 saa 00:43
umufana
Harya ubu basanze nta munyarwanda wabishobora kandi ko aba ahembwa make kuri aba ? Gusa bakore ibishoboka bamubyaze umusaruro tugire aho tugera kandi FERWAFA na Ministère ibishinzwe bagerageze gukurikirana ibyacumi biba byihishe inyuma aha kuko erega ni imisoro yacu bahembwa. Sport yacu yaramunzwe ni aha Mzee wacu kugira icyo akora kuko nirwo rwego hano mu gihugu ruyoborwa nabi kuko kandi habamo indamu nyinshi zitanakurikiranwa n'ikindi kandi ugasanga kenshi cyane iyobowe n'abantu batabifitiye ubushobozi n'ubumenyi.
Musubize13.07.2012 saa 03:09
M.K
Bamuhemba angahe ?
Musubize6.07.2012 saa 18:04
frank

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!