Abakinnyi bahagarariye u Rwanda mu mikino Olempike iri kubera i Londres mu Bwongereza bakomeje kubura umudari kuko ababimburiye abandi batangiye batsindwa.
Fidèle Kajugiro Sebarinda ushinzwe itangazamakuru muri Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) yabwiye Izuba Rirashe ko ku munsi wa mbere Sekamana Yannick Fred ukina Judo yakuwemo n’umukinnyi wo muri Brazil witwa Mendonca Bruno.
Yannick we yavuze ko mu mikino Olempike yakuyemo isomo ku buryo agiye gutegura shampiyona y’Afurika y’ingimbi izaba mu Kwakira 2012.
Niyomugabo Jackson nawe yaje kurushanwa mu koga ahareshya na metero 50 bita “Freestyle” na we avamo kuko yabaye uwa kane akoresheje amasegonda 27 n’ibice 38 ndetse na Agahozo Alphonsine na we yaje kurushanwa mu koga aviramo mu majonjora nyuma yo kuba uwa gatatu.
Kuri uyu wa gatandatu, mu biruka metero 10,000, Kajuga Robert wari kumwe n’ibihangange byo muri Etiyopiya, Kenya n’u Bwongereza, yabashije kuza ku mwanya wa 14 aho yakoresheje iminota 27:56.67 ari nacyo gihe cye cyiza akoresheje.
Abakinnyi u Rwanda ruhanze amaso ni abitabiriye iyo mikino bafite ibihe byemewe (minima) ari bo Mvuyekure Jean Pierre kuwa 12 Kanama 2012 uziruka marathon (ibirometero 42) na Niyonshuti Adrien usiganwa mu mukino w’amagare mu guterera imisozi (Mountain bike) urushanwa kuri iki cyumweru nyuma yo kwitoreza mu Busuwisi.
Kuva u Rwanda rwatangira kwitabira imikino Olempike mu mwaka wa 1984 rwabashije kwegukana umudari mu mikino y’abamugaye gusa aho watwawe na Nkundabera Jean de Dieu usiganwa muri metero 800 ubwo yegukanaga uwa bronze mu mikino yabereye mu Bugiriki mu 2004.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Mayor’s Cup, Gasabo ku isonga n’ibikombe byinshi
2.05.2013 |
|
Bolt mu mikino yo kwiruka ku mucanga i Rio de Janeiro
30.03.2013 |
|
U Bwongereza : Ku myaka 101 aracyitabira amarushanwa y’imikino ngororamubiri
2.03.2013 |
|
Igihangange mu kwiruka Mohamed Farah yangiwe gukandagira muri USA
3.01.2013 |
|
Ngororero : Isiganwa ku maguru ryitiriwe “Umukore w’Umwami Rwabugiri”
24.11.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |