Mu Burundi hagiye gutangizwa irushanwa risa n’iryari risanzwe rimenyerewe mu Rwanda ryitwa Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), rizaba ryitwa “PRIMUSIC”.
Gusa n’ubwo iri rushanwa ryateguwe n’uruganda rwenga iyi nzoga ya Primus rwa BRARUDI, hari byinshi ritandukaniyeho n’irya PGGSS ryo mu Rwanda.
Bimwe mu byo aya marushanwa ahuriyeho ni abahanzi bazitabira iri rushanwa rya PRIMUSIC mu Burundi, bazahembwa amafaranga atubutse aho uwa mbere azahabwa akayabo ka miliyoni 10 z’Amarundi (ni ukuvuga angana na Rwf4,800,000), uwa kabiri ahembwe miliyoni 5 z’Amarundi, uwa gatatu ahabwe miliyoni 2 z’Amarundi.
Iri rushanwa rigaragaza itandukaniro mu bijyanye n’imitegurire yaryo n’uko rizagenda urigereranyije n’iryo mu Rwanda.
Urugero ni uko muri iri rushanwa hazagaragaramo abagize akanama nkemurampaka barimo umunyamakuru DJ Ashanti n’abahanzi Buddy na Gilbert, mu gihe mu Rwanda abafana ari bo bitorera umuhanzi bifuza.
Ikindi ni uko abahanzi bazagaragara muri iri rushanwa bazajya baba baserukiye intara, bigaragaza ko iri rushanwa rizajya riba rishaka umuhanzi ufite impano kurusha ukunzwe nk’uko mu Rwanda bigenda.
Iri rushanwa rikazamara igihe kingana n’ukwezi kuko rizatangira kuwa 17 Nzeri kugeza kuwa 5 Ukwakira 2012.
Mu kwezi gushize, Joseph Mushyoma, umwe mu bateguye irushanwa rya PGGSS ya mbere n’irya kabiri yari yerekeje mu gihugu cy’u Burundi aho bize ku bijyanye n’itegurwa ry’iri rushanwa.
Yabwiye IGIHE ko imyanzuro bagezeho ari yo igiye kuvamo iby’iri rushanwa.
Gusa avuga ko Abarundi ari bo bazakurikirana iby’uko iri rushanwa ryabo rizagenda ryose kuva ritangiye kugeza rirangiye.
Yagize ati ”Ni irushanwa ryabo ryitwa Primusic rijya gusa nka Guma Guma.”
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Eva Longoria yerekanye ubwambure bwe
19.05.2013 |
|
Biravugwa ko Beyonce yaba atwite
19.05.2013 |
|
Chris Brown ahangayikishijwe n’abamutera ubwoba bwo kumwica
19.05.2013 |
|
Juliana arahakana avuga ko nta rukundo arimo na Ian
17.05.2013 |
|
Tanzaniya : Amagambo umuhanzi Lady Jaydee yanditse kuri twitter amugejeje mu nkiko
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |