Umuhanzikazi Rihanna ukomoka muri Barbade, ari mu butabera arega abahoze ari ababitsi be ko bamunyaze akayabo k’amadorari.
Rihanna uheruka mu butabera arega uwahoze ari umukunzi we Chris Brown ubwo yamukubitaga yongeye gusubira kurega ababitsi bamunyaze akayabo k’amadorari bo mu kigo cya Berdon LLP cyamubikiraga umutungo we kuva agitangira umwuga we wo guhanga afite imyaka 16.
Avuga ko iki kigo cyamunyaze ayo mafaranga ubwo yari yaragiye gukora ibitaramo nyuma yo gushyira ahagaragara album ye ya kane "Last girl on Earth" yatangiye gukora kuva mu kwezi kwa kane 2010 kugeza mu kwezi kwa gatatu 2011, iyi album kimwe n’izindi 4 yakoze mu myaka itanu ishize zose yazungukiyemo.
Nk’uko tubikesha Star Agora, mu gihe Rihanna yarari mu bitaramo bitandukanye, ababitsi be baryaga 20% ry’umutungo we ubwo nyirubwite we yabonaga 6%, ibyo byatumye tariki 5 Nyakanga 2012 Rihanna ajyana ikirego mu rukiko rwo mu mujyi wa Manhattan arega abo babitsi bamuhemukiye bari baratanye muri 2010 ku bibazo batumvikanagaho neza.
Kubw’ubu bujura Rihanna avuga ko yakorewe, bizamusaba igihe kitari gito kugira ngo abashe gukusanya amafaranga bataramenya umubare neza n’inyishyu y’akababaro ariko bagereranije uburyo ibitaramo bye byitabirwaga n’abantu benshi ni amafaranga menshi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Juliana arahakana avuga ko nta rukundo arimo na Ian
17.05.2013 |
|
Tanzaniya : Amagambo umuhanzi Lady Jaydee yanditse kuri twitter amugejeje mu nkiko
17.05.2013 |
|
Chameleone yashimiye Goodlyfe ku gutorwa kwabo muri BET Awards
17.05.2013 |
|
Angelina Jolie arifuza gushyingirwa na Brad Pitt mu gihe cya vuba
15.05.2013 |
|
La Fouine yegukanye ibihembo byinshi muri ’Trace Urban Music Awards’
15.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |