Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kanama, ku nshuro ya mbere mu Rwanda no muri Afurika, I Kigali habaye umuhango wo kwizihiza ibirori bizwi ku izina rya “Dîner en Blanc” byabereye i Gacuriro bihuza abantu batandukanye baturutse imihanda yose.
Ibirori bya Dîner en Blanc byatangijwe mu myaka 20 ishize mu Bufaransa. Nk’uko amabwiriza y’ibi birori abisaba, umutumirwa wese agomba kuza yambaye imyenda y’umweru hose, kandi akizanira ibyo gutegura ku meza ari burireho bisa umweru, ndetse akizanira n’ibyo kurya.
Ibirori bya “Dîner en blanc” mu Rwanda byateguwe na Illume Creative Studio ku bufatanye na Events Africa, aho yitabiriwe n’abantu 375 bose basangirira ahantu hateguye amatara n’ibitambaro by’imyeru mu busitani bw’umudugudu wa Gacuriro Vision 2020(aho bakunzwe kwita muri Caisse Social).
Abatumirwa bahuriye ahantu hatandukanye batwarwa n’imodoka za KBS aho ibirori bibera, nta n’umwe wahamenyeshejwe nk’uko amabwiriza agenga “Dîner en Blanc”abisaba. Bakigera aho ibirori biri bubera bakiriwe n’indirimo z’Igifaransa, bicara ku meza zabo batangira kuzitegura ibyo bizaniye.
Ubwo ibi birori byabaga, Umuyobozi mukuru wa RDB Clare Akamanzi yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter ati ” Dîner en Blanc ijyana na gahunda y’ubukerarugendo y’u Rwanda, igamije gutuma Kigali iba umujyi wo gutoranywa mu kwakira ibirori mpuzamahanga, inama n’amahuriro.”
Joan Mazimpaka uyobora Illume Creative Studio yateguye ibi bikorwa yagize ati”Imwe mu ntego za Illume ni uguhindura uburyo Isi ibona u Rwanda iyo urwanditse muri Google, kandi turizera ko iki(Dîner en blanc) ari kimwe mu birori bizatugeza kuri iyo ntego. Twashatse no gushyiraho ibirori byo kwishimisha ku batuye Kigali, abashyitsi bo mu karere na ba mukerarugendo.”
Hatanzwe kandi ibihembo ku meza ateguye neza no ku bambaye neza kurusha abandi. Ibi bihembo byatanzwe ku nkunga ya Serena Hotels, Canal Plus na RDB
Bimwe mu byaranze ibi birori ni indirimo zacuranzwe Live n’abahanzi nka Mike Kayihura n’imiziki yakinwaga na Dj Eric Soul. Abateguye Dîner en Blanc bashimiye Umujyi wa Kigali, Polisi y’igihugu n’Umudugudu wa Gacuriro Vision 2020 kubw’ubufatanye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS III : Udushya 10 twaranze Roadshow yabereye i Nyamagabe
20.05.2013 |
|
Ndakumbura Concert
20.05.2013 |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |