Mu rwego rwo kwizihiza isakubukuru y’imyaka 50 u Rwanda rubonye ubwigenge na 18 rwibohoye, tariki 14 Nyakanga mu Bubiligi hateguwe igitaramo bise « Rwanda Rugari day » cyateguwe n’amashyirahamwe yitwa Team Production na DRB-Rugari bafatanyije n’Abategerugori bishyize hamwe ndetse n’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye mu Bubiligi, iki gitaramo kizitabirwa na Makanyaga Abdoul umenyerewe mu jyana za kera mu Rwanda.
Nk’uko twabitangarijwe n’umwe mu bategura Karara Chantal umuyobozi Wungirije ushizwe uburinganire Muri DRB-Rugari, yagize ati : « Muri ubu busabane bw’igitaramo hatumiwe kandi n’umuhanzi uzwi cyane mu Rwanda witwa Makanyaga, uzwi mu njyana za "Karahanyuze" akazaza aturutse mu Rwanda, gutumira abahanzi nka Makanyaga ni ukwereka abakiri bato ko umuziki Nyarwanda atari uw’uyu munsi gusa ko na kera muzika Nyarwanda yakunzwe kandi na n’ubu igikunzwe, hazaba kandi hari n’abandi bahanzi nka Marechal De Gaule, harimo noguhuza urubyiruko n’abakuru babo biciye mu mbyino n’indirimbo bijyanye n’umuco ».
Muri iki gitaramo kandi hazerekanirwamo Nyampinga wambitswe ikamba vuba aha « Miss supranationale 2012 », uzajya guhagararira u Rwanda mu murushanwa azabera mu gihugu cya Pologne mu mwaka wa 2013.
Uretse rero kubyina no kuririmba, abazitabira uwo munsi bazasangira, dore ko ubu mu Bubiligi (Uburayi) hatangiye gusa neza muri aya mezi bita ayibiruhuko, nubwo hacamo hakazamo akayaga n’imvura muri iyi minsi izwi nkiyagiraga izuba ryinshi mu bihe bisanzwe.
Hazumvikana cyane indirimbo zijyanye n’inyito y’uwo munsi (kwibohora) ziciye mu njyana Nyarwanda, n’izindi zizasabwa zikaboneka, abateguye uyu munsi.
Uwashaka kugera aho bizabera hitwa : Place Antoine Gilson, 1-1170 Bruxelles, kwinjira ni Amayero 15 ucishije kuri konte ING 363-1026624-16, naho uzishyurira aho bizabera akihagera ni Amayero 20, ushaka kuba yasaba ibindi bisobanuro yahamagara kuri izi nimero za terefone zigendanwa : 0489 01 15 14 no kuri 0488 61 72 90.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
|
Icyo abantu batandukanye bavuga ku munsi wo kwibuka ‘Bob Marley’
13.05.2013 |
|
Abanyeshuri bagaragaje ko bafite impano zishobora kuzababera umwuga
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |