Nkunda Perezida Kagame-Umuhanzi Dr Jose Chameleon


Yanditswe kuya 22-07-2012 - Saa 04:42' na Richard Irakoze

Mu gitaramo cyiswe "Valu Valu Live Concert" cyabereye kuri Stade Amahoro i Remera (muri Parking) kuri uyu wa 20 Nyakanga 2012, Dr Jose Chameleon uri mu bahanzi bakunzwe cyane mu karere k’Afurika y’i Burasirazuba yatangaje ko akunda Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Uyu muhanzi yavuze ko u Rwanda rwahindutse ku buryo bugaragara cyane biturutse ku muyobozi warwo. Dr Jose Chameleon yagize ati : "U Rwanda rufite umunyapolitike mwiza. Nkunda Kagame yaba ari Perezida cyangwa atari we. Sinaje hano kubwa Politiki, ariko ndamukunda kuko yahinduye u Rwanda rukaba rwiza."

Uyu muhanzi Chameleon, wigeze kuba mu Rwanda igihe kinini akorera ahitwa Maison des Jeunes ku Kimisagara ibikorwa byerekeranye n’imyidagaduro, mbere y’uko amenyekana ngo yamamare, yavuze ko u Rwanda iyo arurebye ubu abona rwarahindutse cyane agereranyije n’uko asanzwe aruzi. Yagize ati : "U Rwanda rwarahindutse. Rimwe na rimwe njya nshaka gufuha ariko sinabikora kuko mu Rwanda naho ari mu rugo." Ibi yabivuze ubwo yatangiraga kuririmba indirimbo ivuga ku buzima yitwa "Shida za Duniya".

Dr Jose Chameleon, watangiye kuririmba yambaye ibendera rya Uganda, yahise avuga amwe mu mazina y’uduce yibuka aho yavuze Remera, Kimicanga, Nyabugogo, Kacyiru kuri Minisiteri na Nyamirambo.

Dr Jose Chameleon yaririmbanye na murumuna we AK 47, ari nawe bucura bw’umuryango. Yari afite abakobwa babiri bambaye utwenda tugufi bamubyiniraga ubwo yaririmbaga muri iki gitaramo cya Live.

Ally Soudy, umwe mu bahanzi, usanzwe utegura ibitaramo akaba n’umususurutsabirori, ari nawe wasusurukije iki kirori, yavuze ko uburyo Dr Josee Chameleon yigaragaje muri iki gitaramo byerekana ko ari umuhanga mu kuvugana n’abafana be. Yagize ati :"Yagaragaje ko ari umuhanga mu gushimisha abafana be bagirana ibiganiro kandi uko yatangiye niko yashoje."

Chameleon yatangiye kuririmba ahagana saa saba na 20 z’ijoro (01:20AM) asoza nyuma y’isaha imwe. Uretse we, iki gitaramo kititabiriwe n’abantu benshi cyane cyiswe "Valu Valu Live Concert" biturutse ku ndirimbo ya Chameleon ikomeje kubica bigacika hano mu Karere haririmbyemo abandi bahanzi nka Mavenge Sudi, King James, Riderman wahaye umwanya M Izzo na Ama-g The Black bakaririmbana indirimbo bise "Ni Njye", Dream Boyz, Urban Boyz baririmbanye na Washington, Dr Claude (waririmbye ku buryo bwa Live ari kumwe na Band ye) n’abandi.

Mu myaka ibiri ishize, ubwo Dr Jose Chameleon yaririmbaga muri Serena Hotel yari yatangaje ko yifuza kuzakora mu ntoki za Perezida wa Repubulika.

Amafoto mu mafoto

Abantu bari benshi....
Dream Boyz baririmba muri Valu Valu Concert
Mc Ally Soudy wayoboye iki gitaramo ari kumwe na Washington
Umuhanzi Bruce Melody, mushya mu Rwanda ariko uri mu bakunzwe cyane, nawe yaririmbye
UmuhanziMavenge Sudi nawe yaririmbye injyana ze za kera zanogeye benshi hamwe na Live Band ye
Umuhanzi Riderman yahaye umwanya M Izzo bangendana (uri i bumoso) aririmbana na Ama-G indirimbo bakoranye yitwa "Ni Njye"
Urban Boyz baririmba
Umuhanzi Dr Claude yaririmbanye na Live Band ye zimwe mu ndirimbo ze zagiye zikundwa
Ever Binamungu, wa Next Entertainment ari nawe wateguye iki gitaramo
Chameleon yaje ku rubyiniro yambaye ibendera rya Uganda ryiganjemo umuhondo n'umukara
Umuhanzi Dr Josee Chameleone aririmba, yakoreshaga imbaraga nyinshi ku buryo bugaragara
Dr Josee Chameleone n'ubwo yaririmbye mu gicuku abantu bari bamwishimiye


KANDA HANO USHOBORE KUMVA
  Dr Joze Chameleon avuga ko u Rwanda rufite umuyobozi mwiza ubwo yari ari mu gitaramo
IBITEKEREZO
ese kuki muterekanye King James aririmba ? egokoooooooooooo
Musubize23.07.2012 saa 16:46
sister p.diddy
Mbuze icyo mvuga kuko uyu mutype nge yaranyemeje tuu !! Aribanziriza akaniheruka !!
Musubize23.07.2012 saa 10:36
w
Dr Jose ni umuhanaga kabisa ! n'aho yaririmba amasaha 8 ataruhuruka. AZI KURYOSHYA IBIRORI KANDI AKABA PROFFESIONAL. This guy is still king !!!
Musubize23.07.2012 saa 03:32
demun
Bariya ntabwo ari goodlyfe ni badlyfe man.Ubundi se hari aho urutugu rwigeze rusumba ijosi ? Bariya they are children of his.So they have to respect him and they must recognize that he is their teacher.Leon Island forever.Tugende Tukole !!!!!!!!!!!!
Musubize22.07.2012 saa 10:40
jean
OOH OOH the valu valu man is so special no one is like him in this re gion. do you remember the scandels made by good life in spots view bariya bahungu nabwo ari srious bareke the man from leon island yarabasize cyane ninkokuva kigali ukajya singapour
Musubize22.07.2012 saa 05:37
EMMY

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!