Nyuma yo kwiherera hagamijwe kureba Nyampinga wahize abandi mu birori by’Inkera y’abahizi, akanama nkemurampaka katangaje ko Umunyarwandakazi Isimbi Deborah Abiellah ari we wabaye Miss Campus 2012 n’amanota 76,6.
Igisonga cya 2 cya Nyampinga yabaye Umurundikazi Kaneza Arcella, naho igisonga cya 1 aba Umulisa Larissa wari wambaye nimero 2, uyu akaba yanegukanye umwanya wa Nyampinga wakunzwe n’abantu benshi (Miss popularity).
Miss Photogenic we yabaye Umurerwa Ariane wari wambaye nimero 1.
Isimbi Deborah Abiellah wabaye Miss Campus 2012 yagenewe ibihembo bitandukanye birimo Certificat, ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe na Kaminuza, ibikoresho bya SULFO azagenerwa mu gihe kigera ku mwaka, itike y’indege yo kujya mu gihugu cya Kenya yatanzwe na Kalaos Media Design, ikanzu ifite agaciro k’ibihumbi 300 yatanzwe na Francis Zahabu, kwiga amasomo ajyanye no gutwara ibinyabiziga ku buntu mu ishuri rya Campus Driving school, itike y’ingendo 10 Huye-Kigali yatanzwe na Horizon Express, kura amajoro abiri mu cyumba cya VIP muri Hotel Barthos n’ibindi.
Isimbi Deborah Abiellah, wabaye Miss Campus 2012 ni umwana wa Pasiteri Antoine Rutayisire ukundwa n’Abanyarwanda batari bacye kubera inyigisho ze benshi bavuga ko ziba zirimo ubuhanga.
Mu ijambo rye, Pasiteri Rutayisire Antoine yashimiye umukobwa we wabaye Miss Campus 2012 agira ati : “Kuvuka uri mwiza ntacyo uba watanze ariko kuba wabashije gusubiza ibibazo nka biriya ni cyo tugushimira”.
Antoine Rutayisire yakomeje agira ati : “Kujya i Nairobi n’ibindi byose ashatse yabireka bikavunjwamo amafaranga maze agafashishwa umuntu ukeneye gufashwa”.
Abandi bakobwa batsindiye imyanya itandukanye bahawe ibihembo bitandukanye birimo amafaranga ibihumbi 50 yiyongera ku yahawe buri mukobwa witabiriye iki gikorwa, kwiga amasomo yo gutwara ibinyabiziga no gukorera uruhushya rwo gutwara imodoka muri Campus Driving school, ibihembo bitandukanye byatanzwe na Sulfo, ndetse no kurara ijoro rimwe muri Hotel Barthos ku bisonga byombi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
|
Icyo abantu batandukanye bavuga ku munsi wo kwibuka ‘Bob Marley’
13.05.2013 |
|
Abanyeshuri bagaragaje ko bafite impano zishobora kuzababera umwuga
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |