U Bubiligi : Simbi Sabrina yateguye igitaramo cyo gufasha ababana n’ubumuga mu Rwanda


Yanditswe kuya 26-07-2012 - Saa 15:48' na Karirima A. Ngarambe

Umunyarwandakazi uba mu Bubiligi witwa Simbi Sabrina washinze ishyirahamwe yise ‘Hoz’amarira’, yateguye igitaramo cyo gukusanya inkunga yo gufasha ababana n’ubumuga baba mu Rwanda, kikazaba tariki ya 3 Kanama muri uyu mwaka wa 2012.

Icyo gitaramo kizabera mu Mujyi wa Bruxelle, ahitwa « Rue Rogier Van der weygen N°3 », imiryango azafungurwa saa moya z’umugoroba.

Bamwe mu bahanzi bazitabira iki gitaramo harimo Umunyarwandakazi Cécile Kayirebwa, n’abakobwa bazabyina Kinyarwanda kandi hakazerekanwa n’imideri yo kwambika abakobwa n’abahungu igezweho.

Mu kiganiro na IGIHE Simbi Sabrina washinze ishyirahamwe ryo gufasha ababana n’ubumuga bw’umubiri mu Rwanda yise "Hoz’amarira" yagize ati "Numvaga nshaga gukora no gushyira mu bikorwa uyu mushinga, kugirango ababana n’ubumuga bw’umubiri barusheho kwitabwaho hakoreshejwe ibikoresho biborohereza mu buzima bwabo bwa buri munsi ".

Simbi yakomeje agira ati "Nagiye mpura nabo kenshi mu ngendo nakoze mu Rwanda, menya ibibazo byabo kuko twaganiriye ".

Atanga urugero rw’umwe mu bagore bahuye asabiriza mu Rwanda kubera kubura ubufasha, akavuga ko byamubabaje cyane, ndetse akaba aribwo yagize igitekerezo cyo gukora uko ashoboye ngo ashake icyo yakora cyo gutera inkunga mu buryo nshoboye.

Nyampinga Sabrina yatowe nk’uwungirije uwatowe muri ba Nyampinga « Supranational 2012 » mu irushanwa riherutse kubera mu Bubiligi tariki ya 30 Nyakanga.

Amategeko y’iri rushanwa ategeka ko iyo uwabaye uwa mbere yavuze ko atazaboneka, hagomba koherezwa umukurikira mu matora, akaba ari nako byaje kugenda kuko Simbi Sabrina ariwe uzahagarira u Rwanda muri Pologne mu Mujyi wa Sopot mu kwezi kwa Nzeri 2012, uyu mwanya kandi afite ngo azawifashisha mu gukora ubuvugizi bw’umuryango yashinze.

Uwo mugoroba uzakorerwamo iki gitaramo cyo gufasha tariki 3 z’ukwa Munani, birateganyijwe ko uzashaka gufungura bya Kinyafurika cyangwa Kinyarwanda nabyo biteganyijwe mu giciro cyo kwinjira, uhamagaye (0488 40 48 59) bakakubikira umwanya ni 30€ naho wishyuriye k’umuryango uwo munsi ni 35€ na 20€ ku banyeshuri.

IBITEKEREZO
Sabrina uri Impano y,Imana ku Rwanda.
Musubize3.08.2012 saa 06:20
munyarukundo
Sabrina turibenshi tugushigikiye !!! Ntukumve amagambo yabatikura. Uri umukobwa mwiza uhesha ishema igihugu cye kandi tuziko uzagera kure !! Turagukunda !! Kayitest.J
Musubize30.07.2012 saa 16:36
Kayitesi
Avec tes beaux projets, on est derrière toi ma chérie, Go ahead
Musubize28.07.2012 saa 12:59
Imanzi
ibyo kwa Kagozi ni ibitwenge gusa. Ngo umukobwa wabo yashinze assoc.? Aliko ye !
Musubize27.07.2012 saa 13:49
U. Jeanne
Mwendanga !
Musubize27.07.2012 saa 02:54
mwendanga !
courage simbi, turagushyigikiye
Musubize26.07.2012 saa 14:19
munyaneza
Yewe kuko urasiga amayagwa ivyo ni ubukotanyi kujira ngo ufashe se wa cyahiye. Sha imbogo muri kumwe muribaniye peeeee. Nzarya duke ntohe kare ndyame kare
Musubize26.07.2012 saa 13:22
A
Wonderful ! Courage Simbi ry'i Rwanda
Musubize26.07.2012 saa 13:00
R

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!