Mu marushanwa yo gutora "Miss Africa Germany" yabaye kuri uyu wa Gatandatu 04 Kanama 2012 mu Mujyi witwa Essen mu Budage, Umunyarwandakazi witwa Yvonne Uwamahoro yabashije kwitwara neza yegukana umwanya wa kabiri, ariko kuri ubu ikivugwa ni uko ashobora guhabwa ikamba kuko uwamubanjirije bivugwa ko Atari yujuje imyaka imwemerera kujya mu mahiganwa.
Uwamahoro yagaragaye mu bakobwa 16 baturuka mu bihugu by’Afurika bitandukanye harimo u Rwanda, ndetse n’ibindi bihugu twavuga nka Cameroun, Congo-Kinshasa, Ivory-Coast, Kenya, Sierra-Leone, Namibia, Uganda, Zambia, Nigeria ndetse n’ibindi.
Umwe mu bateguye iri rushanwa Zouzou Arlette aganira na IGIHE, yatangaje ko aya marushanwa yari yitabiriwe kandi n’abacuranzi b’Abanyafrika nka Don Tom uturuka muri Nigeria wamenyekanye cyane kubera indirimbo ye yitwa My Wify.
Nubwo Uwamahoro Yvonne yegukanye umwanya wa kabiri, ariko ashobora guhabwa ikamba ry’uwa mbere, ibi bigaterwa n’uko Umunyasierraleone wabaye uwa mbere yari afite imyaka 16, kandi amategeko agenga iri rushanwa akaba ateganya ko uwemereye kwitabira iri rushanwa asabwa kuba nibura afite imyaka 18 y’amavuko, ibi rero byanateje ikibazo ndetse bivugwa ko uyu Munyarwandakazi ashobora kwegukana iri kamba.
Muri aya marushanwa kandi uretse Umunyasierraleone wegukanye umwanya wa mbere, n’Umunyarwandakazi wegukanye umwanya wa kabiri, umwanya wa gatatu watwawe n’Umunyakenyakazi witwa Samanther Schirra.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
|
Icyo abantu batandukanye bavuga ku munsi wo kwibuka ‘Bob Marley’
13.05.2013 |
|
Abanyeshuri bagaragaje ko bafite impano zishobora kuzababera umwuga
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |