Mu gihe umuraperi Babou yamurikaga ku mugaragaro album ye ya mbere yise ‘Umwana ni Imbuto’ kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukuboza 2011, yaboneyeho no gutangaza ko agiye kugabanya umuvuduko yakoragaho muzika ahubwo akongera uwo kwiga kuko ngo yumva aribwo ashobora kugira icyo afasha igihugu cye kuruta uko yaba umukire akijijwe na muzika.
Mu kiganiro IGIHE.com yagiranye n’uyu muraperi ukiri muto dore ko amuritse iyi album ya mbere aherutse kuzuza imyaka 10 muri Kamena, Babou yagarutse ku kuba abantu bakunze kumugira ho impungenge cyane ko yaba akurikirana muzika gusa amasomo akaba yamunanira, avuga ko byombi abibangikanya kandi bigakunda kuko ari muri muzika yitwara neza kandi no mu ishuri agatsinda.
Ariko ngo asanga bishobora kubangamirana kandi uwamuhitishamo yahitamo ishuri, ati : ”Burya nkora muzika mu biruhuko gusa, kandi nabwo nkayikora iyo natsinze.” Ikaba ari nayo mpamvu ngo amuritse album ye ya mbere nyuma y’imyaka igera kuri itatu yari amaze muri muzika kuko ngo byabangamiranaga.
Babou akomeza avuga ko ubwo yimukiye mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza amasomo agiye kurushaho kwiyongera kurusha uko byari bimeze mu myaka asoje, bityo akaba agiye kugabanya uko yagaragaraga muri muzika kugira ngo arusheho kongera imbaraga mu myigire ye.
Ati :”kuba mvuze ibi ntibivuze ko mpagaritse muzika burundu, nzajya nkora nk’indirimbo imwe mu kwezi ahasigaye nige, kandi abafana banjye n’aba muzika muri rusange bambabarire, ishuri ni ryo rya mbere”.
Babou asaba abandi bana bagenzi be bakoresha impano bahawe nkawe kudatandukira ngo bazirutishe kwiga, ati :”mu gihe gito nshobora kuba ndi umustar mbona ibiraka by’amafaranga menshi, bivuze ko muzika ishobora kunkiza ariko sinayirutisha ishuri kuko nshobora kuzaba na perezida, senateri, Dogiteri n’abandi byarushaho kumfasha kandi bikanafasha igihugu cyanjye”.
Yasoje ashimira ababyeyi bazanye abana babo kumureba amurika ‘Umwana ni Imbuto’, avuga ko atari ibya buri wese kuko ngo bigoye cyane, asaba abana bagenzi be gukunda ishuri kandi abifuriza Noheli Nziza n’Umwaka Mushya Muhire.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ku myaka 11 umuraperi Babou agiye gusohora imyenda yamwitiriwe
26.11.2012 |
|
Abana baheshe igihugu Agaciro mu mpano zabo - Babou
28.10.2012 |
|
Umuhanzi Babou arategura igitaramo cy’abana n’abafana be
28.07.2012 |
|
Umuraperi Babou yasabwe na Madame Jeannette Kagame kwirinda ibiyobyabwenge
18.12.2011 |
|
Mu rwego rwo korohereza abana bagenzi be, Babou yahinduriwe umunsi w’igitaramo
15.12.2011 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |