Sinagiye hanze kubyara, nari ndwaje Papa- Ciney PRINT VISITS : 42813 COMMENTS: 24 

Sinagiye hanze kubyara, nari ndwaje Papa- Ciney


Yanditswe kuya 22-02-2012 - Saa 14:06' na Munyentwari Patrick

Umuhanzikazi Ciney arabeshyuza abamuvuzeho ko yagiye hanze y’u Rwanda kubyara kuko yari mu gihugu cya Gabon ku mpamvu z’umuryango we.

Uyu muhanzikazi uririmba injyana ya Hip Hop mu minsi ishize akaba yarabarizwaga mu gihugu cya Gabon, aho avuga ko yari yagiye kurwaza umubyeyi we urwariyeyo, nk’uko yabitangarije IGIHE.com agira ati : “Mu by’ukuri ntabwo nari nagiye kubyara nk’uko babivuga ahubwo nari nagiye muri Gabon kureba papa umbyara wari urwaye kuko ariho aba, ari nabyo byatumye ndeka ikizamini nari ngiye gukora”.

Uyu muhanzi yasoje atubwira ko ubu agarutse kandi afite ingufu zo gukomeza umuziki we ndetse ubu akaba afite umuterankunga mushya uturuka mu gihugu cya Uganda.

Twabamenyesha ko uyu muhanzikazi nyuma y’aho agarukiye amaze gukora indirimbo yise ’Ndiho’ nyuma y’aho abakunzi be bamubazaga aho yagiye.



KANDA HANO USHOBORE KUMVA
  Ndiho By Ciney
IBITEKEREZO
murabarwayi muri nabanyeshyari nibatamuvuga se abanyarwanda bazamumenya gute kdi nimba utamukunze ntibivuze ko ntawamukunze,mugerageze gyha agaciro abandi kuko ibyo bisa nkishyari nabo ba miss jojo aha barahaciye kubyara byo ntagisebo hari benshi babibuze abaye yarakoze icyaha ya byicuza kuko yaba yaruhemukiye bikomeye ariko mwe gushinja umuntu ibyo mutazi
12.03.2012 saa 02:53
damn
Ibibazo by` Abahanzi mpora mbivugaho ariko abantu ntimushaka kubyumva ; nuba Umuhanzi Rugamba azitwa iki ? nuba Umusizi Kagame Alex azaba iki ? Twumvikane hari ababyinnyi ,abaririmbyi ,abakaraza, intore , abahimbyi bahimbahimba , buri muntu nafate umwanya we svp. Ese umuntu yitwa umuhanzi aruko asohoye indirimbo zingahe ? we need classfication ! ubushize mwavuzeko Ciney agiye kwiga gabon, reba kuri ino link : http://umuseke.com/2012/02/17/umuha... , none ngo yagiye kurwaza papa we, none ngo aragarutse ! wasanga atararenze na biryogo !
25.02.2012 saa 20:18
GARUKA
UBWO SE UMUNTU NKUWO MUPFUSHA UBUSA IGIHE CYANYU NGO MURI KUMUTARAHO AMAKURU KUBERA IKI ? UBWO NIBA YARAYIKUYEMO NAMWIFURIZA KUTAZABYARA NA RIMWE AHERUKE UWO YAKUYEMO ?, NIBA KANDI YARIGIRIYE INAMA YO KUJYA KUMUBYARIRA KWASE NIBYIZA AHO KUGIRANGO AMUKUREMO UBWO NI UGUSHAKA KWIHINDURA INKUMI TUZI BENSHI BABASIGA IWABO MU BYARO AHO KUGIRANGO BABICE. UBWO KANDI NIBA ABESHYERWA NIYIHANGANE BIBAHO, USIBYEKO NO KUBYARA ATARI BIBI RWOSE.
23.02.2012 saa 09:37
Remy
maze iyo bijya gucika barabanza bakivanaho amazina biswe n'abababyaye bakiyita ibyo ntamenya uko nita. nk'ubwo ciney mwambwira ari zina ki ? ubwo wasanga hari umunyamerika yaryumvanye ati mbonye izina. Kwihesha agaciro bivuze kwiyakira uko turi, ukishimira izina rya kinyarwanda wahawe n'abakubyaye kereka ari irigenurano icyo gihe nabwo hari inzira guhinduza izina bicamo. None se abahanzi batagereranywa u Rwanda rwagize ko tubazi ku mazina yabo : MASABO, KAGAMABAGE, KAREMERA, SEBANANI, NKURUNZIZA n'abandi, byababujije kwandika amateka. sha mwe muzashakirwe irindi zina naho ubundi turatesha agaciro izina UMUHANZI.
23.02.2012 saa 07:06
Kiberinka
abamushinja ko yari yagiye kubyara gihamya mwatwereka niyihe nukuvuga ibyo mutazi njye ndamuzi neza pe !yari yagiye kure papa we !warurwaye kandi baherukanaga kera cyane ubworero ibyo muvuga ndumva mwivugira kandi muri nogukora ibyaha mukeka ibyo mudafitiye gihamya mujye mwitondera kuvuga ibyo mutahagazeho mwese abamushinjije ibyo byose mumusabe imbabazi mbabwije ukuri ibyo yaso banuye niko kuri pe !
23.02.2012 saa 05:20
zaza
Ese yaba yarayikuyemo byo birabareba. Uyu muhanzikazi afite ijwi ryiza kandi arabaruta inshuro ijana mwe mwirirwa mwandika amateshwa. Mumenye ibyanyu kuko nabyo birabareba.
23.02.2012 saa 04:15
safari
Ese yaba yarayikuyemo byo birabareba. Uyu muhanzikazi afite ijwi ryiza kandi arabaruta inshuro ijana mwe mwirirwa mwandika amateshwa. Mumenye ibyanyu kuko nabyo birabareba.
23.02.2012 saa 04:15
safari
ni danger !
23.02.2012 saa 02:19
ze katapilto
sha mwese mufata umwanya wo kwandika no kuvuga ibitabareba ! nabagira inama yo gukurikirana ibibareba kuko utekereje kubyawe wasanga aribyinshyi utarageraho.kandi abapfobya abahanzi bato nabo bagebagaragaza ibyo bashoboye ! kandi abanyamakuru nabo mbona bavuga inkuru zitari ngobwa cyane kandi dukeneye ibiduteza imbere .Nkiyi urabona ifatira abantu umwanya wubusa batekereza kubitabareba.abamutanga ngo Police zimufate bo bashake ibindi byogukora bareke gukurikira ibitabareba nashyima mubabivuga bose ko habonetse uwayimuteye akaba ariwe umushyinja kandi yitwajye ibimenyetso bifatika ,usibye ko nanicyo byamugezaho.Mwabantu mwe dusengere igihugu cyacyu dushiramo imbaraga mukugiteza imbere. Bityo tureke amatiku duhorane iterambere na mahoro muri twe.
23.02.2012 saa 01:49
salome
ariko ko mukunda kuvuga ni nde waba wara muteye inda muri mwese muge muvuga ibyo muzi ibyo mutazi mubireke IMANA niyo izikuri mwese muravugagusa
23.02.2012 saa 01:47
akaga
Rwose icyo mbona cyagabanya impfu z'impinja zinigwa zivuka cyangwa zimaze kuvuka n'uko Leta yateganya Ikigo aho urwo ruhinja rwaba rwakiriwe hanyuma abanyarwanda b'umutima barahari tuzajya tubifatira. Niko mbibona.
23.02.2012 saa 00:15
louise
Ariko jye ndababaza mwese Uwaba Ashinzwe kumenya Ubuzima Bwundi ninde ? Erega mwataramye da mwabanje mukamenya umunyarwanda waburaye ? mbere yo kuvuga ibitabareba kuko mbona ntazi niba ari ugukunda kwandika, Mbese abantu wagira ngo mushimishwa no kuvugavuga
23.02.2012 saa 00:03
Gigi
mwarasaze !
22.02.2012 saa 12:59
kana
None se inda yali itwitse y'invutsi nayo yayisigiye papa ahubwo police igombye kumwegera ikamubaza byaba nangombwa hakitabaza abaganga !!
22.02.2012 saa 12:25
jey
Umuhanzi utaramara igihe kumurimo ndampamvu yokumutaho umwanya so mwavuga ibindibintubyubaka igihugu ahogufata umwanya kumuntu nkuriya.
22.02.2012 saa 11:53
Hitinema
nimundebere namwe kdi munyumvire,ese uyu yakwigeza kuri nyangezi uherutse gutaramira abantu bakibuka ibihe byabo,we need to find out how to call this people because for me they are not artists,kdi nibyo byabahesha kumenyekana kurushaho aho kwihisha kuzina ryabandi
22.02.2012 saa 11:04
marc
Mwagiye mwubaha urubuga dukunda koko ??? Patrick wanditse iyi nkuru tuzi ko urubuga rutanga amakuru meza kandi arimo ubwenge ni igihe.com. Yewe nizi za Kigalitoday ziza vuba nubushobozi zihyiramo gusa ariko uru rubuga turarukunda cyane. Ruvuka narinkiga ruhande. Rero ntimukandikeho amakuru yabo mubonye bose. Urazi nibura iyaba yaricaye muri batiment central koko ??? Sha uyu nta kabatere igihe pls abo ni abadagira icyo batezaho abanyarwanda. Kuki mutavuga ba Miss jojo ariko ? ko mzi ruhande nibura naho abo ntazi wapi kabisa mwikwagiriza urubuga rwose
22.02.2012 saa 10:35
Netto
Ariko se mwana nk'ubwo wagiye wemera ko no kubyara bishoboka ! Ubu se aho kujya kuyikuramo nk'uko bagenzi bawe babikora ntiwagira ishema ryo kuvuga ko wabyaye umuziranenge ! Ariko niba atari nabyo ntiwumve ko kubyara ari ibintu bitabaho !!
22.02.2012 saa 08:17
mushyitsi
Ibibazo by` Abahanzi mpora mbivugaho ariko abantu ntimushaka kubyumva ; nuba Umuhanzi Rugamba azitwa iki ? nuba Umusizi Kagame Alex azaba iki ? Twumvikane hari ababyinnyi ,abaririmbyi ,abakaraza, intore , abahimbyi bahimbahimba , buri muntu nafate umwanya we svp
22.02.2012 saa 08:09
333
ngewe mbona baba bashaka kwimenyekanisha ngabantu babamenye yewe nka basitari ahubwo muba mwitesha agaciro !
22.02.2012 saa 08:08
mami
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!