Abahanzi Platini na TMC bagize itsinda Dream Boyz bagabiwe inka ebyiri z’inzungu zifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Izi nka bazishyikirijwe n’umwe mu bafana babo b’imena (ari nawe wazibagabiye) ni Gerard Nikobasanzwe Ntwari, umuyobozi wa Sky Hotel, kuwa Gatandatu.
Mu kiganiro aba bahanzi bagiranye n’umunyamakuru wa IGIHE.com mu gitaramo cyo gukurira ubwatsi izo nka ebyiri, aba bahanzi bagiriye kuri Sky Hotel, bavuze ko izi nka bazihawe kubw’uko uyu mukunzi w’ibihangano byabo yabakundiye ubutumwa batangamo.
Platini yagize ati : "Batugabiye inka ebyiri kubera urukundo afitiye ibihangano byacu n’ubutumwa dutanga, niko yatubwiye."
Aba bahanzi bakaba banavuga ko batari basanzwe baziranye n’uyu Gerard wabagabiye inka ko ahubwo batunguwe no kubona bakimenyana yarahise ababwira ko abana be batumye akunda Dream Boyz bigatuma ahitamo kubagabira inka ebyiri z’inzungu.
Platini yagize ati : "Ntabwo nari nzi ko anatuzi ahubwo, twaje kuririmba mu minsi ishize nk’uko dusanzwe turirimba ahantu hatandukanye nuko bamuhaye ijambo aravuga ngo aba basore sinari mbazi imbonankubone ariko ndababonye ndishimye cyane ahita atugabira inka ebyiri z’inzungu."
Gerard Nikobasanzwe Ntwari, w’imyaka 46, wagabiye inka aba bahanzi yatangarije IGIHE.com ko yabagabiye inka kuko mu guhanga kwabo bibanda ku gutanga ubutumwa bwubaka.
Yagize ati : "Nabahaye inka ebyiri kuko nabo ni babiri. Mu muco nyarwanda nta kindi kintu waha umuntu ukunze uretse inka, abana banjye indirimbo zabo barazikunze nkagenda nzumva mu modoka numva ndazikunze, cyane cyane kubw’ubutumwa batanga."
Yavuze ko abahanzi b’ubu bahimba neza kandi ko bimwe mu bitekerezo abantu bajya batanga ku muziki nyarwanda bavuga ko aba kera ari bo bari bazi kuririmba atari byo.
Yagize ati : "Biriya bavuga ngo abaririmbye ba kera nibo baririmbye neza sibyo. Babaririmbiye neza kuko ari aba kera ariko n’abubu ngubu ntacyo wabanengaho."
Reba amwe mu mafoto y’uko byari byifashe :
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Barasaba Imana ’album’ ya kane mbere yo kwerekeza mu Burayi kwiga
28.12.2012 |
|
Dream Boyz igiye kumurika Album yabo ya gatatu
31.10.2012 |
|
Platini (Dream Boyz) arahakana amakuru ari kumuvugwaho kuri Facebook
18.10.2012 |
|
Dream Boys yasohoye indirimbo ku bakobwa bababaza ababyeyi
15.07.2012 |
|
Uganda : Dream Boyz yatumiwe muri Rwanda Night 2012
2.03.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |