Dream Boyz bagabiwe inka ebyiri z’inzungu


Yanditswe kuya 22-01-2012 - Saa 23:10'

Abahanzi Platini na TMC bagize itsinda Dream Boyz bagabiwe inka ebyiri z’inzungu zifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Izi nka bazishyikirijwe n’umwe mu bafana babo b’imena (ari nawe wazibagabiye) ni Gerard Nikobasanzwe Ntwari, umuyobozi wa Sky Hotel, kuwa Gatandatu.

Mu kiganiro aba bahanzi bagiranye n’umunyamakuru wa IGIHE.com mu gitaramo cyo gukurira ubwatsi izo nka ebyiri, aba bahanzi bagiriye kuri Sky Hotel, bavuze ko izi nka bazihawe kubw’uko uyu mukunzi w’ibihangano byabo yabakundiye ubutumwa batangamo.

Platini yagize ati : "Batugabiye inka ebyiri kubera urukundo afitiye ibihangano byacu n’ubutumwa dutanga, niko yatubwiye."

Aba bahanzi bakaba banavuga ko batari basanzwe baziranye n’uyu Gerard wabagabiye inka ko ahubwo batunguwe no kubona bakimenyana yarahise ababwira ko abana be batumye akunda Dream Boyz bigatuma ahitamo kubagabira inka ebyiri z’inzungu.

Platini yagize ati : "Ntabwo nari nzi ko anatuzi ahubwo, twaje kuririmba mu minsi ishize nk’uko dusanzwe turirimba ahantu hatandukanye nuko bamuhaye ijambo aravuga ngo aba basore sinari mbazi imbonankubone ariko ndababonye ndishimye cyane ahita atugabira inka ebyiri z’inzungu."

Gerard Nikobasanzwe Ntwari, w’imyaka 46, wagabiye inka aba bahanzi yatangarije IGIHE.com ko yabagabiye inka kuko mu guhanga kwabo bibanda ku gutanga ubutumwa bwubaka.

Yagize ati : "Nabahaye inka ebyiri kuko nabo ni babiri. Mu muco nyarwanda nta kindi kintu waha umuntu ukunze uretse inka, abana banjye indirimbo zabo barazikunze nkagenda nzumva mu modoka numva ndazikunze, cyane cyane kubw’ubutumwa batanga."

Yavuze ko abahanzi b’ubu bahimba neza kandi ko bimwe mu bitekerezo abantu bajya batanga ku muziki nyarwanda bavuga ko aba kera ari bo bari bazi kuririmba atari byo.

Yagize ati : "Biriya bavuga ngo abaririmbye ba kera nibo baririmbye neza sibyo. Babaririmbiye neza kuko ari aba kera ariko n’abubu ngubu ntacyo wabanengaho."

Reba amwe mu mafoto y’uko byari byifashe :

Abana ba Gerard bashyikiriza abahanzi Dream Boyz ibyemezo by'inka
Platini akora ku nka bagabiwe
TMC nawe yishimira gukora kun nka bagabiwe
Jay Polly nawe yari yaje kwifatanya n'abahanzi bagize Dream Boyz mu gukura ubwatsi
Dore inka 2 z'inzungu Dream Boyz bagabiwe
Dream Boyz bari kumwe na Gerard umuyobozi wa SKY Hotel wabagabiye
Dream Boyz baririmba zimwe mu ndirimbo zatumye bagabirwa
Dream Boyz bahise bakora igitaramo cyo gukura ubwatsi, aho abantu babishimiraga babakoraho
Jay Polly nawe ataramira abari bitabirye igikorwa cyo gukura ubwatsi nyuma yo gushyikirizwa inka zagabiwe Dream Boyz
IBITEKEREZO
Ni byiza cyaneeee
Musubize18.10.2012 saa 04:53
Muntu
bira kwiye
Musubize28.01.2012 saa 11:13
ben
Dream Boyz murazikwiye kabisa mugira ikinyabupfura ndetse n'umuco Kandi nkunda ukuntu musa mukanakundana
Musubize24.01.2012 saa 04:52
lucky jojo
Dreem boys ndabishimiye cyane ! nange nzabaha inka ! murazikwiye mugira ikinyabupfura n'igikundiro bihagije ! jujuu
Musubize24.01.2012 saa 01:46
######
byiza ariko imiririmbire yabo iri hasi biminjire mwo agafu bigane urban boys nti bajya bumva indirimbo zabo koko
Musubize23.01.2012 saa 16:25
samy
byiza ariko imiririmbire yabo iri hasi biminjire mwo agafu bigane urban boys nti bajya bumva indirimbo zabo koko
Musubize23.01.2012 saa 16:25
samy
nanjye ndabemera pe kera nimba mfite ukuntu nange nzabagabira muzagerageze mudutangire ubutumwa kuri ba mukase ba bantu mubikishije mu ndirimbo batumereye nabi peeeeeeeeee
Musubize23.01.2012 saa 10:11
sanny
Eh wana mwagiye mwandika ibintu byubaka wangu nta mpamvu niba udakunda umuntu yo ku musebya murekere aho kabisa
Musubize23.01.2012 saa 03:29
Inspector Snoop
Giri inka muhanzi ya Bamporiki sibwo yamamaye ! dore uyu mutype yayitangije aha Mibirizi na Mani martin inka none nabandi ngo mutahee guma guma !
Musubize23.01.2012 saa 03:05
bomborido
erega uyuni mugabo, nikimansuro cye cyiryoha kubi noneho ubu dream boyz turashaka indirimbo yo gukura ubwatsi please
Musubize23.01.2012 saa 00:12
olivier
Ntabwo wakwita ku nka uri insongi baze mbahe cash bijyanire mu bishushanyo bo naho kubaha inka ni ukubagora rwose ! Félicitation cas même !
Musubize23.01.2012 saa 00:06
mbarimo jean
reka turindire ziriya ndaya zerekana utwenda tw'imbere ngo ni abahanzikazi, hashobora kuzagira uwitanga nazo akazigabira inka
Musubize22.01.2012 saa 11:45
gakwavu
nange ndi umukunzi wabo uwo muntu yagize neza cyne kuba umukunzi wabo ntako bisa.
Musubize22.01.2012 saa 08:49
alicia
ni byiza sana kubona babaha inka 2 zinzungu kabsa ??????????????????????????????????
Musubize22.01.2012 saa 08:31
BEST AWILO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!