Umuhanzi King James niwe wegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa rya Salax Awards 2011 ryabaye kuwa Gatandatu tariki 31 Mata. Yahawe ibihembo bine birimo igihembo gikuru muri aya marushanwa cy’umuhanzi w’umwaka wa 2011.
Igikorwa cya Salax Awards benshi bakunze kuvuga ko ari Misa Nkuru ya muzika nyarwanda, ubu bibaye inshuro ya kane kibaye, kuri iyi nshuro nk’uko byagaragariye benshi, cyateguranywe ubuhanga ugereranyije n’imyaka ishize.
Hahembwe abahanzi mu njyana n’ibikorwa bitandukanye bagezeho mu mwaka wa 2011.
Uku niko ibihembo byatanzwe :
1. Umuhanzi w’Umwaka (Artist of the Year) : King James
2. Umuhanzi w’Umugabo witwaye neza (Best Male Artist) : King James
3. Umuhanzi w’Umugore witwaye neza (Best Female Artist) : Knowless
4. Videwo nziza (Best Video) : Warambeshye ya Kamichi
5. Uwakoze Videwo Nziza (Best Video Producer) : Producer Bernard Bagenzi
6. Uwakoze indirimbo nziza (Best Audio Producer) : Lick Lick
7. Uwaririmbye neza Indirimbo zo mu njyana ya Afrobeat (Best Afrobeat Artist) : Kamichi
8. Uwahize abandi muri Hip-Hop (Best Hip-Hop Artist) : Riderman
9. Uwahize abandi muri RnB (Best RnB Artist) : King James
10. Album yayinze izindi zose (Best Album of 2011) : Umuvandimwe ya King James
11. Uwahize abandi mu muco (Best Cultural Artist) : Itorero Indangamirwa
12. Uwahize bahanzi ba Gospel (Best Gospel Artist) : Liliane Kabaganza
13. Umuhanzi ukizamuka wagaragaje ko ashoboye : (Best New Artist) : Khizz
14. Itsinda ryahize ayandi (Best Group) : Dream Boyz
15. Indirimbo yagaciye muri 2011 (Song of The Year) : Bella ya Dream Boyz na Kitoko
King James, wujuje imyaka 22 kuri iki Cyumweru, akanegukana ibihembo byinshi kurenza abandi (Best RnB, Best Male, Best Album na Artist of the Year), yavuze ko mu rwego rwo kurushaho gushimira abakunzi be agiye gukora cyane.
Yagize ati : ”Ndagira ngo mbabwire ko ntabafite ibi ntabigeraho. Kubera ko ntabona uko mbashimira bihagije ndagira ngo mbamenyeshe ko ngiye gukora cyane kugira ngo n’umwaka utaha tuzahagarare hano”.
Clement Ishimwe, Producer wafashije King James mu kumukorera ibihangano bye, yavuze ko iyi ari intangiriro y’ukwigaragaza kw’ibikorwa by’abahanzi akorana nabo.
Yagize ati : ”Ndabashimira mwebwe bafana, iyi ni intangiriro.”
Umuhanzi Young Grace yatunguranye ahabwa ibihembo bibiri mu bihembo by’umugereka byari byarateganijwe gutangwa.
Ibyo birimo icyiswe Best Caller Tune (indirimbo yasabwe n’abantu benshi mu matelefone muri Werurwe 2012 ari yo Hip-Hop Game) aho yahawe igihembo cy’ibihumbi magana atatu y’u Rwanda (300,000Rwf) ndetse n’icy’umuhanzi wambaye neza akanatambuka neza kuri tapi itukura “Red Carpet”, aho yahembwe intebe nziza zo mu ruganiriro azihawe na Malina Interiors.
Hatanzwe kandi ishimwe ku bandi bahanzi nka Cecile Kayirebwa, Kidum na Babou. Hibutswe kandi abahanzi Sentore n’icyamamare Whitney Houston.
Abafana n’ubwo bagaragaje ko bishimiye uko ibihembo byatanzwe, banagaragaje ko bishimiye cyane injyana ya Hip-Hop by’umwihariko umuhanzi Jay Polly n’ubwo nta gihembo na kimwe yahawe.
Muri ibi birori kandi hagaragaye abahanzi ba cyera kandi bakunzwe ari bo Makanyaga Abdul na Jean Paul Samputu nabo bataramiye abari bitabiriye ibi birori bya Salax Awards 2011 byo guhemba abahanzi bitwaye neza mu Rwanda mu mwaka wa 2011.
Amwe mu mafoto
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
King James : Indirimbo imwe ishima Imana kuri buri album ye
5.03.2013 |
|
King James yadukanye ubwoko bushya bw’imibyinire
4.12.2012 |
|
King James yagarutse mu Rwanda avuye mu Burayi
31.10.2012 |
|
U Bubiligi : King James abisabwe n’abakunzi be azongera kubataramira
21.10.2012 |
|
King James yashimishije benshi baba mu Bubiligi
14.10.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |