Kuri iki cyumweru tariki ya 2 Nzeri 2012, umuhanzi Kizito Mihigo yakoze igitaramo kirekire ku kibuga cy’amashuri ya Parowasi ya Kiziguro, mu karere ka Gatsibo mu Ntara y’u Burasirazuba. Iki gitaramo uyu muhanzi yise “Gira neza wigendere" yagikoze mu rwego rwo gutangiza ku mugaragaro ubufatanye hagati ya Fondation Kizito Mihigo pour la Paix (KMP) na Fondation Concordia-Ineza.
Abantu barenga 5000 bari bitabiriye ibi birori byatangiye i saa yine n’igice za mugitondo birangira ahagana i saa kumi z’umugoroba.
Iki gitaramo cyaranzwe n’indirimbo nyinshi za Kizito Mihigo, ziherekejwe n’inyigisho ndende. Muri iki gitaramo kandi habayemo tombola ndetse no gukusanya amafaranga azajya muri Fondation Concordia, akazishyurira abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye baturuka mu miryango itishoboye.
Fondation Concordia yashinzwe n’abapadiri b’abamisiyoneri bo mu muryango “Sacrés Coeurs de Jésus et de Marie”, bakaba ari nabo bayiteraga inkunga kugeza ubu. Uyu mwaka iyo nkunga y’abapadiri b’i Burayi ntabwo yabashije kuboneka, bikaba ari yo mpamvu iyi Fondation ibifashijwemo na Fondation ya Kizito Mihigo batekereje gukoresha ikusanyankunga mu baturage ba Gatsibo, kugira ngo abo bana bashobore kwiga.
Amafaranga yari akenewe uyu mwaka yageraga kuri 6.250.000 (Miliyoni Esheshatu n’Ibihumbi Magana abiri na Mirongo itanu). Muri iki gitaramo habonetse amafaranga asaga Miliyoni eshatu, hatabariwemo abazayatanga nyuma.
Mu ijambo rye, Padiri mukuru wa Paruwasi ya Kiziguro, Epaphrodite Nshimiyimana, yashimiye cyane Kizito Mihigo mu butumwa atanga kandi amushishikariza gukomeza ibikorwa bye by’iyogezabutumwa mu ndirimbo.
Umukuru w’akarere ka Gatsibo Ambroise Ruboneza wari n’umushyitsi mukuru muri ibi birori, yijeje umuhanzi Kizito ko akarere ayoboye kazashyigikira Fondation ye kugira ngo irusheho kugira ingufu. Mayor wa Gatsibo kandi, yashimye Fondation Concordia kuri iki gikorwa yateguye, avuga ko kimeze ndetse nk’icyo Leta y’u Rwanda iriho ikora muri minsi mu gukusanya amafaranga azajya mu Gaciro Development Fund. Yagize ati : “Birumvikana rwose ko abana bacu nabo, batazategereza inkunga z’abanyamahanga ngo babashe kwiga”
Indirimbo za Kizito Mihigo zakunzwe cyane muri iki gitaramo, ni : ijoro ribara uwariraye, inuma, twanze gutoberwa amateka, turi abana b’u rwanda, na yohani yarabyanditse.
Kizito Mihigo yatangaje ko gahunda yo gushaka ayo mafaranga yo kurihira abana amashuri itarangiriye aha, ngo ahubwo hashobora gutegurwa n’ibindi bitaramo, ndetse hagakorwa n’ubukangurambaga ku bundi buryo bunyuranye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Indirimbo “Umujinya mwiza” y’umuhanzi Kizito Mihigo yatanzweho ibitekerezo binyuranye
7.05.2013 |
|
Kizito Mihigo na Fondation ye bataramiye abanyeshuri bo muri Nyamagabe
30.04.2013 |
|
Sinibeshye nkoresha amagambo “ Umujinya mwiza”- Kizito Mihigo
29.04.2013 |
|
Kizito Mihigo yakiriye muri Fondation ye abanyeshuri bo muri USA
22.04.2013 |
|
Kizito Mihigo na Fondation ye basuye abarokotse Jenoside n’abagororwa
16.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |