Dore umuti umuraperi Riderman atanga ku kibazo cya Congo


Yanditswe kuya 24-07-2012 - Saa 09:44' na Richard IRAKOZE

Umuhanzi Riderman avuga ko akurikirana ibijyanye na politiki nk’abandi bantu. Avuga ko azi ibibazo n’imvururu ziri kubera muri Congo, imvururu atangira umuti w’uko habaho ibiganiro ngo zihoshwe.

Riderman amazina ye asanzwe ni Gatsinzi Emery, ni umuririmbyi mu njyana ya Rap. Yavutse tariki 10 Werurwe 1986 avukira i Bujumbura mu Burundi. Ni imfura mu bavandimwe 5 ; abahungu 3 n’ abakobwa 2.

Amashuri abanza yayize kuri Ecole Primaire Kabusunzu maze ayisumbuye ayiga muri Groupe Scolaire St Andre aho yakuye impamyabumenyi muri Sciences Humaines. Yakomereje mu mashuri makuru muri Universite Libre de Kigali mu bijyanye n’ubukungu n’icunga mutungo.

Mu 2008 Riderman yerekeje mu Ishuri Rikuru rya Rwanda Tourism University College mu ishami ry’ubukerarugendo n’icunga mutungo, yarahize kugeza mu mwaka wa 3, mu 2011, umwaka wa 2012, Riderman yabaye ahagaritseho amashuri, akazayakomeza umwaka utaha.

Soma ikiganiro kirambuye yagiranye na IGIHE :

IGIHE : Riderman Muraho

Riderman : Muraho Musaza !

IGIHE : Watubwira ku bijyanye na Riderman mu bwana bwe, waranzwe n’iki ?

Riderman : Nari umwana ugira isoni nkunda football cyane.

IGIHE : Ku ruhande rw’ubuhanzi, wakunze gute umuziki ?

Riderman : Nakuze nkunda umuziki nkunda radio cyane nakuze nkunda indirimbo za Matata na Ben Rutabana na za Slow francaise. Nakuze numva mu rugo bazumva nanjye ntangira kuzikunda. Natangiye numva Hip-hop kubera ukuntu nakundaga ubuhanzi nandika imivugo nuko ntangira kubikora.

IGIHE : Ese ni mu ishuri cyangwa ni mu muryango waje gukomora impano yo kuririmba ?

Riderman : Navuga ko byose bivanze kubera ko Mama yararirimbaga n’abavandimwe banjye bararirimbaga n’ubuhanzi nabwinjiyemo kubera iby’ishuri kuko ariho natangiriye ibyo kwandika imivugo, byose navuga ko byagiye byinjiramo.

IGIHE : Indirimbo wahereyeho ni iyihe ? Ku giti cyawe no muri UTP Soldiers wahereyemo ?

Riderman : Indirimbo ya mbere ku giti cyanjye yitwa “Turi muri Party”. Muri UTP twakoze ebyiri iyitwa “Insazi” na “Va Hasi” twazikoreye umunsi umwe zose.

IGIHE : Umuziki Nyarwanda muri iki gihe ubona umeze ute ? Ese winjiriza umuhanzi Nyarwanda uwukora ?

Riderman : Umuziki navuga yuko uri kugenda utera imbere kandi buri wese yabibona. Ku bijyanye no kwinjiza navuga ko hari benshi batunzwe n’umuziki ; navuga ko umuziki uri kwinjiza ; ntabwo byari byagera ku rwego rwo hejuru cyane nk’uko hari ahandi byateye imbere cyane ariko ukurikije n’uko wari umeze navuga ko uri kwinjiza.

IGIHE : Ese ubona ari uwuhe muhanzi uzatwara Primus Guma Guma Super Star II hagati ya King James na Jay Polly.

Riderman : Iki ngiki ntabwo nahita ngisubiza ariko Guma Guma ku bwanjye navuga ko nifuza ko yatwarwa na King James kuko ni inshuti yanjye kandi ni umuhanga mubyo akora.

IGIHE : Umaze gushyira hanze Album zingahe ?

Riderman : Ni Album eshatu ndiho ndakora kuya kane. Iya mbere ni “Rutenderi”, iya kabiri ni “Impinduramatwara”, iya gatatu ni “Igicaniro”, iya kane ndi gutegura ni “Kwibambura”.

IGIHE : Mbwira uko wabashije kwishingira Studio “Ibisumizi”.

Riderman : Navuga yuko byose nabivanye mu muziki kandi zari inzozi zanjye kuba nagira studio. Yitwa Ibisumizi ikora indirimbo ikora amashusho ikanamamaza mu majwi n’amashusho. Iba mu Biryogo, munsi ya Grace Hotel ikoreramo T-Brown First Boy na Spotlight.

IGIHE : Ufite umukunzi ?

Riderman : Yego

IGIHE : Ni nde ?

Riderman : Asina.

IGIHE : Ni ryari wakundanye bwa mbere ?

Riderman : Bwa mbere mfite imyaka 15.

IGIHE : Umaze gukundana n’abakobwa bangahe ?

Ridermman : (Aseka) Icyo kibazo ntabwo ndi bukigusubize.

IGIHE : Uvuga iki ku gukora imibonano mpuzabitsina hagati y’abakunda batarashyingirwa ?

Riderman : Ntekereza yuko iyo abantu bakuze burya nta gitangaza kiba kirimo biramutse bibayeho icyo ntekereza ni uko hanze aha hari ibishuko byinshi biramutse bibayeho hakagombye kubaho kwirinda.

IGIHE : Byari byakubaho ko waryamana n’umukobwa mukundana wowe ?

Riderman : Ntabwo ndi bukigusubizeho icyo kibazo.

IGIHE : Ni izihe nzozi zawe ?

Riderman : Ni ukubona umuziki uteye imbere ku buryo Inganzo Nyarwanda itagarukira mu biyaga bigari n’umuhanzi akubahwa akagira iterambere abivanye mu buhanzi.

IGIHE : Uretse kuba umuhanzi wakora iki ?

Riderman : Naba business man, nakwikorera ku giti cyanjye.

IGIHE : Uvuga iki ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ?

Riderman : Ihohoterwa si ibintu bikwiye ko rimwe na rimwe umugabo ahohotera uwo bashakanye kuko ni bibi uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo umwana wawe nawe akura akora ibyo wakoraga, ntabwo ari ikintu cyiza.

Rideman : Hakorwa iki ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina rihoshwe, mu Rwanda !

Riderman : Hagira amahugurwa cyangwa ubumenyi butangwa abagabo bakigishwa kubaha abo bashakanye nabo, bakigishwa kubaha umuryango no gutanga urugero rwiza kubo babyaye.

IGIHE : Uvuga iki ku itegeko ryo gukuramo inda, umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame aherutse gusinyira ?

Riderman : Hari uburyo bubiri : Nk’Umwemeramamna ntabwo mbyemera. Ariko ku rundi ruhande iyo urebye ubuzima bubi nk’abana bamwe baba babyawe batateganijwe babamo, umubyeyi akamubyara akamuta u muhanda ; aho ngaho nemeranya na Leta ariko nk’Umwemeranyamana ntabwo nemeranya nayo kuko hari icyaha cyo kwica cyaba kibayeho.

IGIHE : Hari abaraperi Nyarwanda, nawe urimo, mukunze kuririmba ku buzima bubi buvuga kuri mayibobo, indaya, abasambanyi, inzererezi n’ibindi nk’ibi. Ese waba warabaye kimwe muri ibi ?

Njyewe sinigeze mbibabamo ariko aho nkomoka quartier (agace) nkomokamo mpura n’abo bana baba mu muhanda. Mbona ubwo buzima aho ntuye mpura n’abana batazi ba papa wabo (ba se), birirwa banywa za kore.

IGIHE : Ubwo batangazaga ko utagikomeje muri PGGSS II wavuze ko ukuri kw’umuhanzi ukunzwe abaturage bakuzi, washakaga gusobanura iki ?

Riderman : Nashakaga kuvuga ibyo Abanyarwanda babonye ntekereza uko twagiye twitwara tugaragaza ko tubishoboye, ukagenda ukitwara neza no gushimisha Abanyarwanda n iko kur,i kuko iyo ugiye ahantu ugenda ugaruka ku mwanya wa mbere n’uwa kabiri mu bitwaye neza mu gushisha abafana bifite icyo bivuze bitandukanye n’ibyo kwohereza ubutumwa bugufi hakoreshejwe telefoni (Message) kuko hari abitoresha. Niba ari ukugaragaza abafana, abafana bo ndabafite kandi no mu gushimisha abafana ndi mu ba mbere bashimisha.

IGIHE : Ushatse kuvuga ko umuhanzi uzatorwa muri PGGSS II agatangazwa ko ari we ukunzwe kurusha abandi mu Rwanda ashobora kuzaba atari we, nyakuri ?

Riderman : Habwirwa benshi hakumva bene yo.

IGIHE : Ese ibibazo by’umutekano muke n’imirwano biri kubera muri Congo urabizi ?

Riderman : Ndabizi, ndabikurikirana

IGIHE : Ubona igisubizo cyaba icyihe ?

Riderman : Kuvuga ngo igisubizo ni iki ngiki biragoye gusa muri Congo hari igituma umutekano uba muke hari EX-FAR bahungiyeyo bakora ibikorwa bituma umutekano uba muke. Ku bwanjye numva bavugana n’inyeshyamba hakarebwa icyakorwa niba ari abasubizwa mu gisirikare cyangwa mu buzima busanzwe bakabusubizwamo.

Numva abayobozi b’ibihugu bakwicara bakaganira bakagirana imishyikirano izo nyeshyambo zikavanwa mu mashyamba, binyuze mu nzira y’imishyikirano kurusha uko byanyura mu nzira y’amasasu.

Riderman amazina ye asanzwe ni Gatsinzi Emery

IGIHE : Abaraperi mukunda kwambara imyenda minini cyane n’ibintu bitandukanye cyane n’iby’abandi. Ese haba hari igisobanuro cyihariye nko kuri wowe ku myambarire yawe ?

Rideman : Bwa mbere bwo navuga ko style ya hip hop ntabwo igarukira mu kuririmba gusa hari n’imyambarire ya Hip-Hop bijyana n’ibyo umuntu akunda ugeraho ugahitamo ngo njye nzajya nambara gutya nzajya nambara gutya. Hari n’imyenda n’imyambarire ya Hip-Hop ugasanga ngo umuntu agaragare nk’umuraperi nyawe.

IGIHE : Soza utubwira gahunda z’ubuhanzi uteganya mu gihe kiri imbere.

Riderman : Uno mwaka nzashyira hanze Album yitwa ‘Kwibambura’ izaba igizwe n’indirimbo 12.

IGIHE : Hari icyo tutakubajije cy’ingenzi twari kuba twakubajije, wagitangaza.

Riderman : Ndasaba Abanyarwanda bose gukomeza gushyira hamwe ngo duteze imbere umuziki Nyarwanda abahurira mu muziki bose bakumva y’uko bafite inshingano zo guteza imbere inganzo Nyarwanda mu rwego rwo kugira ngo inganzo Nyarwanda ntitakare kandi itunge buri muntu wese uyikora.

IGIHE : Urakoze cyane.

Riderman : Urakoze nawe !

IBITEKEREZO
rider ni denger
Musubize21.02.2013 saa 08:26
fabrice
conguratration
Musubize13.09.2012 saa 07:54
aboubakary
KOMEREZAHOUMUSAZATUKURINYUMA
Musubize30.07.2012 saa 10:58
KWIZERADAVID
@sekidende, nangye ibibazo byuyu mu journaliste byanyobeye buriya biriya nibibazo byokubaza umuntu iriya ni vie privee ye niyayikubwira, nangye ari ngye nakyo nabivugaho. Gukora interview ukabaza ibibazo bibiri nubibonere igisubizo bivuga ko uba ubonye echec mukazi kawe selon la deontologie journalistique. Mugye mumenya ibibazo mubaza nabo mubibaza...
Musubize25.07.2012 saa 07:07
Keza
ikomereze musaza umunsi umwe uzaba famous. i really believe in you
Musubize25.07.2012 saa 05:16
######
ikomereze musaza umunsi umwe uzaba famous. i really believe in you
Musubize25.07.2012 saa 05:13
######
shaka uko wazamura umuziki wawe naho ibya politique rwose ntiwabimenya bakubajije ibitajyanye n'ubushobozi bwawe, ninkaho batamika uruhinja igufwa. ubyo uvuga nta logic na mba.
Musubize25.07.2012 saa 00:19
KINGHOS
Tnx alot kkk let him crap out polz coz that does not end well at ol. i really wld love if 1 day u wake up to the top charts in music rather than ending up in conflicts.there's no match in muzik
Musubize24.07.2012 saa 22:11
salsa
ariko se nkawe katwa na zoro n'anandi ubwo muracommenta ibyo mwunvishe ? umunyamakuru yamubajije uko abibona ntago ari ngombwa ngo abe ari umupoliticien !! murunva ni son avi nkuko undi muntu wese yatanga igitekerezo ke !ariko ubwo mwageze kuntebe y'ishuli kweli ?
Musubize24.07.2012 saa 15:26
gashagaza
Ariko noneho sinaherukaga kunva abanyarwanda !!!!!!!ibibazo byose bamubajije nibitekerezo bye yatanze wat is wrong wit u haters ?kuki mwigira ba bamenya ninde ukunda intambara !!?keretse utarayibayemo !!ntagitekerezo mutanga usibye ku judging ibitekerezo byabandi ngo riderman numwana !!!!!!!!!!!!!iyabaga waruzi ko aricyo gihe who gufata ibyemezo !!!!muhinduke.for real
Musubize24.07.2012 saa 13:48
ras
Ariko noneho sinaherukaga kunva abanyarwanda !!!!!!!ibibazo byose bamubajije nibitekerezo bye yatanze wat is wrong wit u haters ?kuki mwigira ba bamenya ninde ukunda intambara !!?keretse utarayibayemo !!ntagitekerezo mutanga usibye ku judging ibitekerezo byabandi ngo riderman numwana !!!!!!!!!!!!!iyabaga waruzi ko aricyo gihe who gufata ibyemezo !!!!muhinduke.for real
Musubize24.07.2012 saa 13:47
ras
Ngo akundanye n'abakobwa bangahe ? Ngo yari yaryamana n'umukobwa bakundana ? Wowe uwabikubaza wabishyira mu ruhame ? Mureke kurengera.
Musubize24.07.2012 saa 12:32
N.Kilo
Sha iririmbire rwose ibya politique bifite banyirabyo Naho ubundi rwose uri koga
Musubize24.07.2012 saa 12:27
Nagaswere
Harya iyo umuntu ashyizeho comment abanenga murayinyonga ? Ok
Musubize24.07.2012 saa 09:45
Sibo
uhite uhagarika kugendana namanigga yawe nijoro kuko abayishyigikiye bazakubwira ibinyuranyije na .........
Musubize24.07.2012 saa 09:43
b2k
amanigga abatwaye iki ?cg muri murigahunda yo kumuhophotera ko nawe atar'umugore se ? uzibeshya Rusake izikunkumura ihinduke IMPACA imukubite urwara, azivuza menshi. Ariko kukibazo k'intambara umuti watanze ntushoboka kuko kiriya kibazo abantu bita ikibazo BAKAGOMBYE KUVUGA IBIBAZO 1- u Rwanda sirwo rwakase imipaka ngo hagire abar'abanyarwanda n'amasambu yabo bisange bahinduwe abacongomani, 2- ihohotera rishingiye ku rulimi n'umuco rikorerwa abahinduwe abakongomani bari basanzwe ar'abanyarwanda,bakamburwa uburenganzira nk'ubwabandi bakongomani. 3- kubashumuriza ex FAR bakwirwanaho,ngo nibo bakuruye intambara kubarira inka ukanabambura ibyabo wiyise MAI MAI n'agasuzuguro ndengakamere,katajya gakorerwa abandi bacongomani. 4- kubaheza mu miyoborere y'igihugu cyabo, kugera ku mirenge batuyemo bidaturutse kukutabishobora ahubwo mu buryo bwo kubatoteza UMUTI W'IBYO BIBAZO RERO : N'ukubaha uburenganzira bakitorera ababayobora,Province zikigenga, zigakemura ibibazo byazo,zikurikije uko ikibazo zifite giteye,kuko ziba zizi ikibazo kurusha i Kinshasa,igisirikare n'igipolisi gikorwe kinayoborwe nabakavukire,bazi agace n'ibibazo byaho. hacike ingeso yo gufata umusirikare uvuga ikinyarwanda ukamujyana kure y'iwabo wamugezayo ukamwica, kuko hishwe benshi murubwo buryo. UMUTI WUNDI niba badashaka abo bakongomani bavuga ikinyarwanda,nibabirukanane n'ubutaka bwabo bace uwundi mupaka bundi bushya ; cg se province ya KIVU YIGENGE IBE IGIHUGU CY'IGENGA.
24.07.2012 saa 19:27
Rukundo
ubwo se uwo mukunzi ura mushima kuburyo yaba uwa burundu ?
Musubize24.07.2012 saa 09:20
jahmason
Rid-MAN Iririmbire ibindi bitindazi ubireke ni umucafu tu ni nasema iyi vita yote iriko imariza abavandimwe bacu bo mukarere. Abagushinja kunywa cole ubime amatwi ubahangayishe ukoresheje injyana yawe badashobora ubarusha bagahitamo gusebya muzica en general. Komera cyane rafiki yangu
Musubize24.07.2012 saa 09:19
Gahu
rida , uri petit joueur muri politiq mwana . wowe icyo wakora , simbuka jya mubirere , ubyine widagadure gusa
Musubize24.07.2012 saa 08:35
man
kuberiki aryamye muri politique mais nanjye sibyumva neza ibyo yavuze ?
24.07.2012 saa 09:25
jahmason
IGihe.com namwe koko ?mwabuze uwo mubaza ibya DRC ngo rusake cgse Ndendo,yebabawe nimumureke yisindire afate ku kamogi abeshye ngo ni umuhanzi ubundi ibya Congo birenze nabatariwe.Iyo interview was bad oriented mwe kujya muvanga ama dossiers.
Musubize24.07.2012 saa 08:33
emy
riderman ndakwemera kndi nkunze uko wasubije.naho abavuga bo ntacyo kuko wasubije ibyo bakubajije.
Musubize24.07.2012 saa 08:21
why
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!