Nyuma yo kuva i Chicago muri Amerika, Umuhanzi Intore Jean de Dieu Tuyisenge yagarukanye ubutumire bwo kuzasubirayo kuririmbira abazaba bari mu gikorwa cy’Itorero kizabera muri Canada.
Ubu butumire, Jean de Dieu Tuyisenge avuga ko yabuhawe n’abahagarariye iyi diaspora ya Canada bifuje ko yazifatanya nawe muri ibi bikorwa by’itorero biteganijwe mu minsi ya vuba, nyuma yo kwishimira ibihangano bye, ahanini byibanda ku gukunda igihugu n’itorero ry’igihugu.
Aganira na IGIHE.com kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Kamena 2011, Tuyisenge avuga ko yishimiye ubu butumire kandi ko ari amahirwe yagize yo kuzarushaho kuririmbira Abanyarwanda baba muri ibi bihugu bya Amerika, aho ateganya kuzabaririmbira indirimbo ze zivuga ku itorero ry’igihugu.
Avuga ko mu bitaramo bakoreye muri Chicago, ku matariki ya 10-11 Kamena 2011 yasanze indirimbo ze zizwi, cyane cyane izivuga ku itorero ry’igihugu n’izitaka imiyoborere myiza y’igihugu cy’u Rwanda.
Ati : « Iyo nasanze bazi kurusha izindi ni indirimbo Intore Izirusha Intambwe ». Akongeraho ati : « Kuba ibihangano byanjye barabyishimiye bakampa ubwo butumire byatumye numva ko ibihangano byacu bigenda kurusha uko umuntu yabitekereza ».
Anavuga ko yasanze n’ama CD y’indirimbo ze bari bayafite. Akaba avuga ko namara kwemeza neza iby’ubu butumire akanavayo, azahita asubira muri studio kurangiza indirimbo ye nshya arimo ategurira Abanyarwanda yise Uburezi Bufite Ireme. Iyi ndirimbo akaba azayikorera muri Studio The Focus nk’uko abivuga.
Uretse iyi ndirimbo kandi, uyu muhanzi, benshi bakundira inganzo ye izimizanya ubuhanga, avuga ko arimo aranategura gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye ‘Unkumbuje u Rwanda’ yakunzwe na benshi. Uyu muhanzi kandi anafite n’ibindi bihangano yagiye ahimba yitegura gushyira hanze mu minsi ya vuba.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Intore Tuyisenge yasohoye indirimbo iha ikaze Abanyarwanda bari ishyanga
17.09.2012 |
|
Intore Tuyisenge asanga hakiri icyuho mu gutanga ubutumwa kw’abahanzi nyarwanda
21.01.2012 |
|
N’ubwo akirangiza amashuri, umuhanzi Tuyisenge arimo aratoza bagenzi be kuba intore
10.12.2011 |
|
Umuhanzi Jean de Dieu Tuyisenge ati : « Duharanire guteza imbere umuco w’iwacu »
23.04.2011 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |