Umuhanzi Doddy aje mu njyana ya Afro fusion itamenyerewe mu Rwanda


Yanditswe kuya 9-08-2012 - Saa 04:45' na Kwizera Emmanuel

Uwihirwe Jean de Dieu uzwi ku izina rya Doddy, yatangarije IGIHE ko mu gihe gito kiri imbere agiye gutangira kuririmba mu njyana yihariyeho mu Rwanda ya Afro fusion, imenyerewe cyane mu bihugu nka Gabon, Senegal, Mali no mu bindi bimwe na bimwe byo muri Afurika.

Doddy w’imyaka 23 uvuga ko agiye kuzana injyana yihariyeho mu Rwanda ariko imenyerewe ku mugabane wa Afurika, muri izi ndirimbo azibanda ku gutanga ubutumwa bw’umuco, amahoro, ubuzima n’urukundo, dore ko ibi byose yabikomoye mu bwana bwe kuko ngo akiri muto yakundaga kumva cyane injyana nk’izi, nyuma atangira kugira indoto zo kuzaba nawe umwe mu bahagararira iyi njyana ya Afro fusion mu Rwanda.

Nubwo akirimo kwitegura kugira ngo atangire iyi njyana ifite umwihariko, Doddy kugeza ubu amaze gukora indirimbo enye zirimo iyitwa Kanyange, Mfatacyane, n’indi nshya yitwa Kure y’amaso. Gusa izi zose yaziririmbye mu njyana yari asanzwemo ya RnB na AfroBeat.

Doddy, ngo azajya yifashisha ibikoresho gakondo birimo inanga, imiduri, amakondera, amakembe, imyirongi n’ibindi, ndetse anavangemo n’ibikoresho bya kizungu nk’ingoma, gitari n’ibindi.

IBITEKEREZO
uyu mwana kweri akora utuntu turi quality kbsa kuko iyi njyana ikora abahanga
Musubize9.08.2012 saa 16:39
alain
4 real this guy he know whatcha he do,we lv uuuu we appreciate u very very up'in.congsss
Musubize9.08.2012 saa 14:11
biggboss yzzo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!