Umuhanzi, umukinnyi w’amafilime, umubyinnyi akaba n’umwe mu bamurika imideri Macha Abdallah yaje mu Rwanda mu gihe kingana n’ukwezi. Yaje aje gutoza ibijyanye no kubyina (Chorégraphie) ku Kacyiru kuri Ishyo Arts Center.
Macha w’imyaka 20 atuye Edmonton Alberta muri Canada. Yagiye atorwa mu marushanwa menshi y’ubuhanzi na muziki yiganjemo ayo kubyina. Muri ayo marushanwa harimo iryitwa Northlands Award Emerging Artist ayitwa 2011 Mayor’s Celebration for the Arts, aya 2010 Award Recipient of Cultural Diversity in the Arts yateguwe na Edmonton Arts Council.
Macha yize mu ishuri rya Edmonton’s Victoria School, ishuri ryigisha ibijyanye no kubyina n’ubugeni ryigishije bamwe mu bahanga muri buhanzi nka Michael J. Fox, Leslie Nielsen n’abandi.
Ku myaka 10, yize amasomo ya muzika ya Hip Hop, Ballet, Lyrical, Jazz, aho yagiye atsindira amarushanwa yo kubyina atandukanye. Aririmba R&B, Reggae, Jazz n’izindi njyana.
Macha ni umwe mu bahanzi mpuzamahanga waririmbye nk’ufasha abahanzi (backing) ahantu henshi hatandukanye harimo no mu bitaramo by’umuhanzi Kidum, umwe mu bakunzwe mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba.
Ni umuhanga mu gucuranga gitari, akaririmba mu ijwi rya Alto, agafatira urugero mu buhanzi kuri Michael Jackson, Alicia Keys, Bob Marley, Adele, Boyonce, Lauryn Hill n’abandi.
Soma ubuzima bwe burambuye na bimwe mu bitaramo yagiye agaragaramo Hano.
Reba uko Macha Abdallah abyina- Aha ni mu ndirimbo T-shirt ya Destiny’s Child (choreography by Melanie Hidalgo)
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
G - Squad
21.04.2013 |
|
Umurage-Black Punisher ft Jules Sentore
9.03.2013 |
|
Umuhanzi Rick Password yacanye umubano na Producer Jimmy ahita anahindura injyana
21.02.2013 |
|
N’ubwo bivugwa ko bakundana, Kitoko na Miss Aurore, Mani Martin na Priscilla n’abandi barabihakana
14.02.2013 |
|
Nyuma yo gutandukana n’abakunzi babo, Knowless, Miss Jojo n’abandi bakundana na bande ?
14.02.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |