Umuhanzi Safi wo muri Urban Boyz mu gihome


Yanditswe kuya 13-11-2011 - Saa 12:57'

Umuhanzi Safi Niyibikora wo mu itsinda rya Urban Boyz arabarizwa kuri Station ya Polisi ku Muhima azira kuba yari atwaye imodoka yanyweye ibisindisha birengeje urugero rwagenwe. Akaba yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2011.

Ubwo umunyamakuru wa IGIHE.com yageraga kuri Station ya Polisi ya Muhima, yasanze uyu muhanzi aboshywe mu mapingu ari kumwe na bagenzi be Manzi (uzwi ku izina rya Humble), Nizzo ndetse na Alex Muyoboke, umujyanama wa Dream Boyz nawe wari uri kumwe n’uyu muhanzi ubwo bafatwaga na Polisi. Abo basore bakaba bari baje kureba mugenzi wabo no kumuba hafi.

Muyoboke akaba yavuze ko Safi azafungurwa vuba kuko gufatwa kwe kwatewe n’uko hari habaye impanuka nyinshi mu muhanda bigatuma abapolisi bakora umukwabo ukaze.

Tubamenyeshe ko uyu muhanzi yafashwe nyuma y’uko bari bavuye mu kiganiro bagiriraga kuri City Radio mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, bakaba bari batashye.

Safi afunzwe mu gihe harimo havugwa inkuru y’ifungurwa ry’umuhanzi Marshall Mampa uririmba mu njyana ya Hip-Hop wari umaze imyaka 2 afunzwe azira gukubita umupolisi.

Kanda hano wumve indirimbo nshya ya Urban Boyz yitwa ’Sipiriyani’

MP3 - 5.2 Mo
Sipiriyani By Urban Boyz


KANDA HANO USHOBORE KUMVA
  Sipiriyani By Urban Boyz
IBITEKEREZO
Bibaho handsome nta mugabo uta .... Nwe sori
Musubize29.01.2012 saa 09:09
Alice
saffi ihangane kagisa arko ntugatware wasinze
Musubize26.01.2012 saa 07:26
Eric
I am sorry to read that.!!!!!!!!!!
Musubize29.11.2011 saa 02:51
Kazehe
njye ndashimira uwo uduhaye amakuru ya safi gusa asasitari banjye bamenyako bagereranwa ni myendayera kuko uwendawera iyo ugiyeho akantugato kagaragara cyaneeeeeeeeee so safi niyibuke aho yavuye kunywa ibiyobyabwenge nibintu burimuntuwese atamushimira gusa njye harukuntu namufataga gusa IGIHE.COM ndabashimiye kuko ndamumenye nigeze kumuburanirango ntanywa ibiyobyabwenge so safi isubireho ntacyiza cyo kunywa ibyo bintu sibyo byakwandiriza nijwi ryawe mumbabarire nvuze meshi arko byaringombwa.
Musubize28.11.2011 saa 05:49
nshuti geofrey
yebana ihanga kbs sha kuba bataragukubise ngo bagukuremo ubwirasi njye byarambaba tu ebana bagukosere umenye nokwitwara mumihanda yareta ntabwo ari yaso mwana ntabwo ari umfatiye runini cyangwa umwanzuro ebana bakubabarire tu buriya wari warobye knowls
Musubize15.11.2011 saa 14:03
kubaho
SAFI nabanze abyumve nibwowenda atazongera.me
Musubize15.11.2011 saa 01:51
melysa
Safi i am sorry but u ve kwikosora about boire beaucoup de inzoga
Musubize14.11.2011 saa 11:57
abana
don't drink and drive
Musubize14.11.2011 saa 11:51
######
njye nejejwe niyo message ya nshuti kabisa babimubaze.
Musubize14.11.2011 saa 08:07
moddy
uwo muntu Yoyo nahe amahoro Safi ubwose byari ngombwa ko uriondogora ibyobyose Safi niba anywa inzoga yamaze gusa ajye yirinda gutwara yanyoye naho kuba iwabo ari aba dive ntawudakosa kandi ntago ari umwana kuburyo atazi Imana rero Safi gusa itonde unywe nke kandi nibagire bagufungure bana ukomeze uturirimbire be strong
Musubize14.11.2011 saa 04:23
claude
Ajye yubahiriza amategeko, ariko yihangane !!
Musubize14.11.2011 saa 02:11
Niyitanga optatus
pole safi,but dont drive when drunk
Musubize13.11.2011 saa 22:51
VINCENT
kunywa inzoga sinibaza ko ari ikosa cg icyaha, ahubwo inzoga ni imfura ikanyobwa n'imfura.
Musubize13.11.2011 saa 21:54
kanyota
Njye ndashimira igihe ubu buryo bwiza badushyiriyeho bwo kubasha kumva indirimbo kko byanjyaga bitugore twe dukoresha phone
Musubize13.11.2011 saa 21:21
Muhire
reba safi bamukuramo umukandara namasongisi hahaha yewe yewe yinjira muri mambuso nyeke ko atazonjyera erega bose banjye babashyiramo bumve
Musubize13.11.2011 saa 16:14
pilli
Batubere ba Super star mu byiza byubaka Ntabwo dushaka ba Superstar mu businzi. Nyine ugakura mu icupa kakagukura mu agabo
Musubize13.11.2011 saa 12:50
Don
safi niyihangane ariko nyine nawe yikubite agashyi.
Musubize13.11.2011 saa 12:17
sandrine
ndabasaba kuvuga ikintu kimwe gusa munyumve neza, jyewe nzi neza SAFI, uburyo twigana yari umwana w'umunyeshuri w'umukirisitu wemera kandi watojwe ko kunywa ibinyobwa bisembuye ari ikosa, none ikimbabaje SAFI yarabyibagiwe, yibuke twiga kuri koreji y'abadivantisiti i Gitwe turirimbana muri korali uburyo twatozwaga kwirinda ibinyobwa bisindisha !! none SAFI ageze naho afatirwa mu nzira na Polisi kubera kwirengagiza inyigisho ya gikirisito yahawe kuva kera, byongeye SAFI umuryango we ntabwo ari uwa gipagani, ese reka nibarize SAFI iyo ujya kunywa ibiyobyabwenge uba uhesheje isura nziza Nyokorome Pr. MUJYARUGAMBA Andrée ? we mwakunze kubana nyuma ukigira ikirara ukava mu rugo rwe, reka ndeke Pr. ese SAFI Mama wawe uri i Gitwe twajyaga tujya gusura uracyamusura ? iyi nkuru arayumva ate ko wafunzwe uzira kunya inzoga nyinshi byongeye !!!? gusa menya ko ibyo byose wigira amaherezo numara kumererwa nabi uzataha ugasubira i Gitwe kwa Mama wawe ugukunda cyane. Bakunzi b'igihe.com, mumbabarire narondogoye ariko aba bastar bacu iherezo ryabo rizaba ribi cyane, aho umwana yishyingira akabana n'umukobwa mu nzu imwe kandi ababyeyi batabizi. murakoze. mugire inama nziza SAFI yo guhindura imyitwarire ye.
Musubize13.11.2011 saa 11:47
Yoyo
Safi niyihangne ahubwo bagenzibe bababonereho kuko bajye bamenyako bagomba kutubera urugero.
Musubize13.11.2011 saa 11:13
Asimwe moses
NDASHIMIRA IGIHE.COM KUKO NI UBWAMBERE MBASHIJE KUMVAHO INDIRIMBO NATWE MUJYE MUTWIBUKA ABABAKURIKIRIRA KU MA PHONE KUKO TURABEMERA CYANE. KARIYA KANTU MWASHYIZE MUNSI NGO TUGAKAKANDEHO MUJYE MUHORA MUGASHYIRAHO. TURABEMERA CYANE.
Musubize13.11.2011 saa 10:49
MPORE JACQUES
1 | 2 | 3

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!