Amatora ya Salax agiye gutangira ibya Jay Polly na Uncle Austin bitarasobanuka


Yanditswe kuya 23-01-2013 - Saa 13:03' na Vénuste Kamanzi

Kuri uyu wa 23 Mutarama 2013, amatora yo guha amahirwe abahatanira ibihembo bya Salax Awards 2012 aratangira n’ubwo Ikirezi Group bategura aya marushanwa batarafata umwanzuro kuri Jay Polly na Uncle Austin batarasubiza niba baravuyemo burundu cyangwa bazagumamo.

Karangwa Mike, umwe mu bagize Ikirezi Group, avuga ko mu bahanzi batandatu byari byavuzwe ko bikuye mu bahatanira Salax Awards, Tom Close na Alpha Rwirangira ngo ni bo bonyine babasabye ko bakurwa ku rutonde rw’abahatana.

Jay Polly (ibumoso) na Uncle Austin (iburyo) ntibaragaragaza aho bahagaze ku kuva cyangwa kuguma muri Salax Awards 2012

Ntirenganya Emma Claudine ukuriye Ikirezi Group, yatubwiye ko Knowless na Dream Boyz bo bavuze ko bakirimo gusa ikibazo kikiri kuri Jay Polly utaranditse asaba gukurwamo ; ndetse banakamwoherereza ubutumwa bugufi kuri telefoni bamusaba gutanga umwanzuro akaba atarasubiza.

Ku muhanzi Uncle Austin we, umuyobozi wa Ikirezi ati “Uncle Austin we yakomeje kutubwira ngo tube tumwihanganiye twamubaza ngo tumwihanganireho gato.”

Akomeza avuga ko kuri aba bahanzi bombi batarafata umwanzuro baza kwicare bagafata umwanzuro niba babarekera ku rutonde cyangwa babakuraho, n’ubwo hakiri impungenge ko bashobora gukuramo umuntu ejo akaza akavuga ati sinigeze mbasaba ko mu nkuramo.

Emma-Claudine Ntirenganya ukuriye Ikirezi Group

Avuga ku kuba hari abatangiye kwamamaza abahanzi bakunda banabwira abantu ngo bohereze ubutumwa kuri 7333, Ntirenganya yavuze ko ayo majwi azaba imfabusa kuko babara amajwi bahereye igihe batangarije ku mugaragaro ko amatora atangiye.

Yongeraho ko abatangaje ko amatora yatangiye kuri ‘Facebook’ ari ibihuha, kuko Ikirezi bataramara no kumvikana n’ikompanyi yakira ubwo butumwa.

IBITEKEREZO
@ russel rata nibakureke uvuze ko nyirurugo yapfuye siwe uba amwise. ni mubi byo si ibanga. uwamwunva avuga ntiyamureba ..........
Musubize27.01.2013 saa 09:51
pacis
kuki mubasaba gusubiza babandikiye kandi mwe mutarabandikiye mubamenyesha ko batowe,ikindi,sinarinziko uyu mudamu ari mubi kuri uru rugero ,hmmm hmmm imana irihangana
Musubize24.01.2013 saa 00:14
russell
urambabaje cyane wowe ukivuga ngo umuntu ni mubi ubwo wowe usa gute byibuze iya byashobokaga ngu ushyire ifoto yawe hano natwe dukore coomparision urababaje cye biragaragara ko ufite ikibazo ushatse wakwisubiraho !
24.01.2013 saa 10:16
kenb
Ikigaragara cyo nuko Ikirezi group muri guhuzagurika cyaneee !! Ese muringingira bahanzi kujyamo. Nibo bakagombye kwandika basaba apana mwebwe kubinginga. cy
Musubize23.01.2013 saa 12:08
De Rock
ariko iyi mihiririmbiri y'aba segihobe iri mu biki ?
Musubize23.01.2013 saa 07:11
john
Ariko ubundi usaba ute umuntu kwisobanura mu gihe atagusabye kumushyiramo ? Claudine, iyi ntangiriro ni mbi vraiment.
Musubize23.01.2013 saa 06:45
Dj B

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!