Bimaze igihe kinini bivugwa ko abahanzi bafatanya umuziki n’ubunyamakuru bagaragarwaho no kwizamura mu muziki bikaba byatuma hari abandi basubizwa inyuma nyamara babishoboye, ariko abanyamakuru barabihakana.
Bamwe mu bahanzi bakora umwuga w’itangazamakuru baganiriye na IGIHE badusobanuriye impamvu bumva abantu babivuga n’aho bishobora kuba bituruka.
Uncle Austin, umwe mu bahanzi b’abanyarwanda akaba n’umunyamakuru kuri Radiyo KFM, yatangaje ibi bivugwa n’abahanzi baba barananiwe gukora umuziki wabo cyangwa se bamwe baba bafite indirimbo mbi.
Austin yagize ati “ni urwitwazo rw’abananiwe gukora, kandi ikindi nta munyamakuru wakora ibiganiro by’umuziki adafite aho ahurira na wo, n’utari umuhanzi aba afite abo afana.”
Austin kandi yongeyeho ko abanyamakuru bakora imyidagaduro n’abahanzi (showbiz) badafite aho bahurira n’abahanzi, usanga ari bo bakina indirimbo zimwe na zimwe, bakaba ari zo bahozamo bitewe n’abo bakunda. Austin akavuga ko abanyamakuru b’abahanzi bo bagerageza gusaranganya abahanzi bose kuko baba bazi imvune zirimo.
Ally Sudi na we nk’umunyamakuru ukora ibiganiro byerekeranye n’imyidagaduro n’ubuhanzi, yunze murya Uncle Austin yemeza ko ababivuga ari abahanzi baba bataramenyakana, cyangwa se abahanzi bigeze kuririmba nyuma bakaza gusubira inyuma.
Yagize ati" kuba umuntu ari umunyamakuru ntibivuze ko ataba umuhanzi, nta n’itegeko ribihana, ubuse bangahe b’abanyamakuru baririmba kandi indirimbo zabo ntizimenyekane ?"
Gusa Ally Sudi n’ubwo na we akora umuziki yemeza ko we atari umunyamuziki w’umwuga kuko awukora mu rwego rwo kuruhuka no kwishimisha.”
Si aba gusa kuko hari n’abandi benshi bakora umwuga w’itangazamakuru kandi ari n’abahanzi nka Mike Karangwa, Kamichi, MC Tino, Skizzy, Kim Kizito, Victor Fidèle, Ziggy 55, Gloria n’abandi benshi.
Ku ifoto hejuru : Uncle Austin
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS III : Senderi yaciye agahigo i Nyamagabe
19.05.2013 |
|
PGGSS III : Reba mu mafoto uko Nyamagabe Roadshow yagenze
18.05.2013 |
|
Eric Mucyo yashyize hanze indirimbo yakoranye na Jay Polly mu mudiho w’Ikinyemera
18.05.2013 |
|
Icyo Knowless yiteguye gukumbuza Abanyarwanda baba hanze
18.05.2013 |
|
USA : Mr D yatangiye gufata amashusho y’indirimbo ze
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |