Iyo nabonaga isura ya Sebanani naraturikaga ngaseka- Aron Nitunga


Yanditswe kuya 5-07-2012 - Saa 09:47' na Ally Muhawe

Ibi ni bimwe mu byo Umuhanga mu gutunganya umuziki Producer Aron yatangarije IGIHE kuwa Mbere Tariki 2 Nyakanga 2012, ubwo twamusangaga I Remera kuri studio ye “East African Sound”.

Nitunga ukomoka mu Burundi ariko uzwi n’Abanyarwanda batari bake kuko yubakiye izina mu Rwanda, akanahakorera igihe kitari gito. Yagize icyo avuga ku mibanire ye n’umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda ari we Nyakwigendera Sebanani Andre, aho yavuze ko uko yamubonaga yaturikaga agaseka.

Dore bimwe mu byo yaganiriye na IGIHE

IGIHE : Ujya ukurikirana muzika y’urubyiruko rw’iki gihe ?

Aron : Yego cyane

IGIHE : Ni nk’abahe bahanzi Nyarwanda b’ubu waba uzi ?
Aron : Hafi ya bose, njye ndakurikirana.

IGIHE : Nk’abahe ?

Aron : Sha bose kabisa, nzi King James, Mani Martin, Kitoko, Knowless, Young Grace, n’abandi

IGIHE : Ni gute ubona ubutumwa butangwa mu ndirimbo za bo ?

Aron : Mbona busa n’ubutumwa bwite, hari iyo wumva ukumva umuhanzi yivugira ibye atitaye ku bumva indirimbo.

IGIHE : Si nk’I bya cyera se ? Nka Sebanani, niba atari ukutabasha kumva hari izo umuntu yumva akumva yaravugaga ubwe bwite ?

Aron : Hoya rwose ubutumwa butangwa ubu si nk’u bwa cyera. Sebanani se we ko yari umuntu usetsa, akenshi yabaga agamije gusetsa. Ariko ab’ubu ntibaba bagamije gusetsa.

IGIHE : Waba warabonanye na Sebanani ?

Aron : Yego rwose, Sebanani naramucurangiraga (kumufasha gukora indirimbo).

Nk’indirimbo “Mama munyana” ni njye wamucurangiye hafi y’ibicurangisho byose biyirimo, ndetse buriya harimo n’ijwi ryanjye mufasha kwikiriza.

IGIHE : Ni iki waba umwibukaho ?

Aron : Sha si byinshi, ariko buriya nk’uko yajyaga akunda kubikina mu ikinamico, Sebanani yari umuntu usetsa cyane. Ku buryo hari n’igihe nabonaga isura ye nkaturika ngaseka.

Nitunga aganira na IGIHE yari amaze hafi ukwezi kumwe avuye aho akorera I Toronto muri Canada, yateganyaga gusubirayo kuwa Gatatu Tariki 4 Nyakanga. Ikiganiro kirambuye IGIHE yagiranye nawe tuzakibagezaho muri iyi minsi, yavuze byinshi benshi mushobora kuba mutari musanzwe muzi.

IBITEKEREZO
Ni umuhanga ureke ba Lick Lick birirwa bashishura.Gates na Mastola nabo ni abahanga ariko sindumva narimwe bahabwa ibihembo.
Musubize7.07.2012 saa 03:25
jonas
Aaron Imana igume iguhezagire sana kubwa agakiza wakiriye ,kandi uzagume ukorera Imana yawe,unafashe abakugana bose kuzakira agakiza.Hama Ally Muhawe merci bcp kuba wadushakiye Aaron ,naho kubijanye n'amazina Niyitunga na Nitunga ,nta kibazo nakimwe kirimo, il suffit ko tumenya ko ari Aaron washaka kuvuga .
Musubize5.07.2012 saa 18:06
chris
bakame@gmail.com, Nitunga na Niyitunga bisobanura ikintu kimwe. Gusa mu mazina y'amarundi ntabwo bashyiramo YI. Exemple : Nimbona = Niyimbona cyangwa se Nibizi = Niyibizi, Nibaruta = Niyibaruta and so on ...
Musubize5.07.2012 saa 06:40
karundi
Aron niwe Producer ukora inirimbo ukumva ifite poids kandi ukumva harimo ibyuma ushobora gutandukanya. Ni umuhanga vraiment nkuyemo ingofero bro. IMigisha myinshi ku Mana
Musubize5.07.2012 saa 04:14
Rukundo
Kuki nta gafoto ke mwashizeho ? Aaron TUNGA n'umuntu w'umuhanga ariko bikaba akarusho mugucuranga gitari SOLO arahebuje yakoze indirimbo nyinshi kandi zikunzwe kugeza nubu harimo izo nkunda cyane zirimo : iza Jean Christophe MATATA : Umporiki(Premiere bureau),Murantunga,Umugabo n'umwana wundi,Rasta man...Iza MBONEYE Eurade : Mumutashye,Narakubuze,Wananchi wani...iza Orch. IRANGIRA hamwe na bassiste wibihe byose DEO SANTOS.,Chorale AZAFU-GITWAZA... Aaron ndakwemera cyane album wakozeho iba ari LIVE music. NAHO ABAHANZI BUBU NI PALAPALAPALAPALAAAAALAAAAAA !!!!!!!!
Musubize5.07.2012 saa 03:18
JOHN
Uyu munyamakuru Ally Muhawe uwo avuga ni Aaron NIYITUNGA ? Ko mbona amwita NITUNGA ? Birababaje !
Musubize5.07.2012 saa 02:56
bakame@gmail.com

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!