Liza Kamikazi anenga abahanzikazi batinya kubyara


Yanditswe kuya 29-10-2012 - Saa 07:46' na Vénuste KAMANZI

Liza Kamikazi atangaza ko uwo ari we wese ngo ni umuhanzi utinya kubyara atari umuntu kuko kubyara ari kimwe mu bigize ubuzima bw’abantu bityo utabikora ateye ukwe.

Liza ni umuhanzi wamenyekanye cyane mu myaka ya 2008, ubwo yakoranaga indirimbo na The Ben indirimbo yitwa ‘Rahira’, ariko no muri iki gihe aherutse gusohora indirimbo yise “Mwana wa” n’amashusho yayo yakoze atwite.

Liza Kamikazi yagiranye ikiganiro kirambuye na IGIHE, agaragaza uburyo yishimiye kubyara, anenga abahanzi, abamurika imideri n’abandi bantu bazwi cyane bakunze kwanga gutwita, banga kumara amezi icyenda ngo batibagirana.

Igihe : Kuki utari ucyumvikana cyane wahagaritse umuziki ?

Liza : Oya sinawuhagaritse, nta n’ubwo nteganya kuwuhagarika kuko sinumva ndamutse ntari umuhanzi w’umuririmbyi cyangwa ukina amakinamico ikindi nakora, uretse ko mfite n’abantu benshi banshyigikiye batatuma nanawuvamo n’iyo nabishaka, harimo n’umugabo wanjye dore ko ari nacyo cyaduhuje, kandi acuranga no mu ndirimbo zanjye kenshi.

Icya tumye nsa n’ubaye ahagaze mu muzikiho gato ni uko narangije gukora album yanjye ya Kabiri mu mwaka ushize ihita uhurirana na gahunda z’ubukwe mpita nshyingirwa, hanyuma maze gutwita inda yanguye nabi bituma nta kandi kazi nakora ntwite, ariko ubu nararuhutse, nagarutse, naje.

Igihe : Niba inda yarakuguye nabi, ntibyaba byemeza koko ko abahanzi bakunze gutinya gutwita baba bafite ishingiro ?

Liza : Oya ni ubwo yanguye nabi ni byiza kubyara, bajyaga bavuga ngo ukwanga aragapfa atabyaye, kubyara ni byiza kandi ni kimwe mu bigize ubuzima bw’umuntu, umuntu wanga kubyara rero sinamenya uko ateye, yaba afite ubuzima bwe bwihariye, sinumva uko wajya uririmba ubuzima bw’abantu kandi wowe utabaho ubuzima bw’abantu.

Igihe : Abakunzi bawe bakeneye kumenya igihe uzagarukira mu muziki wababwire iki ?


Liza
 : Ubu natangiye gutegura igitaramo cyo kumurika album yanjye ya kabiri yitwa” Back home” kizaba mu kwezi kwa Gashyantare umwaka utaha, kandi izaba iriho indirimbo nziza nyinshi zirimo umwimerere nyafurika na nyarwanda.

Liza Kamikazi aherutse kwibaruka mu byumweru bitatu bishize umwana w’umukobwa yise ‘Isheja’.

IBITEKEREZO
LIZA congretulation for your baby and GOD bless you forever and wenever.
Musubize13.11.2012 saa 16:02
stiwart
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:41
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:39
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:38
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:38
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:37
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:36
MUMY
Impundu, impundu, impundu mubyeyi, subirayo nta mahwa.......
Musubize31.10.2012 saa 06:35
MUMY
Congs Liza kandi uri umwe mu bahanzi na menye bitwara neza, batiyemera kandi bafite inganzo y'umwimewrere. Courage abafans tukuri inyuma. Jah bless !
Musubize30.10.2012 saa 10:40
Fils TC
Ibyo Fils TC avuze ni byiza cyane. Liza yihesheje agaciro rwose mu bandi bahanzi. Congs kuri Liza kandi ako kamarayika imana ikarinde.
31.10.2012 saa 02:12
Fabien
niwonkwe mama.
Musubize30.10.2012 saa 04:42
Rubya
MBERE YABYOSE NSHYIMYE IMANA YA HUJYE LIZA NUMUFASHAWE KANDI BYUMWIHARIKO WONKWE ICYO KIBONDO NYAGASANI AKOMEZE AGISHIRE MUMABOKO YE KUKO ISHOBORA BYOSE KANDI NAKAZI K'UBUHANZI UKORA IMANA IKAGUHEMO IMIGISHA UMWANA ABONE AMASHEREKA,LISA URI INTWARI CYANE KOMEZA UBE IMBEREY'IMANA KANDI NIYO ISHOBORABYOSE KUKO ABAHANZI KAZI ABESHI BANGA GUTWITA KANDI NIYO HABAYE ACCIDANT AGASAMA ABYARIRA MURI WESI,ARIKO IMANA IJYE IBABABARIRA KUKO NTIBAZIKO BYOSE BIHINDUKA,LIZA TURAGUSHIGIKIYE KANDI TUKURAGIJYE RUREMA
Musubize30.10.2012 saa 02:19
habimana
Mu bahanzi nemera LIZA arimo, aririmba neza kandi ntiyirata
Musubize29.10.2012 saa 13:44
Alpha
Nejejwe nuko wibarutse kandi waruse benshi Imana izagufashe ni biba ngombwa uzamenyeshe numero yawe nanjye nzaze dufatanye ibyishimo byicyo kibondo nubwo tutaziranye ariko ndagukunda !
Musubize29.10.2012 saa 13:18
jolie
Yooo !!! Niwonkwe mama !! Kubyara ni byiza, ngewe njya mvuga ko nta wundi munezero ubaho mu buzima uretse umwana. Mboneyeho kwinginga Imana ngo yumve gusenga kw'ababuze abana kuko ni isengesho numva riremereye. Nyagasani wumve abawe bagutakira bashaka abana. Amen
Musubize29.10.2012 saa 10:06
Hirwa
Hirwa uri umuntu mwiza kandi isengesho ryawe rifatanije niryanjye nizereko rigeze ku Mana. to Liza congz
29.10.2012 saa 11:00
titi
Umwana yabyaye yamwise "SHEJA" ntabwo ari "ISHEJA". Ananenepa sana, ameze neza kbsa.
Musubize29.10.2012 saa 09:08
mm

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!