Mu rwego rwo kwizihiza isakubukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka cumi n’umunani (18) rwibohoye, tariki 14 Nyakanga 2012 mu Bubiligi hakozwe igitaramo cyari kitabiriwe na Makanyaga Abdoul Umuhanzi umenyerewe mu jyana za cyera zo mu Rwanda benshi bazi ku izina rya Karahanyuze, Makanyaga akaba yarasusurukije abari bahari, ndetse anabakumbuza Karahanyuze.
Mu kiganiro IGIHE twagiranye n’umuhanzi Makanyaga wari waturutse mu Rwanda aje kwizihiza no gufatanya n’Abanyarwanda uwo munsi, yagize ati :”Ntako bisa kubona Abanyarwanda bangana batya baturutse imihanda yose bahura bagasabana, ariko cyane cyane bahuriye ku njyana ya muzika yabo bakunda ya kera.
Makanyaga aganira n’umunyamakuru wa IGIHE yagize ati :”Ndagirango nkutangarize wowe nk’umunyamakuru ko ubuhanzi ari inzira ikomeye y’amahoro, kuko iyo Abanyarwanda bahuye bakaganira bakabyina bakishimana, bituma ubutaha batarebana nk’abanyamahanga, ati :” Ni aho ubuhanzi bwigisha amahoro mu bantu bikaba binshiminsha ku giti cyanjye gukora uyu mwuga”.
Tubajije Karara Chantal umuyobozi Wungirije ushizwe uburinganire Muri DRB-Rugari iri nayo yateguye uyu munsi ifatanyije na Team Production, yagize ati : “Twashimishijwe no kubona urubyiruko n’abakuru bishimira indirimbo za karahanyuze bagasangira umunezero biciye muri iyo nganzo kandi bibuka abayibasigiye ari abariho n’abatakiriho bafashijwe na Makanyaga, bakabyina bya Kinyarwanda”.
Mu bashyitsi bakuru hari Ambasaderi Masozera Robert uhagarariye u Rwanda mu Bubiligi n’abamwungirije, Masozera kandi yagize nicyo avuga kuri uwo munsi mu ijambo yagejeje k’ubawitabiriye, yibukije ko ngingo ebyiri z’ingenzi arizo kwizihiza Isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge no kwizihiza isabukuru y’imyaka 18 yo kwibohora, aboneraho no kwifuriza Abanyarwanda bujuje iyo myaka uyu mwaka nabo kugira isabukuru nziza.
Ambasaderi Masozera yakomeje ku ngingo ya kabiri agira ati :” Guhera muri iyi myaka 18 ishize, politiki y’Imiyoborere myiza iriho ubu mu Rwanda biragaragara ko imaze kubiba imbuto nziza mu Banyarwanda z’ubumwe n’ubwiyunge, kwiha agaciro no gukunda igihugu, kandi izo mbuto nziza zimaze gushinga imizi, zarashibutse ubu zirimo zirakura neza.
Yagaragaje ukuntu mu Rwanda hari imihindukire ishimishije haba mu myumvire y’abaturage, imyifatire n’imikorere yabo, bitanga icyizera ko u Rwanda ruriho rugera ku bwigenge bwisanzuye bitandukanye nk’uko byahozeho mbere ya 1994. Yakomeje gusaba Abanyarwanda baba mu Bubiligi hamwe n’inshuti z’u Rwanda kuba ba Ambasaderi beza b’u Rwanda, bagafasha Abaturage bo mu Bubiligi gusobanukirwa ko u Rwanda rwo muri iki gihe rwahindutse cyane rutakimeze nk’urwo bari bazi mbere ya 1994, kuko abenshi muri bo bakibyitiranya.
Kuri uwo mugoroba kandi habaye no kwerekana Nyampinga “ Miss Supranational 2012 “ uzahagararira u Rwanda muri Pologne. Habaye ho n’umuhango wo guturitsa intambi bita mu gifaransa « feux d’artifice » zerekana umunezero usesekara inyuma n’abaturanyi bikabageraho.
Karara yaboneyeho no gushimira abo bafatanyije gutegura icyo gitaramo ashimira n’Ubuyobozi bwa Komine ya Boitsfort byakorewe mo.
Muri iki gitaramo bise « Rwanda Rugari day » cyateguwe n’amashyirahamwe yitwa Team Production na DRB-Rugari bafatanyije n’Abategarugori bishyize hamwe ndetse n’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye mu Bubiligi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Just Family, The Brothers, J-Kids, KGB mu marembera
20.05.2013 |
|
Peace abona hari imbogamizi nyinshi zituma adatera imbere muri muzika
20.05.2013 |
|
Talentum II : i Huye, batanu bazakomeza mu kindi cyiciro bamenyekanye
19.05.2013 |
|
Kamichi yemera uburyo Bulldogg yandika indirimbo
19.05.2013 |
|
Indirimbo "Kanda amazi" yateje umwiryane hagati ya Sam na Clement
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |