Umuhanzikazi Zouzou azita umwana we amazina ya nyakwigendera Hirwa wo muri KGB


Yanditswe kuya 1er-03-2013 - Saa 09:31' na Vénuste Kamanzi

Nyuma r’urupfu rw’umuhanzi Hirwa Henry wo muri KGB, umuhanzikazi uzwi ku izina rya Zouzou Zoulaika umwana atwite yahisemo ko azitwa Hirwa Henry.

Hirwa yapfuye ku itariki 1 Ukuboza 2012, Zouzou atwite inda y’ukwezi n’igice, afata umwanzuro wo kuzita umwana we Hirwa Henry kubera ubucuti budasanzwe yari afitanye na nyakwigendera. Ariko n’iyo adapfa yari yarabwiye Hirwa ko azita amazina ye umwana we azabyara.

Zouzou avugana na IGIHE yagize ati “Umugabo ni usohoza ibyo yemeye mbonye yitabye Imana kandi ntwite nahise niyemeza kumwita Hirwa Henry.”

Akomeza avuga ko yari inshuti cyane na Hirwa Henry, ku bw’amahirwe n’umugabo we abizi.

Se w’umwana uzitwa Hirwa, nawe nubwo adashaka kugaragara mu itangazamakuru, yemereye IGIHE ko umwana azitwa Hirwa Henry.

Zouzou avuga ko yifuza kuzabona umwana we akura afatira ku mibereho ya Hirwa, ati “Imico yose ya Henry nifuza ko na Henry wanjye yazayigira.”

Zouzou na Hirwa Henry atarapfa
IBITEKEREZO
ntacyo navuga nkurikije ukuntu abanyarwanda dufite imyumvire mibi nkasanga inkuru yanditse murundi rurimi batajya bayandikaho kubera benshi mubandika ibintu bisebanya cg bitajyanye ikimwe nokwikorera imitwaro yabandi mwajya mwandika inkuru zimwe nazimwe murundi rurimi umuntu bagiye kwandikaho inkuru akabibasaba nararebye nsanga abafata uwomwanya wokwandika ibyobiyumvamo ari babandi bacishije amashuri,imburamukoro cg abafite icyo bapfa nanyiri kuvuga ntakuntu bajya bandika ubwo bugambo bwinshi batazi ururimi niyo barwandikamo nabo byabatwara igihe narabigenzuye nsanga inkuru zitanditse mururimi rwikinyarwanda nta comment wasangaho. murakoze
Musubize6.05.2013 saa 15:24
jyoti
Wowe uvuga ngo barivanga ubikuye he ?iyi nkuru bayishyize ho atabizi ?azi gute niba umwana azemera kariya gahumburi kamazina ??? mugabo biba ho utazi uko bizagenda akubita imbwa urutaro
Musubize5.05.2013 saa 23:48
Rugero
Ariko abanyarwanda twabaye dute ?urabona ukuntu mwashyuhiye kwinjira mu buzima bwa zouzou !!Ni uburenganzira bwe kwita umwana we izina ashaka.Mureke indi mwana mumuhe amahoro naho ibyo kuvuga ngo abana azabareresha iki ndahamya neza ko wowe ubivuze atigeze agusaba icyo aha umwana yaburaye.Aaaaaaahhhhhaaaaaaaa.Ariko ubwo iyo abasaba ra ??muba muri kumuvuga ayangana iki ?Zouzou rata Imana igufashe naho abantu bo nyine nibi bakwiriye kuvuga nyine !!Murigaragajeeeeeeee
Musubize6.03.2013 saa 01:03
Jonny
hahahahh muransekeje zouzou agiye kubyara ngo ukwezi n igice yoooyooo asigaje rwose nkibyumweru bibiri ngo abyare bivuze ngo rero Hirwa yaphuye deja zouzou aziko atwite umuhungu zouzou komera rata babyare kuko hari abababuze batabagira
Musubize5.03.2013 saa 04:18
ben
ese ubundi azi gute ko azabyara umuhungu gusa uwomugabo niyihangane azamurerere ukubyarirwa nundi utabizi ukarera ngo nuwawe nzabambarirwa
Musubize4.03.2013 saa 07:42
oliv
ikimbabaje nuko hejuru yuko zouzou yemera ko afite umugabo kdi wamuteye iyo nda, arahingukira akavugako umwana we akwiye gukurikiza imico ya Hirwa Gusa, oh my God. nibyiza koko hirwa yari afite imico myiza ariko kuri jye ntekereza ko umwana ari ukurikiza imico ya se ? none se madam umugabo wawe bite ? ariko abagabo bagorwa rwose weeee !
Musubize4.03.2013 saa 07:01
papy
Ngo numugabo we yarabyemeye !?? ntibishoboka bibaye aribyo yaba ari sius-gabo. ubwose ninde utumva icyo uwo zouzou ashaka kuvuga !! keretse umugabo we wenyine ! anyway !!! nibyiza kubishyira kukarubanda
Musubize4.03.2013 saa 06:12
devus
Oya sha ! twumva ikinyarwanda ! Wenda umwana ukamwita "henry" nabyemera, ariko iyo wongeyeho HIRWA byumvikana ukundi. Anyway, bibaye ko Hirwa Henry Senior atahambanywe ikara byaba ari amahire !!!!!!!!!!!!!!!! Imana imuhe iruhuko ridashira
Musubize3.03.2013 saa 12:23
kayiraba
hey please dear friend it depend on human understanding.
Musubize3.03.2013 saa 03:44
sibomana
Mwata igihe mwata igihe. Zouzou uwo mwana uzamwite uko ushaka abababara bababare ! Kandi uziko ari intungane azagutere ibuye !
Musubize2.03.2013 saa 17:20
Jessy
ariko abisi mwabaye mute ???kwivanga mubuzima bw umuntu bene ako kageni zouzou uyu twamufataga nka sister wacu tumukunda twese uko twari ba3 umwe ataratuvamo ariko mbere yuko nyakwigendera atuvamo we bari abavandimwe birenze kubera ababyeyi babo kuburyo maman wa zouzou atabarutse maman Hirwa yarameze nkaho ari nyina ayo yose murayavuga ngo bigende bite ???uziko muri imbura mukoro ababaza ibyigitsina inda irengeje amezi3 ntuba uzi igitsina iyo usobanutse ??mbega mwebwe ubu muri mumagambo umuvandimwe yungutse umuryango namwe muvuga ubusa gusa ubu mwabuze ibindi byubaka igihugu mwakora bitari ugusebanya ??URUVUGO RUVUNA URUVUGA UWO RUVUGA YIGARAMIYE muge kuri fcbk ye murebe uburyo KGB yari umuryango we kd tukiri umuryango we twarii dufite groupe twagendagamo kd biteye agahinda kwifuza gutangaza inkuru mutabwiwe UMUGABO wa Zouzou mukwemera ko umwana we yitwa aya mazina nuko nawe yarafitanye umubano na nyirayo ntiyabyemera gutyo gusa ntacyo babiziranyeho kd nawe ubwe Hirwa ariho yari yarabimusabye murashaka iki ko umwana wabavandimwe agomba kwitwa atya naho wowe uvuga ngo azabareresha iki yaragusabye ???umugabo umutunze we yaragusabye kuburyo wavuga ayo yose mwisubireho peeeeee gusa nasaba Zouou kubageraho akabambwirira mbega imburamukoro zabavuzi weee naho ababaza aho akorera ibitaramo aririmba indirimbo zicyunama mwazireba mukagabanya umuvuduko wamagambo
Musubize2.03.2013 saa 12:12
myp
Ahaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaa
Musubize2.03.2013 saa 09:17
mami
Reka Hirwa w'abandi arengana.Uyu zouzou akunda kwifotoreza kubahanzi cyane kandi ni byiza niba aribyo bimufasha kumenyekana .Buri wese nicyo akunda .Nahubundi umwana n'uwusore umwe nawe wumuhanzi cg umunyamakuru ibintu nkibyo.Ahubwo njye ndibariza Zouzou akabazo kamwe :Niko igihe wahereye ubyara nyabuneka abo bana bose ejo hazaza uzabareresha iki ??!! Nkugiriye inama waboneza urubyaro kuko kugenda ubyarana n'umuhisi numugenzi,ejo hazaza ko utazoroherwa no kurera abo bana bose nawe utisize ?
Musubize2.03.2013 saa 07:52
kalo
Ariko se abantu basigaye barabaye n'inzanga ku buryo batakibasha no guhisha isoni ? Iby'abahanzi b'ubu nzaba mbarirwa... Aho bikera igisobanuro cy'ijambo umuhanzi kiraza kuba ikindi ! Uwapfuye yarihuse (ntabwo nshatse kuvuga Henry kuko we ndabona yarasize imbuto) ahubwo ndashaka kuvuga ko ejo hazaza hahagazwe !
Musubize2.03.2013 saa 06:09
Kerry
Zouzou,ntibakomezekugucira urubanza gusa Please niba warashatse kwita amazina ya Henry yombi nuko hari ikintu icyo nakwisabira ni kimwe ababyeyi be bamenye ko nibura yasize umwana byatuma agahinda ko kubura umwana wabo kagabanuka.Ba intwari uvugishe ukuri kdi natwe byadushimisha cyane kumva hari uwo yasize imusozi.mbega byiza weeeeee
Musubize2.03.2013 saa 06:01
Kayitesi
Ariko murebye no kuri ziriya photos murabona yari kumwima iki ? Yariyaratwawe neza neza ! umugabo we arababaje !!! Abagabo twaragowe !!! Uriya niwe wamubaga ku mutima
Musubize2.03.2013 saa 03:48
Bagiri
Abagabo twarigusha ye, kwitirirwa ko uri se w'umwana,abagabo bararya .... nzaba mbarirwa.
Musubize2.03.2013 saa 02:30
Ngabo
Hiry twaramukundaka uyu mwana abaye aruwe byadushimisha kbsa
Musubize1er.03.2013 saa 13:57
######
Hirwa yar'intwari ! Yar'imfura mubahungu ! Imico ye n'umwana yamukunda ! Mwibitindaho m'ubuzima buri muntu ajyira umuntu yisangaho, byumvikanako zouzou bafitanye ibanga !, uzi guhitamo izina urumudamu ? Ako kantu ? Wenda hasaho muri byabikombe bitajyeramo izuba yajyagayo ? Ntawamenya ! Ntiduteze kumwibajyirwa ! Gusa umwana aruwe ntako bisa ! Zouzou azatubwira buriya !
Musubize1er.03.2013 saa 13:36
Zou black
Ariko abanyarwanda , mufite igihe cyo guta koko ! Nkaho mwatekereje ibya kubaka kand bigakomeza guteza imbere urwatubyaye muri baza kuri decision y 'umuntu ! Buri wese agira imikorere ye , umwana azamwite amazina ashaka, ni uwe kandi niyo yaba ari uwu Muhanzi nyakwigendera bibatwaye iki !
Musubize1er.03.2013 saa 11:46
Astrid
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!