Yamamaza inzoga ari umuvugabutumwa wa Zion Temple


Yanditswe kuya 20-10-2012 - Saa 03:16' na Vénuste Kamanzi

Abantu batari bacye baribaza impamvu umuhanzi Samputu Jean Paul akomeje kugaragara mu bikorwa byamamaza inzoga nyamara aherutse kugirwa umuvugabutumwa mu itorero rya Zion Temple, ariko we asanga akavuga ko ari we muvugabutumwa mwiza ukenewe n’Imana kuko asanga abanyabyaha aho bazimiriye.

Samputu Jean Paul, umwe mu bahanzi bafite ubunararibonye muri muzika mu Rwanda, aganira na IGIHE yadutangarije ko yashyizwe ku rutonde rw’abavugabutumwa b’itorero rya Zion Temple ariko n’ubusanzwe ngo yari asanzwe ari umuvugabutumwa kuko ubuhanzi akora n’ubundi butanga ubutumwa.

By’umwihariko ariko Samputu ntiyemeranya n’abavuga ko bitari bikwiye ko ajya ku byapa byamamaza inzoga cyangwa mu bitaramo biyamamaza kandi aba akwiye gusanga n’abo banywa inzoga akababwira ko na we yazinywaga ariko akaba yarazivuyeho, ndetse akanababwiriza uko bazivaho.

Yagize ati ”Utagiye kubareba se bazamenya ubutumwa bwiza bigenze gute ? Na bariya bose babwiriza baba bakwiye kujyayo bagasanga abo bita abanyabyaha kuko na bo Imana irabakunda, njye ni jye muvubutumwa mwiza kuko ntarobanura.”

Akomeza avuga ko abijyamo kugira ngo agere ku bantu bose bakeneye ubutumwa bwiza, akaba ngo aniteguye kujya n’aho abantu bashobora kuba batinya akabashyira ubutumwa bwiza.

Samputu muri iyi minsi agaragara ku byapa byamamaza inzoga, ndetse yitabira ibitaramo bitandukanye byatewe inkunga n’inzoga mu gihe ubusanzwe Biliya yo isaba abakirisitu kutajya mu migambi y’ababi no kwifatanya na bo.

IBITEKEREZO
Kuvuga kudakabya kunywa nyinshi sibyemeza Bralirwa ifite amacupi ya Litilo ya bière cyereka unyoyeho indi ukayimena mu mahanga ayo ma byri mwicuma ya Litiro hafi ntahaba ni cl 25. Ibi twabyita kurenzaho, dégusation aliko LITIRO YA BYERI !!! Ibi muri Afrika aho ujyeze niho usanga abyeri angana atya abantu chronique abasinzi chronique( mu mahanga nu burwayi. Ubwo unywa iyo litiro ya buri munsi ya bière iribaza degats, ukwangirika !!! Bralirwa nayisabira kugabanya icupa ni rinini cyane... na ya mafanta alimo isukari 7 z'amabuye cg utuyiko 7 !!!!! Mu gacupa gato !!!!! Ibi iyo urebye ibisanga muri Afrika muri Europe ntago banywa amafanta nka mazi gutyo kandi bitera irwara diabète, ni nkuko abantu banywa bière ni nkamazi icupa ni rinini cyane.... ikibazo haromi alcool. Unsanga twifitemo isukari na bana tubyaye kurusha afasha akamenyero ka mazi. Hari uwavuze ati Imana idusaba gukundana bya mbere, ibya mayoga biza ni bindi kuko imana idusaba gukunda mujyenzi wawe nkawe aha abanyarwanda haracyari akazi !!!! Narangiza mvuga ko umuvugabutumwa asa ni ndererwamo imikorere ye benshi bayifata nkurugero aha nu kwitonda akazi k' Imana gasaba kugakunda surtout ubu intama zanyanyagiye zikwiye abantu bahagararira Imana biva ku mutima kuko ni nka ba padiri bagira imico mibi, BASA NABADAKANGURA IMBAGA IMANA YABANSHINZE aba batuma intama z'imana nazo zitemera Imana zikaba zakwitiranya Imana, na bayikorera. Niho urebye ibya Kiriziya bigeze haba mu mahanga no mu Rwanda hari akazi kingutu iyo irebye abantu benshi batakibuka ko Imana ibaho HARI BENSHI.... Aha nabaza nti kuki ???? Akenshi izo ntama zanyanyagiye bisaba abazikangura baziganisha inzira y'urumuri nyarwo nyabyo... ibyo bisaba impano Y'imana ntago bikorwa nkakazi kandi gasazwe wakora ugahemberwa. Imana niyo nzira nyakuri birasaba umuntu w'Imana, Imana yatumye ibyifitemo , uhumeka Imana kandi nayo ihumecyeramo. Murakoze. Narangiza nsaba BRARIRWA KUGABANYA AMACUPA, BAKAJYA BAKORA UDUCUPA DUTO 25 CL NKO MU MAHANGA. MURAKOZE BYAFASHA AFRIKA KOKO NIHO USANGA AMACUPA YA LITILO YA BIÈRE KUKO NO GUBABARIRANA, GUKUNDANA, GUHIMBAZA IMANA , NKUKO IMANA IBIDUSABA BIFATA UMWANYA KANDI UMUNTU ATASINZE NABYO BYA KOROHA NTA ALCOOL AFITE MU MUBIRI ZIBIRARANE IBYO BITA (CHRONIQUE) NI BAMWE BAHORA BASA NABASINZE, CG BAZIBYUKIRAMO MU MAHANGA BABASHYIRA MU BITARO INTOXICATION NU BURWAYI KANDI MU RWANDA NDUMVA HABA HARI ABARWAYI BENSHI... BYADUFASHA NI NZOGA ZINDINDIZA AFRIKA NINAHO USANGA AMACUMA MANINI YA LITIRO YA BIÈRE KANDI AKANSHI UMUNTU NTAFATA RIMWE HEEEE !!! MURAZOZE BANYARWANDA NAHO. Naho Samputu ndumba ibi byose abizi, azi igikwiye, nicyo Imana umwifuzaho.
nta cyaha Samputu yakoze mumuhe amahoro. har uwo yategetse kunnywa inzoga ? mbonye hari n uwakijijwe kubera indirimbo ze...nonese mwagabanyije urugambo ? rata imana ikwihere n andi mahirwe yo kugera kuri benci....
Musubize23.10.2012 saa 04:24
karekezi
ntacyahaz afite rwose kuko ntaweyazisutse kandi murebe ibyo avuga ntimurebe ibyo akora iyo ni business zokwiteza imbere.mbere yo kuvuga mubanze mumubaze impamvu ibimutera
25.10.2012 saa 09:49
munana
u re a true servant of God and so focused. keep doing ur good work tukur inyuma, Imana ibabajwe n abarimbuka ikohereza abajya kubabwiriza aho bari. God himself asked Jeremie, WHO SHALL I SEND ? be wise u people who are judging this servant of God. he just obeyed God and went to his mission
Musubize22.10.2012 saa 17:11
smith
JP n umukozi w Imana kw isi yosem avuga ubutumwa aho mwe mutarageram atumirwa n insengero nyinci yigisha urukundo ndetse no kubabariram yabonye ibikombe byinci ariko yicisha bugufi. afite mission yo kuzana ububyutse mur iki gihugum ibi ari gukora nta wundi wabikoyem ahubwo tumushyigikiye amasengesho menci. u did well man of God, na satani yabimenye
Musubize22.10.2012 saa 16:09
Diane
jp ndagushyigikiye ahubwo ujye na cadillac na hahandi basindira ubabwire kristyo, kujya ku cyapa sicyo kibazo. none tuve kw isi ko abanyabyaha aribo benci ?
Musubize22.10.2012 saa 16:01
Honore
Yesu twamwubakiye izina ry uko areba abakiranutsi gusa nyamara yaje kubw intama yazimiye, iyo ntama jean paul yaje gushaka muri festival nanjye ndimo, guhimbaza imana kwawe byatumye nibuka ko nd umusinzi w umunyabyaha, ibyo muvuga byose njye ntacyo bimbwiye kuko yesu yasize intama 99 aza kuncaka atumye samputu. imana ikomeze igukoreshe hose, ahubwo nakubona gute ?
Musubize22.10.2012 saa 15:18
Dadu
yoooooooooooo !yesu aguhe umugisha Dadu kandi uko utera intambwe imwe yesu atera ijana agusanga komerezaho ntusubirinyuma uzabona imigisha myinhi cyane .samputu be blessed .
27.10.2012 saa 03:06
mtn
yoooo disi satani yatewe none yatitiye. jp tukuri inyuma zana ububyutse no mu basinzi, Yesu we bamwitiriye n indaya, owe bakwitiriye inzoga ? komeza umuteshe umutwe yasaze....well done mtumishi
Musubize22.10.2012 saa 15:03
Gospel singer
ndabinginze kandi mbaburira ngo murekeraho kwishyiraho umuvumo mutuka umukozi w imana. imana imutuma ntimwari muhari, imuha agakiza ntimwayigiriye inama. jean paul well done. wageze aho Yesu yifuza, ese har uwam ;umvise avuga ngo munnywe musin de ? satani yagize ubwoba none zatangiye kumusebya. b blessed man of God
Musubize22.10.2012 saa 14:52
hon
hari abantu bafite ibyababase ariko ijambo ritubwira ko umwana w'Imana na tubatura aribwo tuzaba tubatuwe byukuri,kari benshi rero bakigendera mukavuyo ,kandi erega tugomba gutandukanya kuvuga iby'Imana no kuvuga ibyacu.
Musubize22.10.2012 saa 09:06
edu
EREGA NTAWE UCYEZA ABAMI BABIRI NDI NKAWE NAMESA KAMWE !!!!!!!!!!!!!!!
Musubize22.10.2012 saa 08:58
EDU
Umuntu afite uburenganzira bwo guhitamo icyo ashaka kandi byanze bikunze bigaragarira bose. So, Samputu yahisemo ibyo, none, nimureke gutakaza amagambo yanyu. Ngo, tuzabamenyera ku mbuto bera !!!
Musubize22.10.2012 saa 06:42
zoro
Hari n'abazamagana, barangiza bakazicuruza mu hotel no mutubari ; wababaza ngo ni akazi. Hari abamagana inyama barangiza bakorora amaturo azitanga ; yakura akayigurisha... Mu yoboke amadini atinjira mu buzima bwanyu bwite kuko n'ubundi buri wese azibarizwa.Abobose birirwa mu mihanda babwiriza iyo muhuriye ahantu ari gukora ibidakwiye uramubaza uri mu biki ? Akagusubiza ngo "NZIBARIZWA". Abanyamadini baduhe amahoro kuko ni CASH zacu baba bashaka ntimugire ngo agakiza kacu niko kabashishikaje. Utuye menshi ni munyedini !!! Uzi ibinyuranye nibi yambwira.
Musubize22.10.2012 saa 05:37
ryyapmabwwgijra
TUREKE KWITIRANYA IBINTU NTA WABA UMUSIRIKARE WA KRISTO NGO YISHYIRE NO MU BYUBU BUGINGO ABE AKINEJEJE UWAMWANDIKIYE UBUSIRIKARE. UBWO RERO NTIWAKWAMAMAZA KRISTO N'INZOGA KUKO VINO N'UMUKOBANYI UBWO RERO SAMPUTU IMANA IGUFASHE USOBANUKIRWE KUKO USA N'UWO MUGENDANA WENDA N'UKUJIJISHA NAWE ARAZINYWA IMANA IMUFASHE
Musubize22.10.2012 saa 04:10
roro
Niba Samputu mu ndirimbo aririmba hari indirimbo aririmbamo inzoga yaba akora amakosa nk'umuvugabutumwa, naho kuba aririmba kugira ngo bashe kubona ibihembo ndumva ntaho bihuriye no kugabura ibisindisha kandi ikindi ntihabeho guca imanza kuko Imana yo ireba kuruta uko twe tureba ndetse n'ubwenge bwayo burenze ubw'Abantu. Nawe nasenge Imana imuhishurire kuko burya umuvugabutumwa ntavuga ubutumwa bwe ahubwo avuga ibyo Imana yamuhaye bigomba guhindura amahanga, ntitumutindeho rero kuko nawe akora ibyo yabanje kureba niba nta rubanza
Musubize22.10.2012 saa 02:34
.
Aho kumutera amagambo, mumusengere Imana ize imusobanurire, wenda wasanga atarasobanukirwa neza, kandi buriya na Satani aba arekereje ashaka uko yakwandagaza izina rye, ariko amufata akamusubiza mu byaha. Dusengere abakozi b'Imana aho kubavuga. Faith.
Musubize22.10.2012 saa 01:11
Faith
Harya mbere y'uko Samputu ajya muri Zion Temple yari iki ? Ndibwiramko yari umugatolika byananiye nk'abandi benshi. Buri dini ni nk'ishyirahamwe. Urijyamo cyangwa ukaryinjizwamo n'ibyiza birimo byagufasha kurushaho kubaho nk'umuntu nyakamwe usanzwe no mu mibanire yawe n'abandi.Amategeko y'umuryango ashobora no kuba atari amategeko y'Imana,ariko iyo uwurimo ugomba kuyakurikiza. Samputu niba ari muri Zion Temple, ibuza abayoboke kumywa inzoga ntagomba kwamamaza inzoga, ryaba ari ikosa mu muryango. None se icyo ubujijwe kuko kitwa kibi wakibera umuranga ute ? Ahubwo se yaba anyuranya na Zion temple kuri iyo ngingo gusa ngo yumusabe kutwubakira temple y'abisomera ku kayoga. Abandi kimwe nawe dutunzwe n'umurimo ufitanye isano ya fafi n'inzoga : abenzi, abapimyi, abamamaza...biradutunze bidutungiye ingo... tubireke se ubwami bwaba buri hafi ?
Musubize21.10.2012 saa 17:19
Vuguziga
Ariko murasetsa. None se n'adakorera iryo KWACA , azatura iki muri ZIONI dore numva ngo batura AKAYABO kayo.
Musubize21.10.2012 saa 11:29
GAT
Samputu ndabona ntakosa yahoze yifotoreza kubyapa by'inzoga kuko ,ari ibyo n'abifotoreza kumodoka nabo baba bakora icyaha kuko imodoka zigonga abantu bagapfa. Ndashaka kuvuga iki. Inzoga simbi ubwayo ibambi iyo uyikoresheje nabi. Kunywa inzoga si icyaha icyaha ni ukuyinywa ukarenza urugero. Ese kuki abo ba pastor batwara amamodoka ? Bayobewe se ko bashobora kugonga abantu cg imodoka igahirima ikamara abantu ? Niba ushaka ka Primus , Heineken, Guinness,Turbo King cg se Miitzing yinywe ariko mu rugero nta cyaha kirimo rwose. Niba utwaye imodoka yitware ariko wirinde umuvuzuko, ureba n'ibyapa ntacyaha kirimo rwose. Rero Samputu nta kosa narimwe afite , yenda ingorane yagize ni ukujya mukadini karimo abantu batazi Bibiliya bagendera kubyo utambutse wese ababwiye yabashuka atabashuka nta sesengura bakora.
Musubize21.10.2012 saa 01:45
Berno
Uwamugize umuvuga butumwa niwe nenga,mugihe aramenya gutandukanya ikibi n'ikiza gukura ibishimwa mubigawa,naho kuvuga ngo kwifotoreza kumamodoka urwo nurugero rwa cyana ngira ubaye usoma bibiliya watandukanya izongero urimo gutanga.Wowese inzoga nikizira k'Uwiteka nawe ukavuga imodoka koko ?Ubwose uzajya kubyapa byamamaza inzoga nurangiza wamamaze Imana bishoboke ?Tubanze tumenye kwamamaza nikyi ?nukumenyekanisha igikorwa cg ikintu runuka uvuga kwarikiza rwose ugerageza kugikundisha abakumva bose.Noneho wamamaze na Yes.You can't server two masters plz !!!!!
22.10.2012 saa 00:22
Uwanyu janvier
Muzabamenyera ku mbuto zabo.
Musubize21.10.2012 saa 01:10
joe
IBYO UVUGA NTIBISOBANUTSE BWANA SAMPUTU AHUBWO IYO UVUGA NGO "MU KABARE NO KWA GTWAZA HOSE HABA AMAFARANGA KANDI NIYO MWISHAKIRA"
Musubize20.10.2012 saa 22:37
rukara
1 | 2 | 3

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!