Nyuma y’aho uwari umukinnyi w’icyamamare mu gukina amafilimi mu gihugu cya Tanzania Stven Kanumba yitabiye Imana muri Mata uyu mwaka, filimi yasize akinnye yitwa “Ndoa yangu” kuri ubu yageze ku isoko kandi hari mo bimwe mu byo yakinnye byabaye ubwo yapfaga.
Iyi filimi yise “Ndoa yangu “Tugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo “Urushako rwanjye”. Abayikurikiranye bavuga ko yihanuriye urupfu rwe ngo kuko byaribifitanye isano n’iyi filimi ya nyuma yakinnye mu buzima bwe.
Uburyo yapfuyemo yasunitswe n’uwari inshuti ye, kandi ubwo yajyanwaga kwa muganga akimara gusunikwa akitaba imana awakoze isuzuma ry’umurambo we (autopsie), ni nawe bakinanye muri iyi filimi ari umuganga we.
Muri iyi filimi n’ubundi hari aho Kanumba yakinnye, aza gushwana n’inshuti ye mu mukino arasunikwa ajyanwa kwa muganga kandi niko byagenze ubwo yapfaga, akaba ariyo mpamvu benshi bavuze ko urupfu rwe ashobora kuba tari aruzi.
Iyi film Ndowa yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nzeri 2012, nk’uko tubikesha Shailesh waganiriye na IGIHE, akaba ahagarariye uruganda rukora amafilmi rwo muri Tanzania rwitwa Steps entertainment rukaba runafite ikicaro I Kigali i Nyuregenge hafi ya BCK supermarket.
Kanumba yatangiye gukina amafilm mu w’1990 akina amakinamico y’ivugabutumwa mu nsengero ; mu w’2002 nibwo yatangiye gukino amakinamico y’ubuzima busanzwe, kugeza mu w’2012 Mata ku tariki 7 ubwo yavagamo umwuka akaba yarasunitswe n’umukobwa witwa Elizabeth Lulu Michael Kimemeta nawe n’umukinnyi wa filmi, kuri ubu urimo gukurikiranwa n’inkiko kubera urupfu rw’umukunzi we.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abafite impano zifite aho zihurira na Sinema bashyizwe igorora
18.05.2013 |
|
Umukinnyi wa filimi Michelle aravuga ko akiri muri Sinema
17.05.2013 |
|
U Bufaransa : Hatangijwe iserukiramuco ry’amafilimi rya 66
16.05.2013 |
|
Umukinnyi wa filimi ‘Shyaka Diane’ mu gihirahiro nyuma yo kurwanirwa n’abasore batatu
16.05.2013 |
|
Kigali : Sinema mu buryo bwa 3D & 5D yashyize iratangizwa
11.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |