Umuhanzi Edouard Bamporiki ari mu Burayi aho ari gutanga ubutumwa burwanya Jenoside


Yanditswe kuya 29-09-2011 - Saa 12:45'

Umukinnnyi w’amafilm akaba n’umwanditsi w’ibitabo ku bijyanye no gushimangira amahoro, Edouard Bamporiki ubu arabarizwa muri Turukiya mu Mujyi wa Istanbul ahari festival y’ama film yitwa ‘Crime and Punishment Film Festival’.

Iyi ni festival ibaye ku nshuro yayo ya mbere mu Burayi ikaba igamije kurwanya ibyaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibindi byose byibasira inyokomuntu.

Mu kiganiro na IGIHE.com tumubaza uburyo yatumiwemo nk’Umunyarwanda, yagize ati : “Hagiye hatumirwa amafilm menshi agaragaramo ibyaha by’intambara, hanyuma bantumira kimwe n’abakinnyi bitwaye neza muri ayo mafilm ku isi ngo baze kuvuga ku buhanga bwabo mu gukina hanyuma batange n’ubutumwa bw’amahoro ku isi”.

Bamporiki yatangaje ko basanze film yitwa Kinyarwanda, akaba yaragaragayemo nk’umukinnyi w’imena we na Cassandra Freeman wo muri Hollywood, ari inzira ndetse ikaba yakwifashishwa mu kurwanya ibyaha by’intambara na Jenoside.

Mu butumwa bwe amaze gutanga muri festival yagize ati : “Nka Bamporiki ni uko niba dushaka amahoro arambye, habaho urugendo rwo gushaka amahoro yo mu mutima buri muntu ku giti cye, kuko ntawe utanga icyo adafite”.

Yongeyeho ko u Rwanda rwagize ibyago bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi bikabuza amahoro ndetse anasaba abari aho kuzaza mu Rwanda kwirebera ibyabaye ku Banyarwanda ndetse n’inzira y’amahoro arambye u Rwanda rumaze kugeraho.

Yanavuze ko iyi festival atari irushanwa ahubwo batumiye amafilm meza yo gutanga ubutumwa mu gufungura iyi festival ku mugaragaro.

Mu myaka iri imbere, bazatangira gutanga ibihembo ku mafilm meza arwanya ibyaha byibasira inyokomuntu.

IBITEKEREZO
Ariko uziko Tom Close yabivuze ukuri koko, ntimunyurwa, nkubwo se ko umunenga ikibi yakoze ni ikihe, ni uko yigisha abanyarwanga kubana neza se ? Abanyarwanda tuzishyiremo umuco wo gushyigikira ibyiza bityo n'udusigisigi tw'ivangura tukiri mu mitima ya bamwe tuzashira.
Musubize30.09.2011 saa 03:57
Kamuhanda Evariste
ushobora kumbwira ko ibyakora abikorana umutima wose 100/100 ntanyokokavukire ?kwironda se yarabiretse ?ahaaaa reka tureke kuvuga byinshi ubanze wirire cash kuko hari ufite isura idasa niyawe atavuga ngo bamwumve.?
Musubize30.09.2011 saa 02:50
Balyaningwe
Ndakwemera, nimba ibyo uvuga ari nabyo bikuri ku mutima, kuki bataguha umwanya muri iriya Commission ya HABYARIMANA JB ngo ubahwiture ko ubona abtazi nabo icyo babereye hariya usibye kuryua no gusahura itunga rya Bene Kanayarwanda koko ? Abantu bari open nkawe nibo bakenewe kabisa. Be strong we are together BAMPORIKI (Ariko se ubundi koko BAGUHORA IKI ? BADUSHAKAHO IKI ?) So ntakwanga akwita NEZA
Musubize29.09.2011 saa 12:06
nyamutegerakazazejo
Kideyo icyo akoze cyose arahirwa. Imana ishimwe wangu.
Musubize29.09.2011 saa 11:42
karinda emule
Muri Istanbul ntabanyarwanda babayo uzaze hano mububirigi rwose, kandi abantu bajyaga bavuga uyu mugabo none ndamubonye . uzaze utuganirize . iyo ni e- mail yanjye .
Musubize29.09.2011 saa 11:38
rwendeye
Ukwiye gushyigikirwa ndabona ufite akazi Bampo !
Musubize29.09.2011 saa 11:35
mapendo
Ngo ntamunahanuzi iwabo ra ? none ?
Musubize29.09.2011 saa 11:31
Leenadia@
Amahoro rata !, courage urashyigikiwe Iragena
Musubize29.09.2011 saa 11:29
Iragena
ibi nibyo dushaka , abantu bakora ibintu bigere no mumahanga courage dear . Abato tukuri inyuma
Musubize29.09.2011 saa 11:26
nashiba
Bamporiki afite impano yo gutanga ubutumwa bw'amahoro niba , uko avuga ikinyarwanda ariko abasha kumvisha abanyamahanga mundimi zabo byaba ari hatari . Ndamwemera peeeeeee
Musubize29.09.2011 saa 08:06
Evariste
Erega Abatoya nibage baduserukira nibo bazima , ndabona rwose Bamporiki akomeje kuba ishema kugihugu. congs Bampo
Musubize29.09.2011 saa 08:03
gaga
Ntureba rero , Komerezaho mwana w'iwacu ujye utubera aho tutari igihe ndabemera murayatara, njye nari namwumvise kri bbc none ndabona ameze neza muri Turky . verry happy
Musubize29.09.2011 saa 08:00
umuvumbi
Gud Edouard,ukora ibikorwa byiza rwose,uzajye ukomeza wigishe amahoro no kubana neza mu Rwanda
Musubize29.09.2011 saa 07:49
Nice
Gud Edouard,ukora ibikorwa byiza rwose,uzajye ukomeza wigishe amahoro no kubana neza mu Rwanda
Musubize29.09.2011 saa 07:49
Nice
uri umuntu w'umugabo kabisa !!
Musubize29.09.2011 saa 07:26
simba
Komera cyane nshuti,komeza ukize imitima kdi gumya ugende amahanga yose kuko uhesha abandi amahoro nawe azayahorana.Uwiteka agumye akugende imbere aringanize ahataringaniye.Thx
Musubize29.09.2011 saa 06:46
Eugene
Nuko nuko Kideyo we ! Komeza ubibe amahoro maze amahane acike duhane ibitekerezo maze twunganirane mu kugwiza amagana.
Musubize29.09.2011 saa 06:23
Thierry

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!