Umusaza bamukekeye guhinga urumogi, ni uko bohereza umupolisi kumusaka. Umupolisi agezeyo umusaza ati "ni bite ?" Na we ati "noherejwe kugusaka kugera no mu isambu."
Umusaza ati "nta cyo kabisa gusa ntugere hagati mu isambu." Umupolisi ati ’waca abari’ ! ntabwo umpa ’order’ (oda)." Yongeraho ati "badge (baji) nambaye inyemerera kugera hose kandi nta cyo wakora !" Umusaza ati nta cyo nakuburiraga gusa."
Hashize iminota yumva umupolisi ari gutaka atabaza kuko yahuye n’imfizi ikaze. Umusaza yumvise bikomeye, yurira uruzitiro maze mu ijwi rirangurura ati "Yereke badge yereke badge....!"
Gicucu izi saha uba uri he ?
Umugabo yatinze gutaha, ni uko umugore amuhamagara kuri telefoni n’umujinya mwinshi ati " Gicucu izi saha uba uri he ?"
Umugabo aramusubiza ati "Ntiwibuka ya bijouterie (bijuteri)twagiyemo ugapfira ya mpeta ariko simbashe kuyikugurira kuko nari nkiri umukene ?" Umugore ati "Ndayibuka sheri."
Umugore ahita acisha make atekereje ko agiye kumugurira iyo mpeta. Ni uko umugabo ahita amubwira ati "Ubu rero ndi mu kabari biteganye."
Ibaruwa umugororwa yandikiye PRIMUS
Ku nshuti nkunda kandi nkumbuye, mpisemo kukwandikira iyi baruwa kuko ari bwo buryo rukumbi bunshobokera kukugezaho amakuru yanjye no kukubwira akandimo.
Niba uzi gusoma simbizi, ariko nabonaga usirimutse nk’ubizi kuko nakubonanaga kenshi n’abaminuje, wanatindana n’inkandagirabitabo ugashirwa uzivugishije urufaransa.
Primus, Iri joro nakurose, ndota ngusanga iwawe ukanyakirana urugwiro ukampa icyicaro, nkagusomaaaaaa nkibagirwa gutaha.
Nakurota nagira ariko, nsigaye nkwibazaho byinshi bigatuma nkeka ko ibyo abenshi bakumbwiragaho ntarafungwa byaba ari byo. - Ngo uri inshuti mbi ! ; - Ngo uzansenyera ! ; - Ngo uzanyica ! ; - N’ibindi bibi byinshi. Hoya ariko ndabizi ntiwabikora shenge !!, Kukwibazaho ibi byose nkeka ko bituruka ku kuba utaransura na rimwe mu myaka 15 maze mu buroko, kandi njya no gufungwa uziko ari wowe wanyoheje ngakora icyaha. Ibi rwose bituma ntekereza ko ngukunda utankunda.
Aho ntiwagize ngo nzakuvamo nawe bagufunge ? Humura rwose urukundo nahoranye kandi nkigufitiye ntirwatuma mbikora kandi erega nta na rimwe nigeze ndeka kurukugaragariza ! Uribuka untura mu manga bwacya ntunsabe imbabazi nyamara ntibimbuze kugumya kwibanira nawe nta rwikekwe ? Uribuka umugore wanjye akuncyurira ntashye nkamucinya urushyi nkamwongeza ikofe, nti "aho guhara Primus twasaba gatanya !"
Ariko se iyo ubuze uko ungeraho ubura no kuntumaho ako karumuna kawe numvise bavuga ko ngo munasa n’ubwo ukarusha imyaka n’umubyibuho ? Wenda disi kanakunyibutsa urukumbuzi rukagabanuka ! Cyangwa nawe waramfuhiye utinya ko kanyigarurira nk’uko umugore wanjye yahoraga agufitiye impungenge ?
Humura ndakumara impungenge, washatse ko kangeraho ntikabura undi mukobwa ugaherekeza dore ko ngo kanikundanira n’abakobwa kurusha abasore.
Reka ibyo tubivemo nkwibarize ibindi. Ese waba ugifite aga taille nk’aka kera ? Kera warangwaga n’indeshyo yawe idahinduka kandi ntiwiyongere umubyibuho nk’ibyateye ubu maze nkabigukundira by’agahebuzo.
Nguheruka wangana n’ubushyuhe ugakunda ahakonje ? Mbese ni ko bikimeze ? Uracyambara se ka gakufi kariho akanyenyeri bitaga flambeau ? Uracyagendana se na Zingaro, Gisiga cyangwa Kidari ? Uracyagenda se muri ya modoka yawe ya fime ? Baracyakubyinirira se twa tuzina nka Manyinya, Giswi, Sebeya, Karahanyuze, Mubimba n’utundi ?
Ibyo nakubaza byo ni byinshi keretse ahari duhuye, ariko ni impamo uzisubireho unsure.
Ntarasoza iyi baruwa, nakumenyeshaga ko imyaka nakatiwe isigaje amezi make ngo irangire. Nizere ko rero tuzasubukura umubano. Mu rwego rwo kubyoroshya, dore nguhaye imbabazi utarazinsaba nirengagije ko utansuye, ariko nawe byibuze uzigomwe maze uzanyemerere ko ninzajya ngeza mu gicuku ntarataha uzajya usasa nkiryamira ntundaze rubunda kandi turi inshuti.
Ariko nizere ko byibura wanahinduye imyitwarire ku buryo twongeye guhura utanteranya n’uwo twashakanye unyibagiza inshingano z’urugo ngo bitume akeka ko muca inyuma kandi ibyanjye nawe bishirira mu kugusoma gusa.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ubwo na we uri inka !
15.05.2013 |
|
Urwenya : Nimutumvikana ndabasohora
10.05.2013 |
|
Comedy Knights bataramira i Burundi, Arthur yiganye Perezida waho
25.04.2013 |
|
Urwenya : ... mba mpanutse nkigwa hejuru nkivunagura !
27.03.2013 |
|
Urwenya : Ibyanditswe byasohoye !
22.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |