Abapasiteri ba ADEPR basubijwe ku ibere abandi baramanurwa


Yanditswe kuya 30-10-2012 - Saa 22:57' na Emmanuel Kwizera

Mu gihe abakiristo ba ADEPR bari bamaze igihe mu gihirahiro bibaza ikizakurikiraho nyuma y’igeguzwa ry’igitaraganya kuri bamwe bahoze ari abayobozi b’idini, kuri ubu hamenyekanye ibyavuye mu myanzuro y’inama y’ubutegetsi aho hari abazamuwe mu ntera, abandi baramanurwa ugereranije n’imyanya bari bafite.

Amakuru dukesha urubuga rwa gikirisitu isange.com, avuga ko ubu buyobozi buyobowe n’umuvugizi mushya w’agateganyo Rev. Past. Sibomana Jean uherutse gushyirwaho n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiryango itegamiye kuri Leta, ko ku wa 30 Ukwakira 2012 ari bwo inama y’ubutegetsi ya ADEPR yafashe imyanzuro ikaze yo kwimura ndetse no kuzamura Abapasitori batandukanye.

Uko ibi byemezo byafashwe :

Pastor Usabwimana Samuel yagizwe umuyobozi usanzwe wo ku rwego rwo hasi muri Paruwasi ya Nyakabanda, akaba ayobowe na Rev.Pastor Rurangirwa.

Pastor Rurangirwa wari warahagaritswe na Pastor Usabwimana Samuel yazamuwe mu ntera ikomeye agirwa umuyobozi wa Paruwasi ya Nyakabanda aho abaye umuyobozi w’uwari waramuhagaritse.

Pastor Ruyenzi Ernest yahawe kuyobora Rejiyo ya Byumba (aho yari yaravanywe) akaba yazamuwe avanywe muri paruwasi ya Kacyiru.

Pastor Karuranga Edouard yasubijwe ku ibere nyuma yo guhagarikwa ahabwa kuyobora Paruwasi ya Kacyiru yayoborwaga na Pastor Ruyenzi Ernest.

Pastor Emmanuel wayoboraga ururembo rwa Kigali, abenshi na we bavuga ko yatunguwe aho yoherejwe kuba Rejiyonali wa Kibungo.

Pastor Kayijamahe Jean yicajwe ku ntebe y’icyubahiro agirwa Rejiyonali wa Kigali.

Pastor wayoboraga Paruwasi ya Nyarugenge yashyizwe i Cyangugu.

Pastor Sebugorore Heneriko yavanywe muri Paruwasi ya Remera yoherezwa mu Bibare.

Pastor Semunyana Innocent yoherejwe i Rugarama.

Umuvugabutumwa w’ubushake Sugira Steven we bikaba bivugwa ko yaba agiye kuzamurwa akagirwa ushinzwe itangazamakuru muri ADEPR.

Nyuma yo kumva iyi myanzuro, abakristo batandukanye benshi batangaza ko bibatunguye kandi ko bazasenga Imana ikabaha kwakira ibibaye kuko ngo ubuyobozi bwose butangwa n’Imana n’ubwo hari igihe impinduka zigorana.

Mu kiganiro n’umuvugizi wa ADEPR wungirije, Tom, kuri iyi ngingo y’abari barahagaritswe ubwo ihererekanyabubasha ryari risojwe, yari yatangaje ko benshi mu bari barahagaritswe barenganaga kandi ko bazafata umwanya wo kureba ko hari abo ibyaha bihama maze bakazaba bakomeje guhagarikwa.

Abenshi bakomeje kwibaza niba koko aba bayobozi bagaruwe mu mirimo ndetse n’ubu buyobozi bushya buherutse gushyirwaho ngo buzakirwa neza n’abakristo bamaze igihe bavugira mu matamatama ko batigeze banyurwa n’iri shyirwaho ryabo.

Ifoto  : Uhereye i bumoso ni Rev.Pastor Sibomana Jean uyoboye ADERP ari kumwe na Pastor Emmanuel Kalisa woherejwe kuba Rejiyonali wa Kibungo.

IBITEKEREZO
IMANA IGUSHOBOZE
Musubize21.03.2013 saa 10:44
ALLIN
IMANA IGUSHOBOZE
Musubize21.03.2013 saa 10:43
ALLIN
KOROHA BYO NTIBYOROSHYE ARIKO IMANA YO NTIZAKOMEZA KUREBERA,IGIHE KIMWE IZIHAGURUKIRA KDI BIZABA BIBI KURUSHA IBYA MBERE,NIBA UMUNTU AKORA IBYAHA YAHAGARIKWA AGAKURWAHO AMAKOSA YOSE AGAHITA AYOBORA UWAMUHAGARITSE AKABA ARIWE UBA UMUNYAMAKOSA,ABANYARWANDA BARAVUZE NGO "IMANA IHORA IHOZE"TUBYIBAZEHO,IKI SI IGHE CYO GUSHAKA UBUTUNZI NIBA TUJYA MU IJURU,NI BYIZA KUTAVANGA BUSINESS N'UMURIMO W'IMANA Cg POLITIKI N'IYOBOKAMANA,GUSA NTA KINDI MVUGA IMANA NIBA ARIYO YABASHYIZEHO NTITUZATINDA KUBIBONA GUSA MBABAJWE N'IRI TORERO TUBEREYE ABAYOBOKE,NI UGUSENGA BIKOMEYE !!!!!!!!!!!OK BE BLESSED ALL !!!!
Musubize24.02.2013 saa 08:31
JEAN DE DIEU
Jye ndi umukristo wiyemeje gukurikirana amakuru yo muri ADEPR nk'Itorero ryanjye kandi nkunda, ntuye i Butare.Hari ikintu mbona abayobozi b'iri torero bakwiye kureka n'ubwo bagikunda kuko ndabona cyanga kikabasenyera cg kigatuma batagera ku musaruro no ku miyoborere irambye. Ntaho ibibazo bitaba ariko abayobozi ba ADEPR bitwara nabi igihe bagiye gukemura ibibazo byavutse.Nawe se mbwira ukuntu wajya gukemura ibibazo by'abantu bashyamiranye maze ukabanza ugatapfuna inkoko,ihene ,ibitoki ,amata n,amafanta ubihawe kandi ubisangiye n'umwe mu bafitanye ubushyamirane, akenshi iyi ruswa mutareka niyo ituma mufata ibyemezo bihubutse binyuranyije n'amategeko. jye mbahaye inama yo kubireka kuko nta gihe mutarya kandi ubwami bw'Imana ntabwo ari ubw'ibiryo.Ingero z'ibi mwazisanga henshi,kuko murebye na comments yatanzwe na Pasiteri Ngamije i Butare,n'uriye witwa Ngaruye byabaha isura ,ubu ururembo rwa butare rwarashije ha handi wibaza niba Karekezi azi inzira ijya mu ijuru bikakuyobera, ubu strategies ni uguheza no guhimbira ibyaha umuntu wese wanenga imikorere ariko tuzayinenga mpaka na mwisho. Gera i Save urebe umushumba waho ubu yataye ibara atinze atazanagarura n'icyubahiro gikwiriye ukorera Imana kuko we atayikorera ibyo abamo mu manyanga na Karekezi kimwe n'ibyo navuze haruguru uyu mushumba gito ntiyakagombye kuba akitwa umuyobozi utagaragara kandi abantu batiyumvamo kubera ibyaha kandi atihana birimo n'ibya genocide.Ha mbere aha uyu mushumba nawe yashwanye na Karekezi barangana urunuka, maze Karekezi ashatse kumwimura uyu ati nuramuka ubikoze ibyo twakoranye byose nzabishyira kumugaragaro bose bakumenye,nibwo Karekezi yahagararaga ku cyubahiro cye maze Namahungu umushumba aba ateye umuyenzi i Save atyo. Ubu yihangiye n'indi mirimo ngo ashake agatubutse, uko akabonye aragemura kwa karekezi bityo maze ubu niwe wasubiye ku ibere,ibyitwa ETD ubu ni ibye na Karekezi, abasomyi mumenye amakuru kandi n'abayobozi namwe mujye mukurikirana. Mukomere Bwenge
Musubize10.01.2013 saa 12:19
Bwenge
AHA HARYA NGO BARI BARARENGANYIJWE KOKO WAMBWIRA PASTEUR UTUNGA ABAGORE BABIRI CYANGWA BATATU .NONEHO NI MUNYARUKIRE MU RUREMBO RWA GITARAMA AHO STATION YAKIRIYE UMUPASTEUR UREGWA KUBA YARASAMBANYE ARIKO NA NUBU ARACYATANGA IFUNGURO HARYA NGO NIBO BASHYIGIKIWE GUSA BAMENYE KO UMURIMO ARI UW'IMANA ATARI UWA SIBOMANA .IMANA IZABEREKANA KOKO PASTEUR MU BUSAMBANYI USHAKA IYINKURU NEZA NI ANYARUKIRE MU ITORERO RYA GAHOGO.BIRABABAJE PEEEE
Musubize29.12.2012 saa 01:32
KAYINAMURA
Ibyo uvuze ni ukuri kabisa, aba bayobozi ba adepr ngo bashya nibataba maso bazahomaho pe, bazamera nka Samweli kuko nabo ubu barimo barishakira imyanya n'amajwi mu matora inzibacyuho yabo irangiye. ntibashaka kurekura mu gihe twizeraga ko ahari muri adepr hazaba impinduka ibintu bikagenda neza. inkuru ishyushye ariko inababaje, i Butare ni ururembo ruzwiho kuyoborwa nabi bishingiye ko regional waho yashakira inyungu mbese ni business arimo kwikinira tu, ku bunane yatumiye umunyamabanga mukuru w'agateganyo bwana Mutaganzwa Viateur ngo basangire nyuma y'igihe kinini aba bantu badakorana kubera ko Mutaganzwa akiyobora kuri adepr ville yari ahanganye na regional uyu ageza ubwo amwimura amujyana mu matyazo ari nko kumushyira kure ngo yikorere, byabaye inzigo hagati yabo kugeza ubu acyakora Mutaganzwa kubera inyungu zo kwishakira amajwi ngo azabe represantant nyuma y'inzibacyuho yaba arimo gushakisha amajwi , ariko n'uwayashaka yajya kurya kwa regional Karekezi koko, biragayitse kabisa,iyi ni ruswa iwkiye gukurikiranwa, butare mukomeze mwisengere Imana izakora ibikomeye kuko n'inzugi z'ibyuma irazimenagura, ubwo rero nyine nyuma yo kurya inkoko Regional nawe yagize ati mwazandwanaho ibyabaye mukabyirengagiza amajwi yose muri uru rurembo muyizere kabisa yose,birababaje vraiment ubona iyo Karekezi Regional ateka agahamagara abakene akaba aribo aha umunsi mukuru. yayayaaaaa ubu Mutaganzwa niwe wabuze ibya bunane.Ibi nibyo Itorero ryabayemo kugeza ubu ariko Imana irimo irabareba tu, mukwiye kwitonda, Mutaganwa nawe akwiye kwiha agaciro, nubwo atazaba representant ibyo azaba akuyemo si bike. Mukizwe mureke na ruswa kandi mureke kurenganya no kujijisha. Pasiteri Ngamije
9.01.2013 saa 13:26
Ngamije
ARIKO UWO BAHAGARITSE ADAFITE ICYAHA NINDE ?NONEHO BATANGIYE GUSAMBANIRA KUMUGARAGARO BAJYANWA MURI POLISI ARIKO BATINYE KUBAFATIRA IBYEMEZO PASTEUR KWERI MU BUSAMBANYI SIMUVUZE ARIKO NIMUNYARUKIRE MU RUREMBO RWA GITARAMA AMAKURU MURAYABONA IMVAHO BIRABABAJE NIBA RV.PASTEUR ariwo mukino azanye Imana iraza kumwereka ko idakangwa na biracitse
Musubize29.12.2012 saa 01:25
KAYINAMURA
Sha Kayinamu nubwo ntakuzi ariko uvuze ukuri kandi ko ku mugani wa Elysee nawe Imana izi abayo n'abajijisha bikinira imitwe irabazi. Jye ndi umukristo w'i Butare mu mujyi inkuru ya Pasiteri Ngamije inkoze ku mutima, nubwo bizwi mu mujyi wose wa butare no mu matorero awukikije kabisa Mutaganzwa Viateur yitwaye nabi arakabya, kujya kurya kwa Karekezi koko yari yabuze ibiryo iwe by'umunsi mukuru wa bunani, Karekezi we aba yifitiye ize yikinira , abana ,abakwe n'abakazana yari yabakoranyije, mbega weee, ubu itorero koko rizatungana ? Mutaganzwa yagiye kuyobora Matyazo Karekezi amwirukanye bapfuye amafaranga 500000 Frw Karekezi yatwaraga ku manyanga, ngo Mutaganzwa abyange ahita amwohereza mu Matyazo nko kumwikiza kuko Mutaganzwa niwe wari uyoboye ku kicaro cy'ururembo Karekezi akarya ku rurembo akanarya na paruwasi, nyumvira kabisa.ese usibye ubusambanyi kwiba byo wagirango bazabirokoka.Icyakora abapasiteri ntibanyurwa , naho ubundi burya umurengwe nubwo usiga inzara ntiwamara guhaga iby'ubuntu abandi biyicira isazi mu jisho ngo babure no gusambana.Imana ibatabare ndabasengeye kweri. Naho ubundi Mutaganzwa we yanditse amateka, kandi ayo matora mutangiye gutekinika muzirikane ko Imana ariyo yimika,iyo itakwimitse ntushobora kuba umuyobozi nyawe kuko uba winjiriye mu rindi rembo. Ngaho ra dukomeje gusenga Imana izigaragaza Ngaruye
10.01.2013 saa 11:56
Ngaruye
Imana nirengere ubwoko bwayo kandi abayo yabamenye ker ngo urufatiro rw'Imana nanubu ruracyariho rwanditseho ngo Uwiteka azi abe ubungubu mwe ntabwo muzi ikigezweho muri iyi minsi umuntu ufite amafaranga niwe wemerwa kandi satani yinjiye mutorero ikiza ni uko Yesu yavuze ati mureke urukungu n'amasaka bikurane nyiribisarurwa naza azitoranyiriza amasaka n'urukungu kandi ngo azajugunya urukungu mu muriro utazima
Musubize3.12.2012 saa 08:01
elysee
NKURIKIJE IBYOMUVUGA,NTAMPANVU YOKWIYANDUZA,MUBURYO BWOSE.UKIRANUKE MURIBYOSE NIBWO IMANA IZAKUZIGAMA UGASIGARA KNTARA.IJAMBO RIRATUBWIRA NGO,SHIKA SANA UCHONACHO.NYIRACYO NTAHINDUKA AZATABARA ABO GUTABARWA.UJYA AHWAZI NTABAZINZIRA.IMANA IFASHE ABANA BATAZI ICYATSI NU RURO,AKURIKIJE UKOABAREBA ABOHEREREZE UMWUKA WAYO ABAKOMEZE,KD ABAYOBORE MUKURI KOSE.NUSHUMBA UTARAGIRIRA IBIHEMBO,KD MUBO YAFASHE NTAKIZABAVUVUNURA MUBIGANZA BYAYO.KIMWE DUCECEKE DUTURIZE MWISENGESHO RIRANUKA NTIZABYIRENGAGIZ.ITANDUKANYE NATWE.INSINZI NI YAYO,NTARUGAMBA YIGEZE ATSINDWA,KANSWE IRYOYABABARIJWE.DUTUZE AZUKURI.AMAHOROMUBARI MURUHANDE RWIMANA.
Musubize30.11.2012 saa 07:26
######
Ibi byose byerekana ko amadini n'abayayobora icyo baba bishakira ari cash na power. Ibindi byose ni ukuyobora ababakuririkira nk'impumyi , bakirira cash barangiza bakabumvisha ko uwuzibeshya agashaka kwaka ibisobanuro ku miyoborere y'idini, icungwa ry'umutungo waryo, etc azaba ari guhakana Imana (!) bityo uwo muntu akaba agomba kuzacirwaho iteka (!!!) Ese niba bakorera Imana imwe koko ni kuki buri muntu agomba kugira idini ye ayobora, yaba ayisangiye n'abandi akarwanira kuyiyobora, bitashoboka intambara ikarota ??! Jye nafashe iki cyemezo : nzajya njya muri izo nsengero ngiye gushyigikira umuvandimwe, inshuti ( urugero : mu bukwe) cyangwa gutabara ( umuntu yatabarutse). Niyemeje kandi ko nta cash yanjye nzabaha, ninshaka gufasha umuntu umerewe nabi mbishoboye nzabyikorera kuko barahari benshi hanze aha. Yewe sinakeneye umugisha w'abantu bazobereye mu matiku no kugambanirana ntibagiwe uko benshi muribo bitwaye muri Genocide yo muri 1994. Kandi nyine n'abo bayobora niko bameze : bahita bajya muri ayo matiku ( urugero : reba comments ziri hano) urebe n'imyitwarire y'abo ''bemera'' muri genocide yakorewe abatutsi muri 1994. Sinzajya mu muriro kandi ngo n'uko ntiyerurukije ngo niyerekane uko ntari mu maso y'abantu, nzawujyamo ( niba unahari) kubera ibikorwa bibi naba narakoze cyangwa ibyiza ntaba narakoze. Ibindi ni ukuturagira ariko jye sindimo !!Ntihagire kandi untuka ngo ndakoreshwa na satani, mubanze mwisuzume ahubwo murebe imyitwarire ya benshi muri mwe mu buzima bwa buri munsi kandi mumenye ko kwigaragaza neza mu nsengero n' imisigiti , kwiyiriza, kurara mu masengesho, gusenga inshuro zingahe ku munsi bidahagije na gato. Ntibisimbura ibikorwa. Murakoze kandi mbifurije guhinduka abemera b'ukuri !!
Musubize16.11.2012 saa 02:04
Malabar
Ariko ubwiru bw'itorero barabwangije koko kugeza aho dukemurirwa ibibazo n'abambaye ingofero (nage ngo kubikemura sinabona uko mbyita )ababiteje bazabibazwa Icyo nzi nuko Umucungzi waryo ariho kandi amaherezo azahagarara ku isi Torero Ry'Imana nimukomere.Hababaje abanyabyaha bari batarinjira naho twe ntiducitse intege turakomeje
Musubize14.11.2012 saa 11:04
Intore
Ariko ubwiru bw'itorero barabwangije koko kugeza aho dukemurirwa ibibazo n'abambaye ingofero (nage ngo kubikemura sinabona uko mbyita )ababiteje bazabibazwa Icyo nzi nuko Umucungzi waryo ariho kandi amaherezo azahagarara ku isi Torero Ry'Imana nimukomere.Hababaje abanyabyaha bari batarinjira naho twe ntiducitse intege turakomeje
Musubize14.11.2012 saa 11:04
Intore
Imana niyo izi imitima kandi itorero rifite nyiraryo
Musubize11.11.2012 saa 07:11
innoce
IBIGAMBO.COM
Musubize8.11.2012 saa 10:44
ERIC
Ufite raison yo kubyita ibigambo kuko ntacyo byahindura. Gusa ku rundi ruhande ntabwo ari ibigambo kuko ba nyiri ugutanga ibitekerezo nibura bararuhuka. Kandi iyo tuba turi mu gihugu cyita ku mitekerereze ya ba nyiribwite byari kugira icyo bitanga. Gusa nyine bizakomeza kuba ibigambo kugeza igihe Imana izashima ko dusohoka muri ubu butayu.
16.11.2012 saa 01:36
dd
ABANTU,NIBAGABANYE AMAGAMBO BONGERE AMASENGESHO,KUKO,AMAGAMBO ARASENYA NTIYUBAKA,KUKO IMANA TWESE YATUREMYE KIMWE.NTA MUHUTU,NTA MUTUTSI,NTAMUTWA. TURI UMWE MURI CHRISTO,KANDI MU MUMAHA NGAYOSE UYUBAHA AGAKORA IBYOGUKIRANUKA,IMANA IRAMWEMERA. [ROM10:34,35]
Mugire umwete wo kwezwa no kubana n'abantu bose amahoro kuko utejejwe atazabona Umwami Imana. Hebreux 12 : 14. Yesu Kristo agirire neza abanyarwanda n'abatuye isi yose. Amen
Musubize7.11.2012 saa 08:18
GAKURU DAMIEN
Ndabona bitoroshye, ubuse ko umuntu yajyaga gusenga ngo aharuhukire uzajyayo, urebe abyobozi bicaye kuri alitari birirwa mu manyanga ugire icyo utora koko ! gusa mureke kutugira uburimiro bwanyu, mushobore mushake business mukora mutereke, Pst Sibomana, ntugire ngo ni impuhwe bakugiriye zo kugushyiraho nuko baziko ntacyo wakora na kimwe bagiye kujya bakuyoboreramo, ubundi baravuga ngo INKONI IKUBISE MUKEBA WAWE UYIRENZA URUGO, ntugire bariya banyamanyanga wikururiye bazagusiga amahoro, ese ubwo iyo mwirirwa mwayo mafuti bwacya mugatinyuka mugahagara imbere ngo muri kubwiriza muba muvuga iki ? Mwagiye mwigira urugero rwiza kuri President wacu ! mwaba mufite ubwenge koko mushaka ubwiyunge mugafata umunta wari Representant mukamuha kuyobora umudugudu koko ?Ubuse mubona Rwarakabije baramugize Local Defence ? icyo mbonye cyo nuko muzi amanyanga aliko Ubuyobozi bwo bubari kure aliko ngeraho nkabumva kuko amashuri yabo ni ko angana, Pst Samuel nubwo adukanira cyane , byibura we anagira n'akanya ko gusenga pe ! ese ubundi niba koko bari bafite amacakubiri atari ukucyatsa kuki batahanwe n'amategeko bakabareka, niba koko byari byo, icyaha cy'amacakubiori ko nziko kitihangnirwa mu Rwanda. please, njye numva rwose mukwiye kwicara hamwe mukaganira buri wese akagerageza guca bugufi mugakemura ibibazo, noneho mugaha urubuga abakristo bakishyiriraho abayobozi babona babagirira umumaro. Ikindi kandi niba Pst Samuel yarakoze ibyaha n'abagenzi be mwabashyize imbere y'itorera mukabahagarika mukareka... Njye rwose sinimva ukuntu mufata abantu nka Edouard Bamporiki ujya amara n'ukwezi kose atarakandagira murusengero,yiryamiye iwe, ngomumugize umujyanama ???? njye naratunguwe mubonye abayobozi bashya baje kwiyerekana nkamubonamo, asengera he ? mugafata abiyita za pst birirwa biruka mu bakobwa ngo mubagize abyobozi b'itorera, ubu muntu yashaka kukwangiriza umuvandimwe uzi neza ko afite umugore, ejo akakuyobora, ukicara ngo uri murusengero uratuje, ikindi mwagiye mushaka abantu bize ba ba Pst mukabaha kuyobora, muzaduha abantu badafite umwanya wo gusenga bongereho no kuba batarize nibura nihanaza n'umuzungu ajye ashobora kuvuganaa nawe cgse nibura ashobore gufungura na computer, mbwira koko, nkuriya bagize Regional wa Cyangugu utazi no gusoma ngo nuko yari inshuti ya regional ? ririya tangwa ry'imyanya ryarakabije ririmo ubuswa bukabije pe !!! mwe mwahise mwishyira aho mubona hari frs mesnhi, twari tutarabamenya neza twahise tubamenya kabisa, aho batura benshi, niba ari umuhamagaro koko mukaba mwari mwararenganye kuki ba Semunyana abo batahise bafata za Paroisse Mbuye... hirya iyo za gikongoro, Kibuye, Byumba, mu biturage, cg ngo mubahe nka za Bweyeye ????? Noneho abo mwanyanyagije mubarekere mu myanya yabo, gusa njya mbabazwa n'abantu bagiye gushyingirwa mu ino minsi , tuzajya tujya murusengero ngo bagiye kudusengera mutwahurireho imyuka mibi, abandi tuzajya tugira ngo hari umugisha w'Imana twatangiranye mu ngo zacu kandi wapi.....
Musubize7.11.2012 saa 01:58
Mutabazi
je sindi mu rwanda ndi umupantekoti wi BURUNDI ariko niba ufise gihamya c ivyo uvuze nsaga ibintu mu buyobozi bitoroshe . itoreo rikwiye gusengera abakozi. IMANA ibafashe
7.11.2012 saa 06:17
nsavye
Uwiteka atabare uboko bwe
Musubize6.11.2012 saa 09:48
dudu
MUBYUKURI IBI BINTU BIRABABAJE NJYE MBA U S A ndumukirisito wakirijwe muri ADEPER kandi ndi numucika cumu rwose ariko nukuri SAMWELI yarambabaje tubuze umubyeyi ariko ikimbabaje cyane nikintu satani abibye mubakirisito cyamoko ubu abacika cumu babaye abanzi babagenzi babo ngo nibo babikoze kandi umukirisito ntaho ahuriye nabyo rwose ariko benedata ntimubafate nabi ahubwo nabinda nini bitwaje icyo cyintu kugirango bagera kunyungu zabo
Musubize5.11.2012 saa 23:38
s.p
Humura si ko tubibona abari mu Rwanda. Ni ibigaragarira buri wese ko ari amaco yinda ari guhemuza bamwe bitwaje ibyago twagize bya genocide.Humura rwose si ko biri kuko na Samuel nawe ni umucikacumu kandi turamukunda kuko ni umurokore nyawe.Ntabwo rero hari umwuka mubi hagati y'abacikacumu n'abakristo bandi, kandi ibiba byose turabyakira kuko Imana aba ari ko yabishatse. Nongere nkubwire nti tuza.
6.11.2012 saa 02:06
dieudonne
Bayobozi bashya niba mutitonze mugakomeza gukora Imana mujisho mugiye kuzanira igihugu ibyago ariko mugize ubwenge aya mezi atandatu mwakora iby'ubutwari mugasubiza ibintu mu buryo mugashimisha Leta kandi mukanabungabunga ubuzima bw'umwuka ariko abanyabyaha mwihane.
Musubize5.11.2012 saa 14:50
nzeyimanam@yahoo.com
Reka mbaganirize nka mwene so, ubwo Yohana yavugaga kuri Yesu yamuvuze ho ko intara ye iri mu kuboko kwe kandi ngo azeza imbuga ye cyane, nagusabaga ngo urwane intambara yo kugira ibiro kuri iyi ntara kugira ngo iri gosora rigusige ku ntara kuko nziko nyuma yaryo tuzabyinana intsinzi na yesu kandi nta soni zaruta iz'umusaraba wahindutse ibyiringiro byacu, mureke twibagirwe ibiri inyuma ngo dusingire ibiri imbere rero, naho bariya bene data (pasitors) tugomba kubasengera tutarobanuye ku butoni kuko tuzi ko Imana yabimikiye impamvu kandi iyi ntara nibo yibasiye cyane. Umuririmbyi yaragize ati : 'urwanane na Yesu kweta bihebuje we kwitwaza imifuka n'ibitabo gusa genda ubyawe n'Imana ukijijwe rwose wuzuye umwuka wera no kwizera nako. Nshoje mbasaba kugira umwete wo kuba maso ngo mutajya mu moshya kugira ngo mugume muri rya torero Yesu yavuze ko n'ubwo amarembo y'ikuzimu yazikuka atarishobora kandi ukuri mutazi ntimuguhagarareho kuko impanda y'imperuka izatwikurura byose, ubwo rero nta mpamvu yo guhangayika niyo bitasobanuka tukiri mu isi bazasobanuka kuri uriya munsi. Be blessed
Musubize5.11.2012 saa 03:27
Theophile
1 | 2 | 3 | 4 | 5

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!