Abayislamu basoje igisibo basabwa guhesha igihugu isura nziza


Yanditswe kuya 19-08-2012 - Saa 05:33' na Jotham Ntirenganya

Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda warangije ku mugaragaro igisibo gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan mu rwego rw’igihugu, mu muhango w’amasengesho wabereye kuri Stade Regional ya Nyamirambo kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Kanama 2012.

Mufti w’u Rwanda Sheik Abdul Karim Gahutu wayoboye amasengesho kuri Stade ya Nyamirambo, yashimye Imana amahoro n’umutekano byaranze igisibo.

Sheik Gahutu yasabye Abayislamu gukunda igihugu no gukomeza kugisabira nk’uko byakozwe mu gisibo muri rusange.

Yaboneyeho no gusaba Abayislamu bose gukunda igihugu, aho yagize ati :”Buri wese asabwe guharanira guhesha igihugu isura nziza”.

Umuyobozi w’Abayisilamu mu mujyi wa Kigali, Mushumba Yunusi na we yagize ati : “Turashima Imana kuko nta kibazo na kimwe twahuye na cyo, kandi twasangiye amafunguro ya nimugoroba turi kumwe n’Abayislamu ndetse n’abandi basengera mu yandi madini.”

Igisibo cyaranzwe no gufasha abatishoboye, by’umwihariko ku basaza barengeje imyaka 75, aho abafashijwe basaga 100 mu mujyi wa Kigali, naho mu rwego rw’igihugu umubare nturamenyekana.

Buri mukambwe yahabwaga ibyo kwikenuza byiganjemo ibiribwa bifite agaciro k’ibihumbi 50.

Mushumba avuga ko byari muri gahunda yo kugira ngo hatazagira Umuyislamu ubura icyo arya ku munsi w’isozwa ry’igisibo.

Yongeyeho ko batangiye ubwisungane mu kwivuza ku bantu 300 batishoboye, barimo n’abatari abayoboke b’idini ya Islam, by’umwihariko mu karere ka Gasabo aho bubatse n’amazu.

Mu mujyi wa Kigali, Abayislamu bateganyirijwe ahantu harenga 9 ho gukorera amasengesho, harimo : Kicukiro, MAGERWA, Mayange, Masaka, Kabuga, Murindi, Kagugu, Remera na Nyamirambo ku rwego rw’igihugu.

Nk’uko bisanzwe buri wese yerekeje iwe gusangira n’inshuti amafunguro ateganyijwe, hagakurikiraho iminsi 6 yo guherekeza igisibo, aho buri Muyislamu aba agikomeje gusiba.

Kubera uyu munsi mukuru, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko tariki ya 20 Kanama ari ikiruhuko ku bakozi bose.

IBITEKEREZO
eid mubarak baslam b'u Rwnda kandi murasabwa kwiga tukajijuka turi benshi bityo natwe tukazavamo abayobozi beza b'u Rwanda ejo hazaza ! ikindi kandi mube source y'amahoro n'ubwumvikane muri bagenzi banyu, mube abo kutangwaho urugero aho kuba abo kucirirwaho imigani. Imana iduhe umugisha kandi itwakirire igisibo.
Musubize20.08.2012 saa 09:25
umukunzi
Ariko abayisiramu nibake basi kandi muribo abize koko nkuko Mufuti wacyuye igihe yabivuze,nawe coment 5 kunkuru nziza nkiyi reka najye nshyireho iyanjye byiyongere kandi mbwire Shamimu,Swahaba na Khalim muti IDI na BURAKA byiza ubundi rendez-vous ni kwa GUNESSI tunyweg'amazi buke !!!!muze mukuremwo esheki.
Musubize20.08.2012 saa 07:36
Alphonse Mugabe
ukuntu aba islam mukoraneza,mukabana neza nabandi,mukaba inyangamugayo mugihugu cyacu,mugatandukana nabo mubindibihugu,ntimugire amacakubiri ntimuna subiranemo,nti mupfe amaturo nkandi madini yacu,.....iyaba mwemera yesu nkumana w'imana,nkumwami numucunguziwanyu,mukemera ko ariwe nzia n'ukuri nubugingo ko nta wujya ku mana atamunyuzeho,ko yabapfiriye kumusaraba..... mukikuramo iyo code mwashizwemo ngo Imana ntibyara (wowe se ko ubyara ?ninde waguhaye ubwo bushobozi ? uwabikubaza uri uruhinja wonka utazi nuko wavutse ) twese nanjye twakabayobotse byihuse kuko turabemera kandi nanjye ndabemera.please ntimukababaze Imana ntacyo bimaze !!!!??????.
Musubize20.08.2012 saa 05:39
uuuuuuu@yahoo.com
Ibuka : Islam=character(imico myiza) worship(ibada-amasengesho) creed(aqeeda-imyemerere). Twirinde rero gutwarwa n'imico n'imyifatire ya gihakanyi. Muslim first and rwandan next. Muslims must wake up !
Musubize20.08.2012 saa 03:04
Abdullah
Iyo bavuga guhesha isura nziza igihugu baba bashaka kuvuga iki ? byose birangirira mu gukunda igihugu. Abayobozi bafata ijambo bakirirwa bazenguruka kw'ijambo rimwe gusaaa ! Biriya biba bihagije nta mpamvu yo kwiriza abantu kuzuba ! Ikindi mubo yabwiraga nta numwe uri muri diaspora, erega ikibazo kinini kiri muri opposition(ibigarasha) yangisha impunzi igihugu ?
Musubize19.08.2012 saa 15:32
Kampire
Ejo haba hari congé ?
Musubize19.08.2012 saa 13:39
RUGERO PATRICK
cyokora abayisilam ni abantu beza ugereranyije nandi matorero.ese kujyamo bisaba iki ngo najye nzigiremo ?
Musubize19.08.2012 saa 11:19
bizimana
Bizimana, kuba umuyoboke mushya nta kindi bigusaba uretse kubivana ku mutima ukabivuga mu magambo ko Ntayindi Mana ibaho mu kuri uretse Allah ukemera ko na Muhamad ari Intumwa y`Imana. Uzajye ku musigiti ukwegereye babigufashemo
20.08.2012 saa 07:01
sa
arikose ku cyumweru ntimukora ? nonese mwazabivuze ntitukirirwe twandika za comments
Musubize19.08.2012 saa 09:56
ruruhuha
NIBYIZA CYANEEEEEEEEEEEEE IMIRIMO MYIZA NIYO IKWIYE ABEMERA IMANA ,ATUGAFASHA ,IPFUBYI ,ABAPFAKAZI KANDI INGORORANO ZIRAHARI NAHANDI NI MWIJURU GUSA.
Musubize19.08.2012 saa 09:08
KABANDANA
Mansh-Allah ,Allah azakire ubusabe bwanyu kandi mukomeze gukundana nkuko intumwa yacu MUHAMED SWW ,YABITWIGISHIJE
Musubize19.08.2012 saa 09:03
SAMIRA
Mansh-Allah ,Allah azakire ubusabe bwanyu kandi mukomeze gukundana nkuko intumwa yacu MUHAMED SWW ,YABITWIGISHIJE
Musubize19.08.2012 saa 09:03
SAMIRA
umunsi mwiza ku bayisilamu.
Musubize19.08.2012 saa 07:59
HAMA
Aba islam irayidi nziza.turabemera mutandukanye nandi madini kubijyanye n':imirimomyiza,kubana neza,kutavangura,kutironda,gufashanya byukuri,gukoresha amaturo neza,guasha abakene.... nukuri kuribyo ndahamya ko ntadini ryazabihemberwa nkamwe mwijuru....icyo mubura ni ukutemera yesu nkumwami numucunguzi wacu twese,ko ariwe nzira itujyana kwase ariwedata...nukuri mwikuyemo iyo code tutazi uwayibashizemo twse twese ntanumwe usigaye twakabayobotse peeee.....kandi nukuri imirimo myiza nta yesu it's nothing kandinanone imirimo myiza with yesu it's more and more better.advise : try to beleive Jesus.love me love my dog means love me love my son.
20.08.2012 saa 05:59
kavamahanga bijigo
@kavamahanga bijigo nonese kwemeera yesu utakwigisha ibyo byiza wavuze haruguru bizakujyana mw'ijuru bikumariye iki muvandimwe ?
21.08.2012 saa 01:11
Shishoza
Jyewe ndumva nta mpamvu z'ikiruhuko kuko bakoze umunsi mukuru byahuriranye n'icyumweru. Ubuse uwo mu minister murumva ahangayikishijwe n'ibibazo by'ubukungu u Rwanda rurimo ? aho yabakangurire kuzindukira k'umurimo ngo abahaye ikonji ???? nzaba mbarirwa
Musubize19.08.2012 saa 06:01
ruvuzacyuma rwa mvuuzo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!