Bwa mbere mu mateka ya Kiliziya Gatolika, Papa Benedicto XVI yavuze amasengesho mu rurimi rw’Icyarabu, bikaba bibaye intangiriro y’uko inyigisho za Papa za buri wa Gatatu w’icyumweru zizajya ziba muri urwo rurimi mu rwego rwo gusengera Abakirisitu bavuga Icyarabu.
Gusoma misa mu Cyarabu bije nk’inkunga y’amasengesho ku Bakirisitu bo mu Burasirazuba bwo hagati cyane cyane abavuga Icyarabu. Ngo bitewe ahanini n’ikibazo cy’imyiryane n’amahoro make gikomeje kwiyongera muri aka karere.
Ngo iyi myivumbagatanyo yatumye Abakirisitu banganaga na 20% by’abatuye mu gace k’u Burasirazuba bwo hagati bahunga. Mu kinyejana kimwe hasigaye abatarenga 5%.
Buri wa Gatatu, Papa asanzwe agira ibiganiro bikwirakwizwa ku Isi na radiyo na televiziyo.
Ku nshuro ya mbere, imbere y’imbaga y’abizera, muri Bazilika ya Mutagatifu Petero, umupadiri yasomye inyandiko ituruka kwa Papa mu Cyarabu, ivugwa no mu Gitaliyani, ihindurwa mu Gifaransa, mu Cyongereza, mu Kidage, mu Cyesipanyoro, mu Giporutigare, mu Gislovakiya, no mu zindi ndimi.
Nyuma y’ibyo Papa Benedicto XVI mu rurimi rw’Icyarabu, yagize ati “Papa arasengera abaturage bose bavuga ururimi rw’Icyarabu, Imana ibarinde mwese !”
Iki gitekerezo cyo kwinjiza ururimi rw’Icyarabu mu ndimi Papa asanzwe atangamo inyigisho za buri cyumweru, ngo kije nyuma y’uruzinduko Papa Benedicto XVI aherutse kugirira mu gihugu cya Libani tariki ya 14 kugeza 16 Nzeri 2012.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Pasiteri Munyamasoko yatorewe kuyobora AEBR ku rwego rw’igihugu
16.05.2013 |
|
Abagera kuri 800 bagizwe abatagatifu
13.05.2013 |
|
Papa Francis yashyizeho umusenyeri mushya mu Rwanda
7.05.2013 |
|
Kiliziya Gatolika n’andi madini baramagana ubutinganyi bivuye inyuma
4.05.2013 |
|
Ishyamba si ryeru muri Diyosezi ya Kabgayi
4.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |