Diyosezi Gatolika ya Butare yizihije yubile y’imyaka 50


Yanditswe kuya 10-09-2012 - Saa 00:38' na ORINFOR

“Umukirisitu mwiza ni upiganwa mu rukundo rw’Imana agapiganwa no mu bikorwa bimuranga”. Ubu ni bumwe mu butumwa bwatangiwe mu birori byo kwizihiza Yubile y’imyaka 50 Diyosezi Gatolika ya Butare imaze itangiye umurimo w’iyogezabutumwa byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 8 Nzeri 2012.

Muri uyu muhango, iyi Diyosezi yishimiye ibikorwa yagezeho byo guteza imbere Abakirisitu, inasaba imbaraga zo gukomeza kwamamaza inkuru nziza mu Bakirisitu.

Igitambo cya misa cyaturiwe kuri Paruwasi Cathedale ya Butare, nicyo cyabimburiye ibirori byo kwizihiza yubile y’imyaka 50 Diyosezi ya Butare imaze yamamaza inkuru nziza ya Yezu Kirisitu.

Ku ikubitiro mu 1961, Diyosezi ya butare yatangiye ifite paruwasi 17 ubu ibarirwamo paruwasi 25.

Amakuru dukesha ORINFOR avuga ko binyuze mu bikorwa bya Kiliziya Gatolika, Diyosezi ya Butare yageze kuri byinshi mu myaka 50. Uretse umurimo wo kogeza Ivanjili mu Bakirisitu, Diyosezi ntiyatanzwe no kubaka ibikorwa biteze imbere abaturage. Muri byo harimo uburere n’uburezi kuva ku mashuri y’inshuke kugeza kuri za kaminuza, kuzamura imibereho y’Abakirisitu, kurengera ababana n’ubumuga no gusana imitima y’Abanyarwanda yashegehwe n’amahano yo mu 1994 ndetse n’ibindi.

Umushumba wa Diyosezi ya Butare, Munsenyeri Philippe rukamba, yasabye Abakiriristu ko bagomba gukomeza gushimangira urukundo rw’Imana.

Muri uyu muhango, abitangiye Diyosezi ngo igere kubyo yagezeho, bahawe ishimwe, CYANE cyane imiryango mpuzamahanga y’abihayimana yatangije iyogezabutummwa mu Rwanda. Muri diyosezi ya Butare kuri ubu harashyizweho Paruwasi nshya ya Kirarambogo iri mu Karere ka Gisagara.

IBITEKEREZO
Nyagasani akomeze kwiyoborera Kiliziya ye mu Rwanda.
Musubize22.09.2012 saa 03:49
GATO JOSEPH
Tubifurije Yubile nziza ibabere igihe cyo kwicyebuka no kwisubiraho mumasezerana mwagiranye na nyagasani yo kuba imanzi none akaba ari mwe muri kubica munkumi no mu bagore !!kuba padiri ni umurimo mwiza cyane nemeza ko uruta indi yose ariko kdi ugasaba imyitwarire ikwiye, ubu rero mbona abenshi bari gusebya umurimo wabo bigwizaho imitungo kdi biroha mubusambanyi. nshuti z'Imana murabizi kuturusha ko ntakindi kibivamo uretse umuvumo !! Jyewe nikundira abapadiri biyubaha kdi bagahesha agaciro umurimo wabo. Jye nsigaye mbona hari hari abapadiri cg ababikira babaKristu hakabaho nababapagani. Nyabuneka ba Musenyeri nimugerageze gukebura abo bungeri bareke gutesha gaciro Kiliziya y'Imana. Murakoze
Musubize11.09.2012 saa 01:23
mutabazi
Nimugire Yubile Nziza ! Mukomeze ubutumwa kandi mukomere ku rukundo rw'Imana n'urw'abana bayo ari bo bavandimwe banyu, mutarobanuye kandi mudacogora.
Musubize10.09.2012 saa 15:16
Nirere
nyumvira icyo kinyarwanda" gupiganwa" ubwo se bishatse kuvuga iki ?
Musubize10.09.2012 saa 14:40
lue

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!