Komite y’agateganyo ya ADEPR igiye gusiga ivuguruye amategeko


Yanditswe kuya 16-02-2013 - Saa 07:53' na Emmanuel Kwizera

Komite y’inzibacyuho y’itorero rya ADEPR, iratangaza ko abayobozi b’iri torero bari mu mwiherero mu Karere ka Muhanga bashyiraho amategeko mashya agenga iri torero ; kuko ngo wasangaga buri wese yishyiriraho amategeko ye.

Mbere y’uko inzibacyuho icyura igihe ku wa 17 Werurwe uyu mwaka habanje gukazwa amategeko agenga iri torero, kuko ngo abantu bayagonganiragamo bitewe n’uko nta mategeko ahamye yari ahari.

Komite y'agateganyo ya ADEPR

Mu mategeko mashya ni uko indembo [biva ku rurembo] 12 za kera zahujwe n’Intara eshanu z’Igihugu, nk’uko Rev Past Rwagasana Tom, Umuvugizi wungirije wa ADEPR yabitangarije IGIHE. Ati “Twari dufite indembo 12 za kera, ariko ubu dufite Indembo eshanu ari zo Ururembo rw’Intara y’Amajyaruguru, urw’Amajyepfo, Iburengerazuba, Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali. Hashyizweho n’Uturere ariko Paruwasi ntizahindutse.”

Rev Past Rwagasana akomeza avuga ko mbere wasangaga buri muntu yishyiriraho amategeko, ariko ubu ngo amategeko yose ni rusange kuko arareba abashumba, abapasiteri n’abandi bose bo mu itorero. Ati “Wasangaga nk’umuyobozi yiyamamaza ku mwanya akawumaraho nk’imyaka 20, umuntu akikomatanyirizaho imirimo nk’itatu wenyine ariko ibyo byavuyeho ubu nta muntu wemerewe kurenza manda ebyiri ku mwanya kuko azajya abisa abandi Banyarwanda na bo bayobore. Manda izajya imara imyaka itanu, pansiyo ni imyaka 65.”

Akomeza avuga ko ADEPR itarimo yigana leta, kuko ngo mbere y’uko iba ADEPR ni iy’Abanyarwanda

Ahumuriza kandi abayoboke ba ADEPR, akavuga ko iri torero ritigeze rita umuco waryo kuko rigendera ku ijambo riri muri Bibiliya rivuga ko “Itorero ari irya Kirisito ryubatswe ku rutare.”

Komite y’inzibacyuho ivuga ko izasiga igaruye ituze mu banyamuryango bose b’itorero, ikanavuga kandi ko abarenganaga bari barakuwe ku mirimo bakwiye kuyigarurwaho.

IBITEKEREZO
Sinajyaga nkunda kwandika kuri izi mbuga zanyu ariko none reka ntange umusanzu muto. Yesu yaje mw'isi byarabanje guhanurwaho na ba Yesaya mbere y'imyaka nka 700. Ariko umunsi yavutseho abamenye ko umucunguzi yaje ni Mariya, Elizabeti, Yozefu, Simiyoni n'umukecuru witwaga Hana gusa. Abatamyi biberaga mu kurindagira batagisenga, kugeza ubwo bamubambye agize imyaka 33 bataramenya ko ari Kristo. Birababaje ukuntu bariya basaza bishyize (cg bashyizwe) ku buyobozi bibagiwe ibyahanuwe muri za 1980-1990. Ubu ni bo bari gutegeka ko nta wemerewe kongera guhanura. Barambabaje cyane !!! Ibyahanuwe byarahanuwe. Turabitegereje kandi bizasohora. Ikibabaje ni Yuda twagendanye imyaka ingana gutya, tugashinga Itorero, tukariha imbaraga dukoreshejwe n'Imana, ikatubwira birya twabonye n'ibiriho ubu n'ibigiye kuba imbere turi kumwe na we, none akaba arigurishije akamanyu k'umutsima !!!. Ubugingo bwe burambabaje cyane !!! Abera muhumure tuzataha neza, abandi tuzarama ngo tuzabashe gutekerereza abandi ibyo Uwiteka azaba yarakoze mu gihugu cyacu. Imana ibarinde nshuti bakundwa.
Musubize4.03.2013 saa 10:02
Croyant Bizashira
ariko se koko mumbwire Gutoranya cg gushiraho abayobozi(Abashyumba ou bien abapasteur) Mukurikiza iki nimba atari ibanga kuko kera uko mwabigenzaga byarahindutse cyane kdi uko bibiriya ibivuga batoranywaga bihabanye nibyo mukora !!! Muyandi magambo biragaragara ko mushobora kuba mwarataye umurongo pe !!!!
Musubize25.02.2013 saa 05:57
Baseka
itorero n'iry' Imana.inama nagira buri wese usengera muri ADEPR,niyihangane asenge Imana atuze akorere Imana kuko izamuhemba,aho tugeze mugihugu cyacu ntabwo umuntu akwiye gukora areba abantu kuko ataribo dukorera,iyo umukristo atanga icyacumi cyangwa amaturo aba abitanga ngo bikore umurimo w'Imana ntabwo ari abantu abiha,niyo mpamvu nkwiriye,ukwiriye kwirinda muri byose kugirango ubugingo bukomeze kuba buzima,Imana ishyiraho ubuyobozi,ikabukuraho hakajyaho ubundi,bene data uko ubuyobozi buhindutse tujye tuvuza induru OYAA,ubuyobozi buzahinduka hajyeho ubundi nkomeze ubukristo bwange n'urugendo rujya mwijuru,ntawe unciye intege.
Musubize25.02.2013 saa 03:43
DIDI
Iriya gahunda y'uturere n'intara ntacyo yari itwaye,ariko biragaragara ko bashyizeho abayobozi babyo,batitaye kumurimo w'Imana ahubwo bateguraga itorwa ryabo,nonese bishoboka bite ko umuntu urangije Primaire nka NGAMIJE Viateur ayobora abantu bafite Licence muri Theologie ndetse na ba Pasteurs batagira ingano barangije A2 muri Theologie ndetse n,abarimo biga za kaminuza uko ni ugutesha agaciro itorero.
Musubize22.02.2013 saa 12:49
J.Bosco
Muzatore nababgira iki,ariko Imana niyo nyiri umurimo,kandi mumenye ko tuzawubazwa ku munsi w'amateka,munzu y'Imana siho ho gushakira indanmu mbi,kandi mumenye ko abakristo benshi twabaye abarakare kubera coup mwakoze ntimwagira n'icyo mukosora kubyo mwavuze REP ati TUGIYE GUHUZA AMATEGEKO Y'IGIHUGU N'AYA LETA,yewe bihuriye he hari umuntu uhagararira akarere atarize,mbese buriya bazajya baganira naba Mayers cg Governors gute.KAYIJAMAHE we Courrage komeza utekinike harya ngo ntabgo ITORERO baryica ureba ubuse ko ari wowe urizambije ?
Musubize22.02.2013 saa 07:25
mukubwa
jewe nibereyi i BURUNDI muri pentekote ariko ndevye izi commentaires zanyu nsanga ADEPR n ubuyobozi bwayo mri mu bibazo bikomeye cane. mukwiriya gusenga mukayoborwa n UMWUKA WERA kabisa. ndababaye cyane kuko nkuda cane amakolali ya adepr.IMANA IKOMEZE IRENGERE ITORERO RYAYO KABISA .
Musubize22.02.2013 saa 04:40
lolo
IBI BYOSE MURABIKORESHWA NI NDA YANYU GUSA NDETSE NO KWISHAKIRA ICYUBAHIRO ARIKO ABAKOZI NYABAKOZI NTIMUBAREBA MWAKUYE AMABOKO MUMIFUKA MUGAKORA KO BIZABAHESHA GUKORERA IMANA MUDAFITE AMASHYARI KANDI KO BYATUMA ABANTU BABASANGA BAKABAGARUKIRA AHO KUGIRANGO BABATUKE NKUBU KOKO NA RWAGASANA WIHAYE YAGIYE MURI ARIYA MATIKU KUMARA IKI KOKO MURABONA IMIRIMO MYIZA MWAGIYE MUKORA KUYISORESHA AMTIKU BIMAZE IKI GUSA NDASHIMIRA ABAGIYE BIHANGANA BAKABA BAKORERA IMANA BIHANGANYE BAFITE UBUTWARI
Musubize22.02.2013 saa 01:03
72
ibyo muvuga nimwicecekere mubiture Imana, n'ubundi urwishe ya nka ruracyayirimo, jye ndi umupasiteri wari i muhanga muri assamble, uburyo abayobozi bashyizweho birabababaje hakozwe nomination mu gihe twari twiteguye ko hazabaho amatora asesuye maze tukitorera inyangamugayo, nawe se gushyiraho nka ngamije i gisagara nta na tronc commun kimwe n'abandi byo mwagirango ntihari ikibyihishe inyuma. gusa ntacyo Imana irahari na Karekezi arashyizwe avuye i butare n'abandi murebereho.ubu turibaza impamvu n'ayo mategeko muvuga mutayegereza abakristo ngo bayatangeho ibitekerezo kandi aribo aba agiye kuyobora, ikindi dusaba kandi dukangurira na Leta kudufasha n'amatora akwiye gushyirwa mu mucyo gusa ibyo naboneye i muhanga byo biteye agahinda abayobozi bari aba agateganyo barangije gufata imyanya ibyitwa amatoro ngo birabeho, nawe watekerezaga kwiyamamaza uhebe, dore uko bimeze, abahawe uturere nibo bazajya gutora bya nikize ariko ibintu byararangiye umuvugizi ni Tom, umwungirije ni Viateur mutaganzwa, umunyamabanga ni kayijamahe, imari ni iya Christine, ubwo se koko ibyo ni byo Imana ishaka ko bikorwa ,narumiwe, mubitegereze nibiba muzamenye ko nta kinyoma kandi ko byapanze kera ndetse sibomana ariwe muvugizi w'agateganyo araye ariwe uzayobora intara y'umujyi wa kigali. ngaho abasenga mukomeze musenge ibya none ndabona bizarushaho kuba bibi kuruta ibya kera. Pasiteri namahungu j.Baptiste i butare
yewe mparakumva ibya bayobozi buturere narinzi ko ikibazo gikemutse ariko abakozi biyongereye nonese ko muguhemba abapasteur hazamo ubusumbane ubwo bizakemuka gute ? nyuma ya analyses nyinshi ndabona bureau iri gutegura abazabatora kuko bari abapasteurs bahawe promotion batabikwiriye kandi ngo nabahagaritse ngo bagiye gusubizwa ubushumba harimo abanyamakosa. nibyo gusengera !
Musubize19.02.2013 saa 06:19
kazi
Bene data twirinde gusebanya ku kintu icyo aricyo cyose, ahubwo ku kintu cyose twiheshe agaciro nk'abakozi b'Imana. Itorero rifite nyiraryo kandi tuzi neza ko ubutegetsi bwose buturuka ku Mana. Ahubwo tuzirikane ijambo Yesu yavuze, ati "dore ndaza vuba nzanye ingororano kugirango ngororere umuntu wese ibikwiriye ibyo yakoze". Bisome mu byahishuwe 22:12
Musubize18.02.2013 saa 15:10
Habimana Japhet
Itorero rihagaraye mu kuri kandi riyobowe n'UMWUKA WERA RIGIRA LETA INAMA KUKO LETA IKENERA BENI IRYO ,NAHO IRITABASHA GUKEMURA IBIBAZO RYABYO RIBA RIFITE CRISE SPIRTUELLE.,ADEPR IRI MURI IYO CRISE ARIKO SI ABAKRISTO BOSE HARI ABARI MASO ,NDABINGINZE NGO BAKOMEZE KUBA MASO NO KUTITA KU BYABARANGAZA BYOSE,KUGENDERA KU MURONGO WA LETA SI BIBI NIBA BITABOGAMIYE UMURIMO W'IMANA,INDEMBO ESHANU NI UMWUKA W'IMANA UZIYOBOYEMO COMITE Y'INZIIBACYUHO CYANGWA NI IYI CRISE ITUMA HABAHO GUHUZAGURIKA ,IGIHUNGA N'UBWOBA, NO GUSA N'ABUMVIYE LETA NYAMARA NABO UBWABO BABONA INGORANE MU MURIMO,NIBA REV.PST REGIONAL BYARI BIMUGOYE GUKURIKIRANA URUREMBO,RWARI RUTO AZAKURIKIRANA ATE INTARA ? utwo turerese ni sous region ? ariko mwatuje mugahagara mu kuri ,ko leta yacu yifuza abayobozi bayobowe n'umwuka w'imana,ARIKO BA YOBOZI BA ADEPR MWATUJE MUGASENGA IMANA MUGACA BUGUFI NTIMUSE NABAKORERA GUSHIMWA NA LETA.ESE UBU ABAKIRISTO BA ADEPR BAZAJYA Babona byose bibagwa hejuru kugeza ryari ? ntaruhare bagira mugushyiraho amategeko.harya abahumba bazabahagararira,nta cyo bavuga ku mbanziriza mushinga w ,itegeko ,ese mwanavuguruye uburyo amategeko ajyaho .nabagiraga inama bayobozi bahitamo kugendera ku byifuzo by'abana b'abantu,batitaye cyane ku nyungu z'umurimo w'imana ni uwikunda
Musubize18.02.2013 saa 13:58
aloys
Abakozi b'Imana Nyir'Umurimo abashoboze inshingano zikomeye bahawe. Nibakora neza Imana izabishimira. Ahubwo umuntu wese wamenye Imana akwiriye kubasengera kuko ibihe turimo
Musubize18.02.2013 saa 12:12
jean
Icyihutirwa si uguhindura regions hari andi matorero afite regions zakera ariko nta bombori bombori ibamo
Musubize18.02.2013 saa 10:32
uwera bernadette
Njye mumbwire Ngo RWIGEMA Yabaye Mayor wa Nyagatare ?????????????? uriya wafotoraga impapuro muri UNR ? Azayobora bande se ? ate ? mumbwire niba aribyo. Aba bagabo nabakuraho amaboko burundu !!!!!!! Harya na Viyateri nawe yabaye atyo koko ? Sindabyemera.
Musubize18.02.2013 saa 06:15
Mukumirizi
NDABONA NONEHO ITORERO RIRI GUTUNGANA KWERI GUSA MUSENGE ABAFITE IMITIMA YOKWIBA ITORERO NTIBANZONGERE KUBA MUBAYOBOZI IKINDI NABAFITE INGENGA BITEKEREZO YA GENOCIDE NABO UWITEKA ABATURINDE NAHO KWIGANA LETA NTACYO BITWAYE CYANE KWARIYABANYARWANDA KANDI NITORERO AKABA ARIRYATRISTO RIBA MURWANDA.
Musubize18.02.2013 saa 05:24
ngirinshuti japher
nanjye ndumva hakwiriye amategeko adahindagurika nk'uko Leta zihindagurika zihindagurika uko bukeye. Twari dukwiye kureka Umwuka Wera akatuyobora kuko ari we uzi ibizaramba...
Musubize18.02.2013 saa 05:22
NIYONSABA M
ikibazo nukudaakizwa neza ntakindi urugero kimisange adepr nimushake ntimuyihitishe ariko kimisange bakeneye amahugurwa abantu babuza abantu gukorera imana bitwaje amabwuriza bishyiyeho ngo nuko ntamwenewanyu ukuvugira ariko hari imana izavugira abantu bayo
Musubize18.02.2013 saa 04:55
claude
bayobozi bacu mukomere kandi mukore ntihagire ikintu kibaca intege gusa ikijyanye namategeko mugerageze mugikoreho nawese mwarimu arabyuka agashyiraho ayashatse bitewe nuko yabyutse past nuko abadiyakonibo sinavuga mbese musobanurire abantu muyobora amabwiriza yitorero bareke kuvanga nokwihimura kubantu uko bishakiye nkaba nabasabagako mwahera kuri ADEPR kimisange paroise rwampara mukabasobanurira kuko baratumaze nimutabare kandi ingesi ihari mugerageze muyirandure icike mubwire rujurama abikoreho kuko past byaramunaniye
Musubize18.02.2013 saa 03:46
claude
Ikibazi s'amategeko, ikibazo nabayashyira mubikorwa batize birirwa mumatiku, umuntu utazi gusoma amatangazo yayoboraakarere ? kumugi nka Gasabo ? Nagahoma munwa
28.02.2013 saa 11:33
claude
ITORERO RIFITE YESU KRISTO NK'UMWAMI WARYO KANDI AKABA N'UMUYOBOZI WARYO MUKURU. NTABWO YARIRETSE AHUBWO AHORA ARIHANZEHO AMASO KUGIRANGO ARIGIRIRE NEZA. NATWE ABAKRISTO MUZE DUHAGARARE MU NSHINGANO ZACU NEZA DUSENGA IMANA, DUSENGERA ABAYOBOZI BACU NGO IMANA IBAFASHE KANDI IBAYOBORE, DUHIRIMBANIRE GUKORA UMURIMO MU BURYO BWOSE NKUKO TUBISOMA MU IJAMBO RY'IMANA. YESU ARAVUGA MU IJAMBO RYE ATI DORE NDAZA VUBA KUGIRANGO NGORORERE BURI WESE IBIKWIRIYE IBYO YAKOZE. TWIRINDE IBIRANGAZA AHO BYATURUKA HOSE EJO UWO MUNSI WA YESU UKABA WADUTUNGURA.
Musubize18.02.2013 saa 03:37
MATABARO Evariste
UMUNTU WESE AZAHEMBWA IBIKWIRANYE N'IBYO YAKOZE, ITORERO RY'IMANA, ARIRYO ABIZERA YESU KRISTO BY'UKURI BAVUYE MU BYAHA, RYUBATSE KU RUTARE AMAREMBO Y'IKUZIMU NTABWO AZARISHOBORA. IGIKURU NI UKUZAGIRA IHEREZO RYIZA. KANDI AHO GUSEBANYA NIMUREKE TUJYE KU MAVI, YESU NTAWUMURUSHA GUKUNDA ITORERO, KUKO ARIWE WARIPFIRIYE.
16.03.2013 saa 15:10
Nkunditorero
by by ADEPR YA SIBOMANA n' bambari bawe
Musubize18.02.2013 saa 03:07
ineza
1 | 2 | 3 | 4

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!