Musanze:Paruwasi Bumara yatashywe izafasha u Burezi


Yanditswe kuya 20-07-2012 - Saa 08:29' na Nyirabera Marie Chantal

Ku cyumweru taliki ya 15 Nyakanga 2012 mu Karere ka Musanze mu kagari ka Bumara,umurenge wa Rwaza, hatashywe Paruwasi Bumara izafasha mu kuvugurura ibyumba by’amashuri.

Umusaza wavutse 1913 hashize imyaka 3 Santarari ya Bumara ishinzwe, yavuze ko iyo Paruwasi ifitiye abaturage akamaro mu kubagezaho serivisi zitandukanye, zirimo amashuri n’ibindi.

Mpembyemungu Winniflide, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yatangaje ko bafatanyije na Paruwasi ya Bumara bazavugurura ibyumba by’amashuri bishaje, bakazabisakaza amabati kuko byari bisanzwe bisakaje amategura.

Padiri Bazamanza Jean Népomuscène waragijwe Paruwasi Bumara yatangaje ko bafite byinshi bashaka kugeraho birimo umuryango remezo uzafasha Abakirisitu kwigira hamwe ibibazo byabo no kurebera hamwe icyabateza imbere.

Musenyeri wa Diyosezi ya Ruhengeri Harorimana Vincent yavuze ko bafite gahunda yo gushinga paruwasi hirya no hino, mu rwego rwo kwegera abakirisitu babagezaho ivanjiri badakoze ingendo zivunanye cyane.

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe Aime yavuze ko Intara y’Amajyaruguru igiye kureba uburyo yafatanya na Diyosezi muri gahunda yayo y’umuryango remezo aho usanga abakirisitu bahura bakigira hamwe ijambo ry’Imana. Yagize ati : ”Leta ifite imishinga iteza imbere abaturage bakava mu bukene bityo ugasanga ari naho umuryango remezo uganisha”.

Kuri uyu munsi ababyeyi bazanye impano zitandukanye
Umuyobozi w'Intara y'Amajyaruguru Bosenibamwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Musanze
Abayobozi ba Kiliziya bataha Paruwasi

Paruwasi Bumara yabyawe na Paruwasi Rwaza yashinzwe mbere mu rwanda. Ni Paruwasi usanga zitanga serIvisi zifitiye abaturage akamaro mu mashuri n’amavuriro.

IBITEKEREZO
Rwaza ntabwo ariyo Paruwasi cg Misiyoni ya mbere mu Rwanda...iya mbere ni SAVE...2.ZAZA....3.NYUNDO....4.RWAZA....5.MIBIRIZI.....6.KABGAYI....yari kwandika Rwaza ni imwe mu zashinzwe mbere mu Rwanda....mujye musobanuza mutange amakuru atomoye...Umunsi mwiza...ikinsi mwitoze kujya mwemera ibitekerezo binenga Leta kugira ngo yikosore ibitukana nanjye sinemeranywa nabyo...murakoze
Musubize20.07.2012 saa 07:50
silas
Save - Zaza - Rwaza - Nyundo - Kabgayi - Mibirizi
25.07.2012 saa 04:18
Uwase
EGLISE catholique irubashywe urabona ukuntu aba babyeyi babukereye n 'inimpano vive catholique vive vatican.
Musubize20.07.2012 saa 06:52
######
"Abayobozi ba Kiliziya bataha Paruwasi" Ese ubu muba mwayobewe amazina yabo
Musubize20.07.2012 saa 05:38
125kjlkh
Kiriziya Gaturika ni Umubyeyi wacu ukwiye kubahwa, harakabaho izo ntore z'Imana shenge.
2.08.2012 saa 03:15
UMUHIRE Gerardine

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!