U Bwongereza : Kiliziya yemereye ababana bahuje ibitsina kuba Abasenyeri


Yanditswe kuya 5-01-2013 - Saa 12:06' na Emile Nsabimana

Mu gihugu cy’u Bwongereza, Kiliziya [itorero ry’Abangilikani] yavanye akato ku bihaye Imana bakundana n’abo bahuje ibitsina ; bemererwa kuba abasenyeri ariko bakaguma kuba ingaragu.

“Itorero ryemeje ko abihaye Imana bakundana n’abo bahuje ibitsina bashobora gusaba kuba Abasenyeri.” Uku ni ko Musenyeri Graham James wa Norwich yasobanuye iki cyemezo cyari cyarafashwe mu Kuboza umwaka ushize ariko kikabanza gukorwaho ubushishozi mbere yo kwemezwa ku mugaragaro n’itorero nk’uko ikbitangazwa na televiziyo Al Jazeera.

Uyu musenyeri yongeyeho ko icyemezo cyo kubuza abantu bagirana umubano n’ababana bahuje ibitsina kuba abasenyeri bitari bishingiye ku kuri, kuko ngo ntaho biba bihuriye n’imyitwarire ku giti cy’umuntu mu myitwarire ngengabupfura.

Ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina ku bafite ibitsina biteye kimwe byatandukanyije Itorero ry’Abangilikani muri Afurika n’iryo mu bihugu by’u Burayi na Amerika, kuva aho imwe mu madiyoseze yo mu gihugu cya Canada mu mwaka w’2002 yemereye abahuje ibitsina kubana ; ndetse mu mwaka w’2003 Abangilikani muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakemerera ku mugaragaro umugabo ukora imibonano mpuzabitsina n’undi mugabo kuba umusenyeri.

Basabye kenshi kwemerwa muri Kiliziya

Kiliziya yo mu Bwongereza igaragaza ko ishaka kugendana n’ibigezweho bishingiye ku ndangagaciro za kimuntu, icyakora muri iyi minsi iragenda itakaza umubare munini w’abayoke kuva ubwo mu Kuboza 2012 yashimangiraga ko nta mugore ukwiye kuba umusenyeri.

Abangilikani bari abayoboke ba Kiliziya gatolika bo mu Bwongereza bitandukanyije na yo bashaka ko abihaye Imana bajya bashaka abagore.

N’ubwo iyi kiliziya ifashe icyemezo ko umuntu ufite inshuti bahuje igitsina yaba umusenyeri, yigisha ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina gusa ari uko bashyingiranywe kandi gushyingirwa bikaba hagati y’umugore n’umugabo.

U Bwongereza bwemeye ko abahuje ibitsina bashobora gushyingiranwa mu mwaka w’2005, kiliziya na yo isabwa kureba uko ikemura ikibazo cy’abihaye Imana babana bahuje ibitsina.

Kiliziya yemera ko kuba uwihaye Imana agirana umubano n’abakora imibonano mpuzabitsina bafite ibitsina bisa ntacyo bitwaye, ariko ikabasaba kudakorana imibonano mpuzabitsina.

IBITEKEREZO
NDEMERA KO IDINI ATARIRYO RIZAJYANA UMUNTU MU IJURU, ARIKO AGAKIZA NAKO KAGIRA AHO KANYURA, NTABWO UMUNTU ASHOBORA GUSHAKA IBIMWOROHEYE HATONAHATO AGASHINGA AMADINI N'UTUDINI NGO IMANA NTIREBA IDINI.OUI ARIKO NDABABWIZA UKURI KUBERA IMBABAZI N'UBUNTU IMANA IGIRA IRAKOMEZA IKARWAZA ARIKO ABANYAMADINI BABA BATAKAJE INGABIRE NYINSHI ZIBAKIZA, BITAVUZE KO ABAGATOLIKA ARI ABATAGATIFU MAIS ICYO YEZU YAKOZE YARAVUZE ATI NIMUGENDE MWIGISHE AMAHANGA, L'UNIVERS MUYINDI MVUGO IBANGUTSE BIVUGA CATHOLIQUE nta gitangaza kirimo rero buri wese ajye yishimira aho ari niba hamufasha gukiranuka, ariko nta mana isengerwa mu ndaro !
Musubize13.02.2013 saa 13:52
manikiza
Kiliziya y'Imana si Gatolika nta n'ubwo ari amatorero tuzi cyangwa se tutazi !!! Kiliziya y'Imana izwi n'Imana yonyine abibwira ko Kiliziya ari imwe itunganye baribeshya cyane rwose nongere ngo cyane rwose. Kiliziya igizwe n'abantu Imana izajyana mu ijuru kubera ko bayubashye bakiri mu isi ntabwo igizwe n'abantu banditse mu bitabo kwa Padiri cyangwa kwa Pasitori nk'uko abenshi tubyishuka. Ubwo ni ubuyobe buvuga ko abatunganye baba mu muyoboro umwe w’imisengere. Bibiliya ibivuga neza ko ari nta muntu n’umwe uzigera uragwa ubwami bw’Imana agendera mu bibi (ABAGALATIYA cg ABANYAGALATI 5 : 19-21). Ubwo rero abantu iyo bava bakagera bagendera muri ibyo byaha bivugwa aho muri Bibiliya (gusambana, gukora ibiteye isoni, gusenga ibishushanyo, kuroga, kwangana, kwitandukanya, kwirema ibice, kugomanwa, gusinda, ibiganiro bibi n’ibindi bias bityo). Ku rundi ruhande umuntu wese urangwa n’urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugira neza, ingeso nziza, gukiranuka, kugwa neza no kwirinda uwo ni we Imana izaiyereka kandi ikamujyana kuba mu ijuru ryayo turota gutahamo. (ABAGALATIYA 5:22-23). Tugomba kuyoborwa na Roho Mutagatifu (UMWUKA WERA) niba turi abana b’Imana koko kandi tuyumva tukanayumvira mu byo idusaba gukora byose. Ubwo rero abavuga ko Kiliziya Gatolika ari yo yonyine itunganye barishuka cyane kuko nk’uko aho hantu mbagejejeho hatavuga idini na rimwe ryemerewe cyangwa ribijijwe gukiranukira Imana. Ikindi ngo Imana ni Roho (Umwuka) kandi n’abayisenga bakwiriye kuyisengera mu Mwuka no mu kuri (YOHANA 4 : 24) !!! Aha iyo mpageze ndatangara cyane kubera ibivugwa ndetse n’ibikorwa pe !!! Ese uwo mwuka cyangwa Roho turayireka ikatuyobora cyangwa turiyobora Roho y’Imana tukayirukana muri twe ? Turi abantu rero bayoborwa n’Imana tutiyobora ntabwo Kiliziya yakwigishije ko batisimu ikorerwa ku gahanga kuko tuzi ko ntaho BIBILIYA ibivuga na hato. Iyo batisimu rero ni kimwe mu bimenyetso jyewe mperaho mvuga ko abantu birukanye Roho w’Imana muri bo !!!! Uti biteye gute ? Iyo usomye ABANYAROMA (ABAROMA 6:1-4) [n’ushaka usome icyo gice cyose] kandi rero niba uri n’umugatolika ushake Bibiliya Ntagatifu irabigusobanurira neza. Batisimu rero y’Imana yavuye mu bantu kubw’inyigisho z’abantu. Aho kumva Imana dusigaye twiyumva tukanakora ibyo dushaka. Ntabwo batisimu ari ugusuka ahubwo isobanura kwinikwa hanyuma ukuburuka. Amaco y’abantu rero yashyizeho ibyabo bihuye n’irari ryabo gusa. Muri MATAYO 15:6-9 [n’ushaka usome icyo gice cyose], Yesu ahinyuramo imyigishirize y’Abafarisayo abita indyarya zishimisha Imana iminwa ariko imitima iyiba kure kandi ko inyigisho bigisha ari iz’abantu gusa. Abantu benshi rero bari kugendera mu buyobe ngo idini yabo ni yo itunganye kandi barishuka. Nta dini ritunganye ribaho, ahubwo hatungana abantu. Imana itube bugufi kandi idusobanurire ugushaka kwayo. Tugerageze gukiranuka no gukora ibyo idusaba tuve mu bidatunganye. Nyagasani Yesu (Yezu) nabane namwe mwese muri busome iyi comment n’ubwo ari ndende bwose. Ibihe byiza. Giuseppe from Butare.
Musubize13.02.2013 saa 03:18
Giuseppe
ibi nabyo n'ibigaragaza ibihe bibi by'imperuka
Musubize13.02.2013 saa 02:28
dominique
umutwe wiyinkuru uteye urujijo pe ubundi tuziko kiliziya arimwe itunganye Gatolika kandi ikomoka kuntumwa rero abangilikani ni itorero gusa bazumirwa barimwisi !!!!
Musubize2.02.2013 saa 03:33
Ishuti
byagiye bitangira ngo ntagupfukamira padiri ngoburiwese niyigerereyo guhera ubwo bacaho bati padiri anywa divayi wenyine ,batiibishushanyo,bati bikiramariya ,.......,abagendeye kuribyo bose mubona uko nabo ubwabo bayobewe aho bagana ibibi byose niho byinjirira .ibyubakiye kumusenyi ntibiramba ariko ibyubakiye kururutare arirwo kristu wapfuye akazuka mubapfuye ntibishobora guhirima nagato . nubwo ibishuko aribyinci muriyisi dutuye kristu muzima niwe wenyine uturwanirira abishushanya kobasenga babikora rimwe imana ikabisenya . BAVANDIMWE NKUNDA NIMUTUZE MUREKE KUJARAJARA MUMA DINI IMANA IRI MUMUTIMA WAWE.REKA MBAGANIRIRE GATO<< INUMA YARICAYE NGO YUMVA UMUHUMURO MWIZA CYANEE IRAVUGA IT <<REKA NGURUKE NCAKE UYUMUHUMURO AHO URI, ITANGIRA URUGENDO UBWO UKWO YAGENDAGA IKUMVA NTIHAGERA IRARUHA ISUBIRA INYUMA IRICARA IMAZE KURUHUKA NGO ITANGIRE BUNDIBUSHYA IMAZE GUTUZA NEZA YUMVA WAMUHUMURO URI GUTURUKA MURIYO BWITE YIZENGURUKAHO ISANGA NIYO UTURUKAMO .SINGE WAHERA .BIVUGA NGO IMANA IRIMURITWE REKA INGESO MBI UCIKE KURI KAMERE MBI IZAKWIYEREKA .YARI UBAKUNDA :DENIS PACIS REMERA.
Musubize21.01.2013 saa 03:09
denis.PACIS REMERA
Abanyamakuru mugomba kumenya gutandukanya ibintu, iyo uvuze ngo Kiliziya mu kinyarwanda uba uteje urujijo. Ujye uvuga itorero ry'abangilikani n'aho ubundi Kiliziya ni imwe.
Musubize13.01.2013 saa 14:21
Theo
Erega ni ibyahanuwe kandi nimpumyi imenya ko ifite umuntu uyiyobora none wasobanura ute ko abangilikani baba basoma Bible Cg bafita bibiliya yabo itameze nkiyayandi Madini gusa byarakomeye. Sinko kubona Umugore yarigize ikigomeke ku Mana akigira Umupasteri kandi Bible ibibuza rero abakora ibyo ntibagaseke Abangilikani kuko ntaho bataniye nziko nabo basoma Bible. Si urubanza mbaciriye ahubwo ni agahinda nfite kumutima kibyo bintu numwa kandi nabona. Gusa Imana Irahana kandi yihoreye.
Musubize10.01.2013 saa 01:22
Emmanuel Mbangukira
imana ntihaniraho kdi nabo bisubiyeho bazabona ijuru haracyari agahe gato ko kwihana gusa tujye dutekereza kwigihe kiri bugufi isi ikarangira twitegure izarangire twa bookinze ticket for going there
19.01.2013 saa 11:04
musare Duhimbaze Janvier
Aka ni akumiro...burya wabona amahano aba ariko kuyaha uruhushya no kuyakorera umuhanda n'ikibuga azajya akorerwamo ni agahomamunwa...Mana yego ntushaka kuduhinduza agahato ariko birakwiye ko tubona akanyafu ... KOKO ABANTU BIYEMEZA GUKORA N'IBYO INYAMASWA ZIDATINYUKA...AMAHANGA ABYARA AMAHANO
Musubize8.01.2013 saa 06:00
######
nibitari ibyo biraje kdi byarahanuwe hahirwa abiteguye bakaba maso ntibagendere ku buriganya bwa satani nibo bazabasha gutsinda vikwazo kama hivyo
19.01.2013 saa 11:16
musareDuhimbaze Janvier
Icyo mbivugaho nk'umwanglicani w'umunyarwanda ni uko ubuyobe ntaho butaba no mu ijuru bwarahabaye ariko ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, muzarebe ko mu ijuru habaho undi wigomeka nka satani. Mu Rwanda rero ntidushobora, arabe abyumva nyakubahwa mukuru Rt Bisop Dr. Rwaje Onesphore. ABANYARWANDA TURIYUBAHA KD TWIHESHA AGACIRO
Musubize7.01.2013 saa 16:43
M,arcel
Buriya bazajya bigisha iki ?
Musubize7.01.2013 saa 11:16
amarebe josias
Isi iragana he ? Ko iyobowe n'impumyi ? Batangiye basaba kugira abagore none nabo babavuyeho barashaka abagabo nkabo ? Ariko nimureke dusenge Ingoma y'Imana niyo izatsinda. Gusa baradukururira uburakari bw'Imana . Bibiriya yabo se baba barasibyemo inkuru ya sodoma na gomora ngo bihe raison ? Nyagasani ubagenderere ubakubitishe inkuba y'umuriro wawe ubahindure bashya nk'uko wahindukije Sauli waje kuba intumwa Pawulo ?Ubundi ngo inkunga zabo baziha abemera kujya iyo babajyanye, dukomere ku gaciro ka muntu kuko ni ko kuri nibiba ngombwa umutumirano upfe SIBOMANA na mwene wabo yarabibabwiye.
Musubize7.01.2013 saa 01:39
IGANZE
satani niwe muyobozi erega...none se ubu abantu turayoborwa n'Imana koko ? Turi mu icuraburindi rikomeye cyane.ni aha Nyagasani.
Musubize5.01.2013 saa 13:53
ngumya
Abangirikani barangiritse koko ! N'ubundi se ko ari abahakanyi babuzwa n'iki gushyigikira ayo mahano ? Ndabaza abanyarwanda b'abaporoso icyo babivugaho ! Kiliziya ni imwe... ibindi ni amaco y'inda.
Musubize5.01.2013 saa 13:45
Nirere
ntabivuga ubundi ayo madini yabo mwazayavuyemo tukisubirira kuri gakondo yacu , tugakora nk'uko abakurambere bacu bambazaga Imana y'I Rwanda Jye ayo Madini yabo jye nayavuyemo nsigaye nkora nk'abakurambere .kandi nabo niko babikoraga kuva na cyera kandi ntacyo byari bibatwaye. Ubundi se kuki dusenga Ibyo abazungu batuzaniye ? Ayo Madini yose aho ava akagera n 'amwe ntakiza mbonamo , nayo kutuzanira ibibazo gusa
Musubize5.01.2013 saa 13:38
hitimana
ubwo barashaka kugira urusengero rwabo nkisodoma na gomora.mwisina rya YESU
Musubize5.01.2013 saa 08:15
NTWARI GEORGE
N'ubundi Kiliziya itunganye Gatolika kandi ishingiye ku ntumwa yakomeje kuvuga ko Abangilikani bayobye bakayiseka. Ngaho none namwe ntimubyiboneye ?
Musubize5.01.2013 saa 06:29
Ado
ishingiye ku ntumwa cg ni ku mana ?You tell me plz.
22.01.2013 saa 07:26
angelique
L'église de l'apostasie
Musubize5.01.2013 saa 04:30
Alain

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!