Hashize iminsi havugwa amakuru y’uko umunyamakuru Kwizera Ayabba Paulin wakoraga ikiganiro Gospel Time Show kuri Radio Isango Star atakiri umunyamakuru kuri iyi Radio ; benshi bavuze ko yirukanywe kubera amakosa atandukanye yakoze, abandi barimo na nyir’ubwite bakavuga ko atirukanywe ahubwo yasezeye ku mpamvu ze bwite.
Mu gushaka kumenya byimbitse amakuru y’impamo kuri iki kibazo twaganiriye n’abantu batandukanye batuvira imuzingo imvo n’imvano y’uko ibintu byose byagenze kugira ngo uyu munyamakuru wari umaze umwaka urenga akora kuri Isango Star ndetse wakundwaga n’abatari bake abe atagitangaza ikiganiro cy’iyobokamana cyanyuraga kuri iyi Radiyo.
Jean Lambert Gatare, ni Umuyobozi Mukuru (Managing Director) wa Radiyo Isango Star ; mu kiganiro twagiranye nawe ku murongo wa telefoni igendanwa, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Nyakanga yadutangarije ko ubuyobozi bw’iyi Radio butigeze bwirukana uwahoze ari umunyamakuru wabo Ayabba Paulin.
Gatare yagize ati : “Version iri original (inkuru mpamo) ni uko mu by’ukuri tutigeze twandika na rimwe ibaruwa twirukana umuhungu witwa Paulin, habayeho ikintu cyo kutishimira imikorere ye cyane cyane ku bijyane na kiriya kiganiro yakoraga cyitwa Gospel Time Show, notamment twamubwiraga buri munsi guhindura umurongo w’ikiganiro kuko wagira ngo ikiganiro ni ADEPR gusa, ntiyashakaga Abasilamu, Abagatolika n’abandi, noneho tuza kumenya ko hari amafaranga yaba yakira, ariko ni ukubikeka kuko nta evidence izi n’izi naza ngo nkwereke. Mu gihe rero twashakaga kumuhamagara ngo tumubaze ibyo bintu niba ari byo cyangwa atari byo yahise yandika ibaruwa isezera atumenyesha ko ku mpamvu ze bwite ahagaritse akazi”.
Umuyobozi Mukuru wa Isango Star yakomeje avuga ko batari kwirukana Ayabba Paulin kuko n’ubundi atari umukozi wabo wasinye kontaro (Contract), kuko yakoraga nk’umukorerabushake.
Agira ati : “Ikindi kandi nta n’ubwo twari kumwandikira kuko nta baruwa imuha akazi twari twarigeze tumwandikira, yakoraga nk’umu volontaire, ubikunda kandi ubishaka. Nta baruwa Isango yandikiye Paulin imuha akazi cyangwa ikamwambura kuko nta na contract yari afite iwacu. Donc birumvikana ko tutari kwamwandikira ngo turamwirukanye kandi nta contract nta n’ibaruwa imuha akazi ; iyo biza kugenda gutyo hari ubundi buryo twari gukoresha kumubuza kuza ku kazi ariko ntabwo twakoresheje, we yaranditse arademisiyona (arasezera)”.
Ku byavuzwe by’uko uyu munyamakuru (Ayabba Paulin) yaba yaragiye yakira amafaranga y’abantu batandukanye bashaka ko abahitishiriza indirimbo kuri radiyo, kugera n’aho mu minsi ishize yaba yaritwaje izina rya Isango Star akaka amafaranga urusengero rwa Omega Church ngo yamamaze igiterane cyabo, Jean Lambert Gatare ntiyagize icyo abivugaho.
Gatare avuga ko yumvise ko haba hari facture Ayabba Paulin yaba yarahaye Omega Church ariko atigeze abikora mu izina rya Isango Star. Ati : “Anyway niwe wijyanye ashobora kuba yarikanze ko yakoze amakosa ariko ntabwo aritwe twamwirukanye".
Yongeyeho ati : “Niba ihari koko Isango ntiyigeze imutuma. Iyo facture ntayo nigeze mbona ariko aramutse yarayitanze nta hantu Isango yamutumye ngo ayitange kuko ntabwo ashinzwe marketing, ntabwo ari DAF, ntabwo ari DG yewe nta n’undi muntu wemerewe gutanga facture uretse umuntu ushinzwe marketing muri Isango Star”.
Jean Lambert Gatare yongeye ati : “Paulin yakoze ikosa ryo kwakira amafaranga Radio itabizi niba iyo facture ihari, hanyuma abonye ko ari ikosa arademisiyona, byarashobokaga ko tuganira tukamukata ayo mafaranga cyangwa tukamugaya ariko we ahitamo kudemisiyona”.
Nyuma yo kuvugana n’Umuyobozi wa Isango Star twavuganye n’umwe mu bakristo bo mu rusengero rwa Omega witwa Eddy Musoni ; yatangarije IGIHE.com ko rwose bahaye Ayabba Paulin amafaranga mu ntoki kuko bageze kuri Isango Star bagasanga uwakira amafaranga nta uhari. Avuga ko ibi biba hari kuwa Gatanu saa kumi.
Twabajije Eddy Musoni niba nta mpungege bagize zo guha amafaranga umuntu udashinzwe iby’amafaranga, adusubiza ko Paulin bamubonagamo Isango Star, batamubonaga nkawe bwite. Yagize ati : “Biturutse ku muntu wari wamuturangiye twari tuziranye kandi dufitiye icyizere twumvaga nta kibazo kirimo na gito”.
Ayabba Paulin we aratangaza iki ?
Ku rundi ruhande, tuganira n’Umunyamakuru Paulin yadutangarije ko yasezeye kuri Radio ku bushake bwe nk’uko Gatare yakomeje kubitsindagira.
Yagize ati : “Ni impamvu zanjye bwite, ntabwo ari ngombwa ko mbivuga aka kanya, igihe cyo kubivuga kizagera mbivuge ariko ntikiragera”.
Paulin kandi yahakanye yivuye inyuma ko hari amafaranga yaba yarakiriye cyangwa yahawe n’abantu batandukanye yitwaje ko ari umunyamakuru wa Isango Star. Yasubije muri aya magambo : “Nta kintu na kimwe nishinja, nta ruswa natse nta na giti natse ibyo ntabyo nzi niba hari ubizi yabisobanura neza, rwose ntabyo nzi”.
Paulin ariko yemeza ko hari amafaranga yahawe na Omega Church nawe akayashyikiriza ubuyobozi bwa Radiyo.
Asubiza ikibazo kigira kiti : “Biravugwa ko hari amafaranga yanyuze mu ntoki zawe mbere y’uko agera mu maboko ya Radiyo ndetse wakiriye mu izina rya Radio nibyo cyangwa sibyo ? Mwaba mukorana n’abashinzwe kwakira amafaranga bakaba aribo bagutumye ?”.
Mu gusubiza Paulin yagize ati : “Nibyo koko aya mafaranga yanyuze mu ntoki zanjye. Ibyo gukorana n’abashinzwe kwakira amafaranga byo ni relation interne biterwa n’uko abantu babyumvikanyeho, gukora marketing y’ikintu birashoboka kandi bibaho”.
Paulin kandi yahakanye yivuye inyuma ibyo twatangarijwe na Jean Lambert Gatare by’uko yaba yaragiye yihanangirizwa ku makosa amwe n’amwe yo mu kazi yamugaragayeho.
Yabivuze atya : “Wapi kabisa iyi case ni iya mbere imbayeho muri aka kazi, ibyo nta byo nzi, murabizi ushobora gukererwa akazi cyangwa gusiba ukaba wahagarikwa cyangwa ugahabwa warnings ariko ibyo ntibyigeze bimbaho na rimwe mu mwaka wose mpamaze, gusa mbona ibi byabaye bigamije kunyicira izina”.
Twashatse kumenya icyo ateganya nk’umuntu umaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru, niba azarikomeza cyangwa azarireka, mu gusubiza yagize ati. “Ntacyo nakoze ntagombaga gukora ; ntacyo nakoze cyatuma mva mu itangazamakuru, nakoze ibyo nagomba gukora, ntacyatuma mva mu itangazamakuru na kimwe”.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ese hari ushobora kumenya umwanditsi nyawe wa Bibiliya ?
27.04.2013 |
|
Padiri Karangwa arasaba Abakristu kurambura ibiganza mu kugura Bibiliya
24.04.2013 |
|
Itorero rya ADEPR i Rubonobono igiye gusengera igihugu mu minsi itatu
17.03.2013 |
|
Kubera urukundo akunda abanyarwanda, yifuza ko napfa yazashyingurwa mu Rwanda
12.03.2013 |
|
Urubyiruko rwa ADEPR rwafashije impuzi z’Abanyekongo
8.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |