Kuri iki Cyumweru tariki ya 16 Nzeri 2012, kuri Paruwasi ya ADEPR Bibare hazabera igiterane cy’Urubyiruko kigamije kugarura ububyutse mu Bibare, hanahindurwa isura isanzwe ihabwa urubyiruko ko ruhora mu byaha.
Igiterane cy’Urubyiruko gifite insanganyamatsiko iherereye muri Daniyeli 11:32b igira iti : “Abantu bazi Imana yabo bazakomera, nibamara gukomera bakore iby’ubutwari”.
Rwamagaju Kayihura Anicet, uhagarariye urubyiruko muri Paruwasi ya Bibare agira ati : “Mu Bibare muziko ari itorero ryagiye rirangwamo ububyutse mu myaka yashize, ubu turagira ngo ubwo bubyutse bugaruke mu Bibare buhereye mu rubyiruko”.
Akomeza ashishikariza abantu gukora iby’ubutwari, by’umwihariko urubyiruko, hakavaho imvugo imenyerewe igira iti “Urubyiruko ntirukizwa, urubyiruko nirwo ruhora mu byaha”, urubyiruko rugashishikarira kugira impinduka nziza mu itorero.
Muri iki Giterane kizatangira saa tatu za mu gitondo kugasozwa saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, hatumiwe Ubuyobozi bw’Urubyiruko mu rwego rw’Umujyi wa Kigali, abahanzi nka Simon Kabera na Uzayisenga Isaie, Chorale Elayono izaba iturutse kuri ADEPR Remera n’amakorari asanzwe abarizwa muri Paruwasi Bibare arimo Chorale Gloria n’izindi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Igiterane cy’Ivugabutumwa kuri Zion Temple
10.05.2013 |
|
Guy Badibanga mu kuramya no guhimbaza Imana
23.03.2013 |
|
Alarme Ministries izamurikira abakunzi bayo igihembo cya Salax
22.03.2013 |
|
Rehoboth Ministries yongeye gushimisha benshi muri “Praise and worship Explosion”
28.02.2013 |
|
Concert ya Gaby Kamanzi
22.02.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |