Ese kwishushanya n’abíki gihe Bibiliya ivuga bisobanuye iki ? PRINT VISITS : 10584 COMMENTS: 8 

Ese kwishushanya n’abíki gihe Bibiliya ivuga bisobanuye iki ?


Yanditswe kuya 23-02-2012 - Saa 07:46' na Ernest Rutagungira

Kandi ntimwishushanye n’abiki gihe, ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya, kugira ngo mumenye ibyo Imana ishaka, aribyo byiza kandi bitunganye rwose…, ndababwira umuntu wese muri mwe mbwirijwe n’ubuntu nahawe, mwe kwifata uko mutari, ahubwo mutekereze mwitonze nk’uko Imana yagereye umuntu wese kwizera (Abaroma 12:2-3).

Iyi mvugo “ab’iki gihe” ntago ari imvugo yaje vuba ,ahubwo ni imvugo isanzwe nkúko bavuga ngo nta ngoma itagira abúbu, ikaba ahanini ivugwa batavuga igihe cy ámasaha cyangwa iminsi gusa ahubwo banavuga abíki gihe nkábantu badakurikiza umuco, ibyigenge, abananiranye cyangwa se abitwara uko bidakwiye, akaba ariyo mpamvu Pawulo yavugaga ko mu mibereho ya gikiristo bakwiye kudashaka gusa nabo bíki gihe,cyangwa gukora nk’ibitari ibya Gikiristo.

Mu by’ukuri aya ni amagambo Pawulo intumwa yandikiye itorero ry’abaroma,nk’uko yayahaye umutwe ugira uti “imirimo ikwiriye imibereho ya Gikiristo”, byari bikwiriye ko umuntu wese muri rusange ayagira nkáye bwite, kuko hari byinshi usanga bikorwa ariko ugasanga bikozwe ari ukwigana andi mahanga, nyamara bitari bikwiye umuntu wubaha Imana tugendeye ku ndanga gaciro zacu, byúmwihariko nk’iwacu mu Rwanda, aha twatanga ubusobanuro n’ingero z’amwe mu magambo yavugaga :

Kutishushanya : Ni ukutifata nk’abo utari bo cyangwa udashobora kuzaba bo, kwigaragaza uko utari, kwiyambika indi shusho itari iyawe.

Kwishushanya n’abíki gihe : Gukora ibyo abagomera Imana bakora, kwica indanga gaciro zábana b’Imana, ukigaragaza nk’ukorera Satani nyamara witirirwa izina ryÍmana.

Kumenya ibyo Imana ishaka : Aha bidusaba kubanza gushaka Imana twe ubwacu noneho nayo ikatwiyereka ndetse ikatwigisha ibyo ishaka kuko ivuga ngo nkunda abankunda kandi abanshakana umwete bazambona.

Guhinduka : Ukurikije amateka y’abantu benshi twagiye tuvukira mu bujiji no kutamenya Imana ariko birakwiye ko abantu bÍmana bahinduka rwose bakava mu byaha nímihango bya kera, ari byo bya gipagani bakagarukira Imana yo mu ijuru.

Kugira umutima mushya : Iyo umuntu ahindutse akareka ibyaha aba abaye icyaremwe gishya, ibya cyera bibi bikarangira, bityo umutima ugira ubuzima bushya.

Imana ni Iyera kandi ishaka ko abantu bayo bera kugira ngo izabishyire batariho ikizinga cy’ibyaha, niyo mpamvu twese hamwe dukwiriye kugira imitima izinutwe ibyaha kandi itararikira ibidahesha Imana icyubahiro,ahubwo amategeko yayo abe ariyo twibwira ku manywa na nijoro ( zaburi 1:1-3).

IBITEKEREZO
Abakristu bafite ikibazo cyo kugira ababayobora nabo batumva neza ibyo barimo cg babicaho babizi. abantu ntibagoye guhinduka iyo babona abayobozi babo babaha urugero rwo guhinduka rwose...ikibabaje hari abateza akajagari bazenguruka ingo z'abantu ngo barahanura, bashenye ingo nyinshi ! ubwo se bazigisha umuntu ahinduke ate ari babi kumurusha ?
3.03.2012 saa 03:14
gatjo1942@hotmail.com
AHA HARICYO NAVUGA ESEKO MUTUBWIYE HARUGURU KUMENYA IBYIMANA ISHAKA, MBESE NITWEDUSHAKA IMANA ?CYANGWA IRADUSANGA TUKAYEMERERA CG TUKAYINANIRA ?IMPAMVU MBWAZA NTYO NURUGERO RWA ADAM NA EVE MBESE BAGICUMURA BASANZE IMANA CYANGWA IMANA YAJE KUREBA IBIREMWA BYAYO BYACUMUYE KUKO IBIKUNDA ?NUMVAKO KUBWURUKUNDO IFITIYE IBIREMWA BYAYO IHORA IBIHAMAGARA MUBURYO BWINSHI NGO IREBEKO HAGIRA NUMWE UHINDUKA ,NJYE MBONAKO TWEDUTERA INTAMBWE YO KWIZERA NO KWEMERERA YESU MAZE AGAKORA UMURIMO MURITWE.MURAKOZE ,INYUNGANIZI
25.02.2012 saa 11:04
DANY
AHA HARICYO NAVUGA ESEKO MUTUBWIYE HARUGURU KUMENYA IBYIMANA ISHAKA, MBESE NITWEDUSHAKA IMANA ?CYANGWA IRADUSANGA TUKAYEMERERA CG TUKAYINANIRA ?IMPAMVU MBWAZA NTYO NURUGERO RWA ADAM NA EVE MBESE BAGICUMURA BASANZE IMANA CYANGWA IMANA YAJE KUREBA IBIREMWA BYAYO BYACUMUYE KUKO IBIKUNDA ?NUMVAKO KUBWURUKUNDO IFITIYE IBIREMWA BYAYO IHORA IBIHAMAGARA MUBURYO BWINSHI NGO IREBEKO HAGIRA NUMWE UHINDUKA ,NJYE MBONAKO TWEDUTERA INTAMBWE YO KWIZERA NO KWEMERERA YESU MAZE AGAKORA UMURIMO MURITWE.MURAKOZE ,INYUNGANIZI
25.02.2012 saa 11:04
DANY
AHA HARICYO NAVUGA ESEKO MUTUBWIYE HARUGURU KUMENYA IBYIMANA ISHAKA, MBESE NITWEDUSHAKA IMANA ?CYANGWA IRADUSANGA TUKAYEMERERA CG TUKAYINANIRA ?IMPAMVU MBWAZA NTYO NURUGERO RWA ADAM NA EVE MBESE BAGICUMURA BASANZE IMANA CYANGWA IMANA YAJE KUREBA IBIREMWA BYAYO BYACUMUYE KUKO IBIKUNDA ?NUMVAKO KUBWURUKUNDO IFITIYE IBIREMWA BYAYO IHORA IBIHAMAGARA MUBURYO BWINSHI NGO IREBEKO HAGIRA NUMWE UHINDUKA ,NJYE MBONAKO TWEDUTERA INTAMBWE YO KWIZERA NO KWEMERERA YESU MAZE AGAKORA UMURIMO MURITWE.MURAKOZE ,INYUNGANIZI
25.02.2012 saa 11:04
DANY
Muzi abantu Imana yanga urunuka ? Nabantu bakazuyazi : Nukonje nubize ngiye kukuruka Ibyahishuwe 3 : 15-16. Abantu tugifata impu zombi twisubireho naho ubundi twaba turakaza Imana kuruta abapagani. Ninkigiceri kiburira munzu kigakomeza kubura , nabantu bazimirira munsengero kubagarura biragoye kuko mubigaragara aba ari umukristo nihagire numuburira- Imana iti iyo muza kunshengerera ninde uba wababwiye kundibatira urugo ; YESAYA : 1 12-20 Iti ndambiwe guterana kwera kuvanze nibyaha. Ariko uwihana niyibyaha byaba bitukura nkumuhemba bizera ......Arahirwa uribwite kurizi mbuzi.
23.02.2012 saa 07:52
murindahabi frednand
Muraho neza nshuti z'Imana ? Ernest arakoze cyane kutwibutsa ibyo tugomba gukora kugira ngo tube abo tugomba kuba bo niba twitwa ko tuzi Imana. Hari abantu bibwira (twibwira reka nanjye nishyiremo) ko bazi (tuzi) Imana ndetse n'ibyo twigishwa ugasanga twarabigize indirimbo gusa, ariko bidahindura ubuzima bwacu. Birababaje cyane ! Imana yaturemeye gukora imirimo myiza gusa ntabwo yaturemeye ibibi (Abefeso 2:10). Burya ibyo dukora, dutekereza cyangwa tuvuga byose twagombye kwibaza niba Yesu Kristo baye ari we uri mu mwanya wacu yabikora nk'uko natwe turi kubikora. Kwibwira rero ko turi aba Kristo turari bo ni agahinda kageretse ku kandi ! Muri Matayo 15:1-16 hatubwira inkuru y'Abafarisayo bibwiraga ko bazi Imana ariko muby'ukuri ntayo bari bazi nk'uko Yesu ubwe yahinyuye inyigisho zabo ! Muri iki gihe rero turimo aba Kristo b'ingeri nyinshi, twitwaza ngo Imana turayizi, ariko ibyo dukora, tuvuga ndetse tunatekereza byose nta na kimwe kitwemeza imbere y'Imana. Dusome neza Bibiliya kandi tunasabe Imana gusobanukirwa n'ibyayo. Ernest n'abandi bafite ibyo bazi kuri iyi Mana twakurikiye nimukomeze mutujijure tuzabashe kubona Imana. Nyagasani Yezu (Yesu) Kristo nakomeze abane namwe kandi aturinde mu byo tuvuga, dukora, tunatekereza twe kwishushanya n'abiki gihe. Imana ibahe umugisha. Giuseppe from Butare.
23.02.2012 saa 04:32
Giuseppe
mbere yibyo utekereza. mbereyibyo ushaka gukorabyose soma ITANGIRIRO 01.01mberenambere IMANA ibindibizenyuma Iyinkuruninziza kutifatanya nabikigihe Umuntu Wimana murikigihe akwiye gusenga akwiye kubahafiyimana akayoborwa nijmbo ryimana Nahubundi ibirikuberekwisi birerekana ko Yesu agiye kugaruka Imana ibidushoboze.AMEN
23.02.2012 saa 04:18
enkuurunziza
Bavandimwe banjye ikibazo gihari si Bibiliya n'ibiyanditsemo ahubwo ikibazo ni uko isobanurwa rimwe na rimwe bikaba byayobya abantu.
23.02.2012 saa 02:13
Simba

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!