Kuva Adamu yakurwa mu ngombi ya Edeni agahabwa kujya guhinga ubutaka yavuyemo kugeza na magingo aya, umwana w’umuntu kugira icyo ageraho ni kimwe mu bimusaba imbaraga nyinshi kandi ni ngombwa, gusa na none n’ubwo ari ngombwa ntibyoroshye kuko nta na kimwe twageraho tutiyushye icyuya (Itangiriro 3:17-19 ).
Ibi rero usanga bitera benshi kwiheba, ubwoba, no kwibaza byinshi ; nyamara n’ubwo bimeze bityo bigasa nk’aho bikanze benshi Imana mu ijambo ryayo iraduhumuriza ndetse ikanatwihanangiriza ngo ntitukiganyire mu by’ubu buzima.
Iyo usomye ijambo ry’Imana muri Matayo 6:25 hagira hati “Ni cyo gitumye mbabwira nti ‘ntimukiganyire ngo mutekereze ubugingo ngo muti tuzarya iki ? Cyangwa muti tuzanywa iki ? Ntimwiganyire ngo mutekereze iby’umubiri wanyu ngo tuzambara iki ? Mbese ubugingo ntiburuta ibyo kurya, umubiri nturuta imyambaro ? Nimurebe ibiguruka mu kirere, Ntibibiba, ntibisarura, ntibihunika mu bigega kandi so wo mu Ijuru arabigaburira na byo. Mwebwe se ntimubiruta cyane ? Ni nde muri mwe wiganyira wabasha kwiyunguraho umukono n’umwe ?”.
None se ibibaganyisha imyambaro n’iki ? Mutekereze uburabo bwo mu gasozi uko bumera : ntibugira umurimo, ntibuboha imyenda, kandi ndababwira ko Salomo mu bwiza bwe bwose atarimbaga n’akarabo kamwe ko muri ubu. Ariko Imana ubwo yambika ubwatsi bwo mu gasozi ityo, buriho none ejo bukajugunywa mu muriro, ntizarushaho kubambika mwe abafite kwizera guke mwe ?
Uku kwizera dusabwa rero bigaragara ko nta na kimwe twageraho tutagufite, cyane ko ijambo ry’Imana rivuga ko Kwizera ari ukumenya rwose ibyiringirwa udashidikanya ko bizaba, kandi ngo ni na ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri, rigakomeza rivuga ko icyatumye abakera bahamya ari uko bari bagufite (Abaheburayo 11 :-1-3), iki gice cyose kigenda gitanga bamwe muri abo ba kera twavuze haruguru bagiye baba icyitegererezo mu kwizera.
Uku kwizera rero iyo kubayeho kunesha kwiganyira mu muntu ndetse wa muntu akabasha kumenya ko ibyo ageraho byose biva mu mbaraga z’Imana yo mu Ijuru, byumvikane ko utanesha kwiganyira utaratunga Imana muri wowe akaba ari na yo mpamvu Imana yivugiye mu ijambo ryayo iti “mubanze mushake ubwami bw’Imana no gukiranuka kwayo ibindi byose muzabyongererwa” (Matayo 6:33 ).
Bavandimwe nshuti kwiganyira si igisubizo ahubwo kwizera Imana ni cyo cya mbere, ntukangwa n’uko ubona ntacyo wakwishoboza, kuko ni we Se w’impfubyi n’umucamanza urengera abapfakazi, ibesha mu mazu abatagira shinge na rugero, ibohora imbohe ikaziha kugubwa neza ( Zaburi 68:6-7a). Ese wowe izabura ite kukurengera ? Kandi ndakwifuriza kumenya ko Imana yo mu Ijuru nuyizera, ukayisenga, nawe izakumvira kuko yitaye ku gusenga kwabo (Zaburi 102:18).
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umuhungu wa Mobutu Sese Seko azaza kubwiriza mu Rwanda
13.05.2013 |
|
Rinda umutima wawe kuruta ibindi byose birindwa
10.05.2013 |
|
Ese koko nyuma y’urupfu hari ubundi buzima ?
7.05.2013 |
|
Ese imibabaro n’ibigeragezo byakuraho umugambi Imana igufitiye ?
27.04.2013 |
|
Mwe gutentebuka cyangwa ngo mutangazwe no kunyura mu bigeragezo
10.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |