Umuhanzi Uwilingiyimana Theogene, uzwi ku izina rya “Bosebabireba”, ku nshuro ya mbere agiye kwerekeza i Burayi mu bitaramo byo guhimbaza Imana mu Bwongereza no mu Bubiligi, abyitezemo umusaruro w’ivugabutumwa n’uw’amafaranga menshi.
Bosebabireba aganira na IGIHE, yatangaje ko ingendo zo hanze y’u Rwanda zimwinjiriza amafaranga menshi, ko no muri izi ngendo azagirira mu bihugu byo ku mugabane w’i burayi ngo azitezemo amafaranga menshi, nubwo atazi umubare, icyizere ni cyose.
Bosebabireba ati “Muri biriya bihugu abantu bagura ibihangano amafaranga menshi, ndabyizeye ko nzabyungukiramo cyane ku bihangano nzajyana.”
Bosebabireba azajya i Burayi ahagurukiye i Kampala ku wa 25 Werurwe, ajye mu Bwongereza, nyuma y’igiterane azitabira ku itariki ya 29 Werurwe 2013, ahite yerekeza mu kindi giterane “Grand Concert Gospel”, kizabera mu Bubiligi, i Buruseli kuwa 13 Mata 2013.
Mu gitaramo cyo mu Bubiligi, kizitabirwa n’abahanzi basaga 14 bazafatanya na Theo Bosebabireba, barimo abaturuka mu Bubiligi no mu Bufaransa nka Jean Pierre Ndayisenga, Gilbert Bekos, Ndahimana Elie, Rachel nacyo ngo acyitezemo umusaruro wo kubwiriza benshi kandi ahagurishirize n’ibihangano bye.
Gusa Theo avuga ko ibyangombwa by’uru rugendo rwo kwerekeza mu Bubiligi bitaratungana byose, ariko ko yizeye ko mu gihe gito bizaba byabonetse.
Uwilingiyimana asanzwe ataramira abo mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo n‘abo muri Afurika y’Epfo, akabikuramo umusaruro utubutse w’amafaranga, kuburyo yabwiye IGIHE ko yiyubakiye inzu ifite agaciro ka miliyoni 20 n’imisago, aguramo imodoka ebyiri, yubakira abantu batatu amazu, n’ibindi.
Reba inkuru ivuga ku gitaramo azitabira mu Bwongereza : http://igiheshowbiz.com/imyidagaduro/gospel/uwiringiyimana-theogene-bosebabireba-agiye-kwerekeza-i-burayi-bwa-mbere.html
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kigali : Korali Gilugali iramurika alubu mu yayo ya kabiri
12.05.2013 |
|
Ibizava muri album y’umuhanzi Mahoro Isaac azabyifashisha mu gufasha imfubyi
5.05.2013 |
|
Rubavu : “Chorale Integuza” yamuritse Album ya mbere y’amashusho
27.04.2013 |
|
Uwimana Aime agiye gukwiza ibihangano bye mu Karere
2.04.2013 |
|
Habura umunsi umwe ngo amurike album, Gaby yatangaje uko ahagaze mu rukundo
31.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |