"Birambabaza kuba papa adahari ngo abone ibyo nagezeho", umuhanzi Meddy
posted on Dec , 20 2009 at 12H 18min 13 sec viewed 24072 times
Ubwo Meddy yari mu gitaramo Tukabyine mu Majyaruguru, Igihe.com yamwegereye agira icyo ayitangariza…
Igihe.com: Kuririmbira mu karere ka musanze wabyakiye gute?
Meddy: Ibirori by’uyu munsi byari bishyushye kurusha ubushize kuko indirimbo nyinshi zitari zakageze hano igihe mpaherukira.
Igihe.com: Waba se wakunze abafana bo muri uyu mujyi, bakwakiriye neza?
Meddy: Nabakunze ahubwo nshaka no kazagaruka muri gahunda ya Launch Tour, kuko mfite gahunda yo gukora launch mu turere twose tw’u Rwanda.
Igihe.com : Nyuma yaho ibihangano byawe bizamukiye hari icyo byaba byarahinduye kuri wowe ku bijyanye n’ubuzima bwawe bw’ejo hazaza?
Meddy: Ntabwo ari kinini cyane usibye ko nyine iyo ufite impano ni ngombwa kuyikoresha, naho ubundi gahunda mfite ni iyo gukomeza kwiga ariko naririmba byombi nkabikora, nzatangira umwaka utaha KIST muri Computer Science, ariko impano yo igomba gukoreshwa niyo mpamvu no kuririmba ntazabireka.
Igihe.com: Wumva uramutse ugize ubushobozi bundi butari muri muzika ari iki wakora?
Meddy: Nashimisha abantu kuko mu buzima nkunda gushimisha abantu, inshuti zanjye, ababyeyi banjye n’abafana, umuryango niwo wa mbere ariko n’abatishoboye nabafasha.
Igihe.com: Mu guhanga kwawe ni iki kigufasha iyo urimo wandika nk’indirimbo?(Inspiration)
Meddy: Ushobora gukura inspiration ku bintu byinshi, ariko kuko nkunda kuririmba indirimbo z’urukundo ibyo ndirimba biva mu buzima bwa buri munsi.
Igihe.com: Umuhanzi wumva ukunze kurusha abandi ni uwuhe (Hanze y’u Rwanda) waguhaye inspiration yo gukunda umuziki.
Meddy: Michael Jackson, ku buryo mu mutwe wanjye ntabwo nemera neza ko yapfyuye, mu gihe yajyanwaga ku bitaro nicaye kuri tv kugera hafi saa kumi n’imwe z’igitondo numvaga bidashoboka.
Igihe.com: Ni nde muntu yaba ariho cyangwa atakiriho wifuje kuba wakwicarana nawe ku meza.
Meddy : Papa wanjye, kuko yakundaga gukina gitari cyane, kandi igishimishije cyane n’uko na mama yakundaga kuririmba indirimbo z’abandi bahanzi akiga muri Kaminuza, none ubu yabonye imbuto muri njye ariko birambabaza kuba papa adahari ngo abone ibyo nagezeho.
Igihe.com : Waba hari icyo utekereza kuri 2012 ko bavuga ko isi ishobora kugira ikibazo?
Meddy: Usibye na 2012 na 2000 hari abavuze ko itazagera, ntabwo ubumenyi bw’abantu buragera ku rwego rwo kumenya ikintu nk’icyo ngo bavuge ngo iyi ni intangiriro iri ni iherezo, ntibishoboka.
Igihe.com : Ikibazo cya homosexualité mu Rwanda ukibona gute ?
Meddy : Icya mbere njyewe nkunda gusenga, numva birenze, usibye ko n’uburaya ubwabyo ari ibintu nanga cyane, Imana yasenye Sodoma kubera ibintu nk’ibi kandi ijambo ry’imana riravuga ngo mu minsi ya nyuma ibibi bazabyita ibyiza n’ibyiza babyite ibibi.
SIMBI J.
|