|
Umupira w'amaguru: Weekend irangiranye imikino ishyushye mu rwanda
posted on Feb , 07 2010 at 23H 41min 33 sec viewed 2572 times
|
|
|
Kuri iki cyumweru taliki ya 07 Gashyantare imikino ya Shampiyona mu cyiciro cya mbere yakomeje aho yari igeze ku munsi wa 12,iyabaye uyu munsi ikaba ari nayo yabimburiye imikino yo kwishyura.
Hamwe muho twageze habereye iyi mikino ni kuri Stade ya Kicukiro ahari habereye umukino wahuje Atraco FC na Marines FC , mu gice cya mbere cy置yu mukino Marine ikaba yagerageje gusatira Atraco ikabasha no kugera imbere y段zamu inshuro nyinshi ariko ntibone amahirwe yo gutsinda kuko umuzamu wa Atraco yari yayibereye ibamba.
Marines rero umukino waje kurangira utayihiriye kuko Atraco yabashije kuyikuraho igitego 1 cyayigejeje ku manota 24.

Mbere y'umukino umuzamu wa Atraco yabanje kwerekana uko ari bubigenze

Atraco nayo mu gice cya 2 yabuze ibitego byari byabazwe
Nyuma yaho twanyarukiye no kuri stade Regional I Nyamirambo aho Rayon Sport yari ihangaye na Electrogaz , ubwo twahageraga rero twasanze amakipe anganya igitego 1 kuri 1, ariko mbere gato y置ko umukino urangira Rayon Sport yaje kubona Coup franc yatewe neza n置musore Mambo , mu gihe umuzamu wa Electrogaz yari agipanga abakinnyi be ahindukira Inshundura zirimo kunyeganyega!umukino urangira ari ibitego 2 kuri 1 cya Electrogaz.

Coach Baptiste wa Rayon ntiyigeze yicara

Mw'izamu rya Electrogaz naho habereye isibaniro inshuro nyinshi

Umupira mu nshundura ku gitego cya 2 cya Rayon sport!

Abafana ba Rayon bacinye akadiho nyuma y'igitego cya 2
Dore rero uko muri rusange imikino y置yu munsi yagenze:
Mukura O-1 AS Kigali
Etincelles FC 1-0 Amagaju FC
ATRACO FC 1-0 Marines FC
Musanze FC 1-0 Kiyovu Sports
Rayon Sports 2-1 Electrogaz
Urutonde rw置ko amakipe ahageze nyuma y置yu munsi wa 12 narwo ruteye rutya:
Etincelles FC :27 pts
APR FC :24 pts
Rayon Sports FC :24 pts
Atraco FC :24 pts
Kiyovu Sports FC :19 pts
Police FC :18 pts
Electrogaz FC :13 pts
Musanze FC :12 pts
Marines FC :10 pts
Amagaju FC :09 pts
AS Kigali :09 pts
Mukura VS :09 pts
Twarangiza tubabwira ko mu mugoroba wo kuri iki cyumweru muri Shampiyona y置bwongereza naho Chelsea imaze kwihererana Arsenal ikayitsinda ibitego 2 ku busa.
Foto: Ndegeya C. (igihe.com)
Cyril Ndegeya/ igihe.com, Kigali |
|
|
|