Kuri uyu wa gatandatu kuri centre Christus i Remera habereye igitaramo cyateguwe na Mihigo Kizito umuririmbyi w’indirimbo zisingiza Imana akaba ari n’umwarimu mu ishuri ry’umuziki mu gihugu cy’Ububiligi.
Iki gitaramo yise "Ut Unum Sint" bisobanura ngo "ko bose baba umwe" kikaba cyari kigizwe n`indirimbo zihimbaza Imana hamwe n’ubutumwa ku bumwe n’ubwiyunge n’ubuhamya bwe bw’uko yaje kwiyunga no kubabarira. Icyo gitaramo cyakurikiwe n’igitambo cya Missa.
Kizito acuranga
Mu gutanga ubu buhamya bwe yanyuzagamo n’indirimbo, uyu muhanzi yahereye ku mpamvu twemera Imana aho yavugaga ko umukristu nyawe ukwemera kwe kutagomba gufatira ku burere bya gikristu ahabwa n’ababyeyi be gusa kuko byaba ari nko kugendera mu kigare.
Yakomeje avuga ko muri ukwo kugira ukwemera guhamye ari uguhitamo (la fois en Dieu est un choix).
Yakomeje avuga ko nyuma yo kugira ukwemera hakurikiraho kumenya icyo Imana igushakaho. Kuri iki yavuze ko Imana ishaka ko abantu bose babana nk’abavandimwe kandi mu rukundo. Yongeyeho ko n’ubwo ikibi kiri mu bantu ko batagomba kubyitwaza kuko na Yezu ubwe yahuye n’ibibi akiri ku isi (même Jesus a subi le mal).
Abari bitabiriye iki gitaramo bari benshi
Nyuma y’iyi nyigisho yakomeje atanga ubuhamya bwe bwo muri muri jenoside aho yagiriye ubuzima butoroshye akaba yaranahatakarije umubyeyi we. Yaje no gushaka kujya mu gisirikare ngo azabone uko yihorera ariko ntibyamukundira kuko icyo gihe yari umwana muto.
Aha yavuze ko nyuma ya jenoside yari afite urwango muri we ku bamuhekuye aho yavuze ko mu gihe yigaga mu Iseminari ntoya ku Karubanda (Butare) ngo yakundaga gukubita abana baje mu mwaka wa mbere bakomoka i Cyangugu no ku Gikongoro yitwaje kubanyuzura kuko yumvaga bakomoka mu miryango y’abicanyi.
Hari n'ababikurikiraniye hanze kuri ecran
Yaje gushinga Chorale yo kujya iririmba indirimbo ze aho mu iseminari ariko ngo abaririmbyi yashyiragamo bakaba bari abo mu bwoko bw’abatutsi kuko ngo abahutu bo atabemereraga. Nyuma haje kuza abana babiri bamusaba kujya muri chorale ye arabangira kuko yabonaga badahuje ubwoko ariko abo bana bakomeza guhatiriza bamusaba kujyamo hanyuma Kizito abonye uburyo abo bana bashishikaye n’ubwo we yabangiraga aza kubibonamo umugambi w’ Imana ko agomba kwikuramo urwango yari afite akababarira.
Kizito yahise abemerera kuza muri Cholare ye ndetse n’ubwo yahavaga akaba yarasigiye inkoni y’ubushumba umwe muri abo bana ngo asigare ayobora iyo chorale.
Ikindi yatanze nk’ubuhamya bwe ni uko yari afite umukobwa bakundanaga mbere ya jenoside noneho ise w’uwo mukobwa akaba ari umwe mu baregwaga kuba barahitanye umubyeyi we mu gihe cya jenoside.
Kizito yaje gushaka uwo mukobwa ariko abanza kumubura kuko yari yarahungiye mu gihugu cya Congo nuko mu mwaka wa 2005 nibwo yaje kumubona ni uko amusaba ko bazagira igikorwa cyo kwiyunga, uwo mukobwa yabanje kutabyiyumvisha ni uko Kizito we akomeza kumwumvisha uburyo ari igikorwa cyiza cyazabera n’abandi urugero ni uko uwo mukobwa arabyemera.
Mu gusoza ubu buhamya bwe Kizito yavuze ko kuba warababaye bitavuga ko wakwinangira umutima kandi ko ubumwe n’ubwiyunge ari umushinga w’Imana bityo nk’abakiristu tukaba tugomba kugendera mu gushaka kwayo.
Mu bari aho baganiriye na igihe.com batangaje ko inyigisho ze hamwe n’indirimbo ze ari byiza cyane ko ari n’ishema ku Rwanda kugira umunyamuziki nka we.
Jules Murekezi